RFL
Kigali

Ngoma: Frank Habineza yasezeranyije abaturage kububakira Kaminuza

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:24/06/2024 13:11
0


Dr Frank Habineza n’abarwanashyaka ba Green party bakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Ngoma basezeranya abaturage bo muri aka karere ko nibatora Green party bazahabwa kaminuza bitarenze ukwezi kwa Nzeri uyu mwaka.



Kuri uyu wa mbere, ni umunsi wa gatatu hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza ku bemerewe na Komisiyo y’Amatora haba ku mwanya wa Perezida wa Repuburika ndetse no mu nteko nshingamategeo umutwe w’Abadepite.

Kuri uyu munsi wa gatatu wo kwiyamamaza, ishyaka riharanira demokarasi no kubungabunga ibidukikije, Green Party yakomereje ibikorwa byayo byo kwiyamamaza mu karere ka Ngoma. Ni nyuma yo gukorera mu karere ka Gasabo ndetse na Kamonyi.

Ku isaha ya saa tanu, nibwo Dr Frank Habineza n’abamuherekeje mu rugendo rwo kuva I Kigali berekeza mu burasirazuba bw’u Rwanda bageze I Ngomba hanyuma bakiranwa na ‘Morale’ nyinshi y’Abarwanashyaka ba Green Party.

Kubera umudiho w’indirimbo zamamaza Green Party, nta muntu wacaga mu ‘Centre’ ya Ngoma ngo akomeze urugendo rwe ahubwo yabanzaga gucisha macye agatega amatwi akumva ibiri ku havugirwa.

Ntezimana Jean Claude uyoboye igikorwa cyo kwiyamamaza mu ishyaka Green Party akaba asoje manda ye mu nteko nshingamategeko umutwe w’Abadepite, yabanje gusobanura neza ‘Green Party’ amateka yayo ndetse n’intego zayo.

Jean Claude yavuze ko Green Party yatangiye ibikorwa bya Politiki mu mwaka wa 2009 ariko ryemerwa mu mwaka wa 2013 nyuma y’imyaka 4 rikora. Mu mwaka wa 2017 bahise batanga umukandida ariko amahirwe ntiyabasekera ntibabasha kuyobora igihugu.

Mu mwaka wa 2018, nibwo iri shyaka ryiyamamaje mu Nteko Nshingamategeko hanyuma begukana imyanya ibiri nyuma y’undi mwaka umwe iri shyaka ryongera kubona umwanya umwe muri Sena.

Intego nyamukuru y’iri shyaka ni uguharanira Demokarasi ndetse no kubungabunga ibidukikije.

Nyuma y’uko bamwe mu ari kwiyamamariza kwinjira mu Nteko Nshingamategeko baganirije abaturage bo mu karere ka Ngoma muri bimwe bazabagezaho nibaramuka babatoye, Dr Frank Habineza yashimiye abaturage bo mu karere ka Ngoma ko baje bakiyamamaza ndetse bakabatora.

Nyuma yo kubashimira, Dr Frank Habineza yababwiye ko nk’uko babigenje mu mwaka wa 2017 na 2018 babatora, n’ubu tugiye kwinjira mu gihe cy’amatora bityo ko nibaramuka bagiriye ikizere Green Party by’umwihariko agatorwa ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu azabaha kaminuza bitarenze ukwezi kwa Nzeri.

Dr Frank Habineza ati “Hano ndabizi havuka abahanga benshi bakeneye kwiga kaminuza. Birababaje kuba umuntu azamuka akajya za Nyagatare kandi assize umujyi mwiza wa Ngoma nawo ukeneye gutera imbere.”

Akomeza agira ati “Nimutugirira ikizere mukadutora, mbasezeranyije ko mu kwezi kwa Nzeri muzaba mwamaze kubona kaminuza kandi izazamura ubukungu bw’Akarere kuko abarimu, abanyeshuri n’abandi bose bazakenera kubaho kandi bizateza imbere abaturage mu karere ka Ngoma.”


Dr Frank Habineza yijeje abaturage bo mu karere ka Ngoma kaminuza



Dr Frank Habineza n'ishaka Green Party bakiranywe urugwiro n'ubwuzu

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND