Kigali

Israel Mbonyi yavuze igihango afitanye na The Ben na Adrien Misigaro- VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/06/2024 6:55
0


Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi yatangaje ko Mugisha Benjamin wamenyekanye nka The Ben na Adrien Misigaro ari inshuti ze z'akadasohoka byagejeje ku kuba barakoranye indirimbo, kuko byoroheje ikorwa ry'ibi bihangano bitewe n'ubuzima bwa buri munsi banyuramo.



Yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, nyuma y'uko yari agarutse i Kigali avuye mu gitaramo gikomeye yakoreye mu gihugu cy'u Bubiligi ku nshuro ye ya Kabiri.

Yagiye muri kiriya gihugu nyuma y'uko, ku wa 26 Gicurasi 2024 ashyize hanze indirimbo "Nkurikira" yakoranye na Adrien Misigaro ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Aba bahanzi bombi bagiye bagaragaza ubushuti bwabo ku mbuga nkoranyambaga, kandi bagiye bashyigikirana cyane mu bikorwa bitandukanye bagiye bahuriramo. 

Byinshi mu bitaramo Adrien Misigaro yakoreye i Kigali, Israel Mbonyi yarabyitabiriye, ndetse bombi bagiye basohora amafoto bari kumwe.

Israel Mbonyi yabwiye InyaRwanda ko we na Adrien Misigaro bari bamaze igihe batekereza gukorana indirimbo ariko byafashe igihe kinini, bitewe na gahunda za buri umwe.

Ati "Buriya twabitangiye cyera tubivugaho ngo tuzakora indirimbo ariko bikarangira twese tubuze umwanya, cyangwa nkahuga cyangwa se (we) agahuga, rero twagize umugisha turahuza numva nshimye Imana kandi iriya ndirimbo ni indirimbo ivuye ku mutima, ni indirimbo twese twagizemo uruhare, indirimbo nziza."

Uyu muhanzi yavuze ko umubano we na Adrien Misigaro urenze ubushuti, mu yandi magambo amufata nk'umuvandimwe we. Ati "Adrien ni inshuti yanjye, itari inshuti gusa isanzwe."

Ubwo bari mu ifatwa ry'amashusho y'indirimbo 'Nkurikira', The Ben yarabatunguye aho bari ku rusengero rwa Christian Life Assembly mu rwego rwo kwifuriza isabukuru y'amavuko Israel Mbonyi.

Yakoze ibi mu gihe hari hashize igihe gito abwiye itangazamakuru ko yatangiye urugendo rwo gukorana na Israel Mbonyi indirimbo ebyiri.

Israel Mbonyi yabwiye InyaRwanda ko indirimbo imwe yamaze kurangira, kandi ko bari gukora ku ndirimbo ya kabiri. 

Ati "Indirimbo yanjye na The Ben, mu by'ukuri imwe yararangiye, indi nayo irimo irakorwa ariko reka ndeke kuvuga amakuru menshi kuri yo, ndagira ngo abantu wenda bategereze bazayakira neza ndabizi."

Uyu muhanzi avuga ko The Ben ari inshuti ye, ku buryo abatamuzi bamubarirwa. Ati "Ben ni umuhanzi mwiza! Buriya iyo utazi umuntu hari igihe umubarirwa ukumva ntubyumva neza ariko igihe nahuraga nawe nasanze ari umuntu wihariye, umuntu ufite umutima mwiza, munini, wagutse kandi ni umuntu w'umunyempano."


Israel Mbonyi yatangaje ko The Ben na Adrien Misigaro ari inshuti z’akadasohoka ze, byatumye gukorana indirimbo bishoboka


Israel Mbonyi yavuze ko umunsi ahura na The Ben yamubonyemo umuvandimwe, inshuti, umuhanzi w’impano idasanzwe- inshuti yishimiye kunguka


Israel Mbonyi yavuze ko imibanire ye na Adrien Misigaro yarenze ubushuti bafitanye 


Israel Mbonyi yagiye ashyigikira Adrien Misigaro mu bitaramo binyuranye yakoreye i Kigali

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA ISRAEL MBONYI

"> 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NKURIKIRA’ YA ISRAEL MBONYI NA ADRIEN MISIGARO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND