Kigali

NEC yagaragaje uko indirimbo zishamikiye ku matora zigenzurwa

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/06/2024 8:11
0


Uyu mwaka ushobora kuzavugwa mu mateka! Abahanzi bakoze mu nganzo karahava; buri umwe agaragaza umukandida ashyigikiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka. Yubakiye ku kugaragaza impamvu nyinshi zo gukomeza kumushyigikira no kumuha ijwi.



Uretse no ku bihangano uyu mwaka urihariye, kuko wagaragayemo umubare munini w’abantu batanze Kandidatire bashaka guhatana ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Imibare igaragaza ko guhera mu 2003, abantu 23 bamaze gutanga Kandidatire basaba kwemererwa guhatanira kuyobora u Rwanda. Ni mu gihe abantu 2,426 ari bo bagaragaje ubushake bwo kwinjira mu Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda. Nta mukandida wigenga urabasha kugeza amajwi 5%.

Mu bikorwa byo kwiyamamaza hiyambazwa abahanzi b’ingeri zinyuranye, ababarizwa mu turere bagahuzwa n’ababarizwa mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo gususurutsa abaturage b’aho ibikorwa byo kwiyamamaza bibera.

Ni ibikorwa biteganywa ko bitangira saa moya z’igitondo bikarangira saa kumi z’umugoroba. Imibare igaragaza ko abari hagati y’ibihumbi 20 na 25 bitabira ibi bikorwa.

Muri iki gihe abahanzi benshi bakoze mu nganzo baririmba ku bikorwa bya FPR Inkotanyi ndetse n’Umukandida Paul Kagame, ariko kandi hari n’ibihangano byatangiye gusohoka bivugwa ku gikorwa cy’amatora Abanyarwanda bitegura kwinjira.

Ibi bituma benshi bibaza uko ibihangano bishamikiye ku matora bigenzurwa, cyane ko ari igihangano usanga gikoreshwa muri icyo gihe gusa.

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru cyagarutse ku myiteguro y’amatora, mu gihe habura iminsi 21 kugirango amatora abe, kuko azaba tariki 14 na 16 Nyakanga 2024.

Ni ikiganiro kibanze ku kugaragaza ibyo iyi Komisiyo iri gukora mu rwego rwo kwitegura aya matora, kandi bagaragaza ibyo abakandida bitegura kwiyamamaza bemerewe n’ibyo batemerewe.

Asubiza ikibazo cy’umunyamakuru wa InyaRwanda, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza, yagaragaje ko mu gihe nk’iki cy’amatora hari abahanzi bahimba indirimbo zigaruka ku bakandida bashyigikiye, abandi bagahabwa akazi ko guhimba indirimbo z’iyi komisiyo, kandi ibyo ntibibujijwe.

Ati "Komisiyo y'Amatora indirimbo ireba cyangwa yakwemera cyangwa itakwemera ntabwo ari indirimbo z'imitwe ya Politiki."

Yavuze ko indirimbo 'z'imitwe ya Politiki zijyanwa mu mitwe ya Politiki, iyo mitwe ya Politiki akaba ari yo izemeza cyangwa ntizemeze cyangwa ngo izikoreshe.'

Munyaneza yumvikanishije ko iyo abahanzi bahisemo gukorana indirimbo zititsa ku gikorwa cy'amatora gusa, ahubwo bakabihuza n'umutwe wa Politiki runaka bashyigikiye, ni na wo bavugana. Icyo gihe ngo ntabwo Kimisiyo y'Igihugu y'Amatora ibirebaho.

Ati "Ni ukuvuga ngo abahanzi iyo ari ibyamamaza imitwe ya Politiki bo bakorana n'imitwe ya Politiki, nta n'aho Komisiyo y'amatora ihurira nabyo.”

Munyaneza kandi yavuze ko hari igihe Komisiyo y'Igihugu y'Amatora ikorana n'abahanzi bakayikorera indirimbo zifashishwa mu matora. Ndetse, avuga ko muri iki gihe hari izatangiye gutambuka.

Ati "Komisiyo y'Igihugu y'Amatora nayo mu rwego rwo kwigisha abaturage no kumenyekanisha amatora binyuze mu nyigisho z'uburere-mboneragihugu nayo ishobora gukorana n'abahanzi runaka bakayihimbira indirimbo nazo zigisha abaturage, zidafite aho zihuriye no kwamamaza abakandida. Ni ibintu bibiri bitandukanye."

Munyaneza yavuze ko hari indirimbo z'abahanzi bakiriye nka Komisiyo y'Igihugu y'Amatora bari basanzwe bakorana nabo. Ati "Iby'imitwe ya Politiki, Komisiyo y'Amatora ntibijyamo, Komisiyo y'amatora yo ikorana n'abahanzi baduhimbira indirimbo zigisha abaturage zikangurira abaturage ibijyanye n'amatora."   

Aya matora agiye kuba mu gihe abarenga Miliyoni 9 bamaze kwiyandikisha ku Ilisiti y’itora, barimo urubyiruko bangana n’abarenga Miliyoni 2 bagiye gutora ku nshuro ya mbere.

Muri rusange, iki kiganiro n’abanyamakuru kibanze ku kugaragaza ibyo abagiye kwiyamamaza bemerewe n’ibyo batemerewe. Ariko kandi banibanze kuri Kandidatire za bamwe zatanzwe ntizakirwa, uko Abanyarwanda batuye mu mahanga bazatora, uruhare rw’inzego z’ibanze mu migendekere y’aya matora n’ibindi.

Imibare igaragaza ko Intara y’Uburasirazuba ariyo ifite umubare munini w’abantu bazatora bangana n'abantu 2,220,573, Uburengerazuba abazatora barangana na 2,064,090;

Umujyi wa Kigali barangana na 1,101,517, Amajyepfo barangana na 2,076,918, Amajyaruguru barangana na 1,486,774; ni mu gihe mu mahanga abazatora bangana na 62,917 [Mu 2017 hatoye abagera ku bihumbi 20].

Imibare kandi inagaragaza ko Abagore ari bo bagize umubare munini w'abazatora mu matora y'Umukuru w'Igihugu n'ay'Abadepite ateganyijwe hagati ya tariki 14-16 Nyakanga 2024.

Abagore barangana na 53% bingana n'abantu 4,819,123 ni mu gihe Abagabo ari 47% bingana na 4,193,665. Urubyiruko barangana na 43% bingana n'abantu 3,878,027.

Muri rusange amatora ateganyijwe tariki 14 Nyakanga ku Banyarwanda baba mu mahanga, tariki 15 Nyakanga ku b'imbere mu Gihugu ndetse na tariki 16 Nyakanga 2024, ku bahagarariye ibyiciro byihariye.

  

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza yatangaje ko batagenzura indirimbo z’imitwe ya Politike, ahubwo bita cyane ku ndirimbo z’iyi Komisiyo zikorwa n’abahanzi mu rwego rwo gukangurira abaturage kwitabira amatora

Mu 2017, indirimbo zahimbwe n’abahanzi banyuranye zishamikiye ku muryango FPR- Inkotanyi zafashije benshi gususuruka






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND