Umuhanzi mu njyana gakondo, Nziza Francis yerekeje mu Mujyi wa Paris mu gihugu cy’u Bufaransa aho yatumiwe mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’umwe mu miryango ndetse no gushyira akadomo kuri Album ye nshya yitegura gushyira hanze.
Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Abo bana' yahagurutse ku
kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, kuri uyu wa Gatatu tariki
19 Kamena 2024, mu rugendo rugamije gutaramira abafana be n’abakunzi b’umuziki
we babarizwa muri kiriya gihugu.
Ni ubwa mbere agiye gutaramira muri kiriya gihugu. Ariko si
ubwa mbere agiye gutaramira hanze y’u Rwanda, kuko yajyanye na Massamba Intore
mu bitaramo bakoreye mu gihugu cy’u Bushinwa hizihizwa umubano iki gihugu gifatanye n’u
Rwanda.
Uyu muhanzi yanaherekeje Louise Mushikiwabo mu Mujyi wa
Armenia muri Asia, ubwo yiyamamarizaga ku nshuro ye ya mbere kuyobora Umuryango
Mpuzamahanga w'Ibihugu bikoresha ururimi rw'Igifaransa, OIF.
Nziza Francis yabwiye InyaRwanda ko yerekeje mu Bufaransa mu
rugendo rugamije kuririmba mu birori yatumiwemo n’umuryango w’inshuti ye. Ati “Hari
umuryango w’inshuti wantumiye kugirango mbashe gutaramana nawo mu birori bya
Yubire y’umubyeyi wabo.”
Ku ruhande rw’ibyo, uyu muhanzi avuga ko azakora kuri Album
ye nshya ari gutegura aho ari gukorana na Producer Guet Mulumba mu
kuyitunganya.
Ati “Ku ruhande rw’umuziki harimo gukora kuri Album yanjye iri gukorwa na Producer Guet Mulumba w’umuhanga nzabonana nawe tubinoze neza ubundi nkomereze mu Mujyi wa Louvre muri Paris n’ubundi ntaramane na bamwe mub ahatuye ubundi ngaruke mu Rwanda aho ndi gutegura Album nzabagezaho vuba mu gitaramo kizaba aricyiza pe.”
Nziza avuga ko Album ye izaba iriho indirimbo 10 zivuga u
Rwanda ndetse n’umuco warwo bigahuzwa n’Imana cyane ko ‘ariyo yaduhaye uyu muco
mwiza twirata urimo ibyiza byinshi bituma tubaho tunezerewe.’
Uyu muhanzi yerekeje mu Bufaransa mu gihe aherutse gushyira
hanze indirimbo yise "Inkotanyi Cyane" igaruka kuri Perezida Paul Kagame n’umuryango
FPR- Inkotanyi.
Nziza yinjiye mu muziki ahereye ku ndirimbo zirimo “Ubahiga”
na “Ni mwizihirwe” yahimbiye Mukuru we Nshutinzima Eric n’umugore we Umubyeyi
Carine ku munsi w’ubukwe bwabo ari nabo bamushyigikiye mu kuyikora.
Ni umwe mu bahanzi bazi gucuranga gitari na piano,
by’umwihariko inanga Nyarwanda yamugejeje mu bihugu bitandukanye nko mu
Bushinwa, Armenie, Tanzania, Uganda n’ahandi.
Incamake ku buzima
bwa Nziza Francis
Nziza Francis ni umugabo wubatse kuko afite umugore. Yavutse
ku wa 21 Nyakanga 1989 akaba yaratashye mu Rwanda mu gihe Inkotanyi
yanaririmbye zabohoraga Igihugu mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri
Mata 1994.
Ni umwana wa Gatatu mu bana batatu b’abahungu basigaye kuko
bamwe mu bo bavukanaga batagihari. Yavukiye mu cyahoze ari Zayire aho Sekuru
yari yarahungiye 1959.
Avuka mu muryango w’Intore cyane kuko Sekuru Mahuku Antoine
yari umusizi n’Intore ikomeye mu Ntore za Nturo.
Afite Sekuruza wari ukomeye mu busizi n’inganzo kuko yari
umuririmbyi i Bwami kwa Rudahigwa yanamujyanye mu bantu 12 ubwo bajyaga mu Bubiligi
we yitwaga Paul Munzege.
Nziza Francis ni umuhanzi wabitangiye akiri muto ubwo yigaga
mu mashuri yisumbuye mu mwaka wa Gatatu mu 2007.
Icyo gihe yifatanyije n’abandi bana bakora Itorero baryita
“Inkumburwa” ari we wari ushinzwe kurihimbira indirimbo bataramiye henshi mu
birori by’Igihugu, mu bukwe n’ahandi.
Kubera kubifatanye n’ishuri byatumye abihagarika ubwo yari
agiye mu mwaka wa Kane w’amashuri yisumbuye, abisubukura ageze ku kigo Aparpe
College hafi no ku Mukamira.
Yahise ashingwa Itorero ry’aho araritoza ndetse arihimbira
n’imivugo berekaniye mu birori bitandukanye.
Uyu muhanzi yize muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare aho yize Icungamutungo n’Ikoranabuhanga. Ari muri Kaminuza yabaye mu Itorero “Indangamuco” rya Kaminuza.
Niho yatangiriye urugendo rwo kwikorera indirimbo ze
nk’umuhanzi wigenga, ndetse ni umwe mu bagize Gakondo Group irimo Masamba
Intore, Jules Sentore, Teta Diana, Ngarukiye Daniel, Michael NGabo n’abandi.
Nziza Francis yerekeje mu Mujyi wa Paris mu Bufatansa mu
bitaramo bikomeye
Nziza yatangaje ko mu gihe azamara mu Bufaransa azakora
indirimbo ziri kuri Album ye nshya
Nziza yagaragaje ko ibi bitaramo bye bya mbere mu Bufaransa
bizamufasha kwagura inganzo ye
Nziza amaze igihe akorera ibitaramo mu Rwanda ahantu hanyuranye bishamikiye ku muco w’abanyarwanda
Nziza Francis yitwaje inanga muri ibi bitaramo agiye gukorera mu Bufaransa no kuririmba muri Yubile y'imyaka 50 y'umwe mu miryango
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘INKOTANYI CYANE’ YANZIZA FRANCIS
TANGA IGITECYEREZO