FPR
RFL
Kigali

Perezida Kagame yavuze ku cyo urubyiruko rusabwa, igisobanuro cy’amatora n’ahazaza h’abato b'u Rwanda

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:17/06/2024 17:41
0


Perezida Paul Kagame yagaragaje ko urubyiruko rukwiriye kugira uruhare mu kubaka igihugu, ruhereye ku kumenya icyo ruharanira anagaragaza u Rwanda yifuriza abakiri bato.



Mu kiganiro n’itangazamakuru cyayobowe n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru, RMC, akaba n'Umuyobozi w'Ikigo cy'Igihugu cy'Itangazamakuru, RBA, Barore Cléophas na Abera Martina cyabaye kuri uyu wa 17 Kamena 2024, Perezida Kagame yagarutse ku ngingo zitandukanye zirebana n’ubuzima bw’igihugu.

Yahereye ku ngingo yo kuba Abera uri mu bayoboye ikiganiro ari ubwa mbere agiye gutora, agaragaza ko abakiri bato b'u Rwanda bakwiriye gukura batekereza ku cyerekezo bashaka guha ubuzima bwabo.

Ati: ”Ugiye gutora bwa mbere, warakuze ujya mu mashuri abanza, ukomeza mu yisumbuye n’ayandi, ibyo wize byose wakabaye wibaza gute nabishyira mu bikorwa, gute nabikora ngo bingirire akamaro umuryango wanjye ariko n’igihugu muri rusange.”

Yavuze ko kugira ngo urubyiruko rugire uruhare mu kubaka igihugu, byakabaye bijyana n'uko biga. Ati: ”Ibi byakabaye bijyana n'ibyo twize, nzaba iki? bikajyana ariko n’impamvu ukora ibyo.”

Perezida Kagame yagaragaje ko bigoye gutsinda uri wenyine, ahubwo bisaba gutsinda ariko unafasha abandi kubigeraho, kuko biba byiza kubaho uzengutswe n’abatsinzi, akaba ari byo byubaka igihugu.

Yavuze ko kugera kuri ibyo byose bijyana no kwiremamo icyizere. Ati: ”Kandi ugomba kwigirira icyizere, abantu ntibagira ubushobozi bumwe, ntukazajye ukora ibintu ushingiye ku bandi bantu, ahubwo reba wowe ukwiriye kuba nde.”

Ibi bishimangira ingingo y’ibyo aheruka kubwira urubyiruko ko utagira abandi abatsinzi na we utsindwa.

Yagaragaje ko hari ibyo urubyiruko rwakoze kugera aho u Rwanda rugeze ubu, avuga ko rwagize uruhare mu Kubohora igihugu ndetse n’ubu hari ibikorwa bari kugiramo uruhare, icyakora ntabwo baragera ku rwego rwifuzwa. 

Nubwo hari urubyiruko rutekereza ko byahita bigerwaho ako kanya, Umukuru w'Igihugu yavuze ko guha ubuzima igisobanuro cyawe n’igihugu ni ibintu bifata igihe.

Yagaragaje ko nko muri Guverinoma benshi ari urubyiruko kandi bari gukora neza, ariko atanga inama ko nta kwirara niba ukoze neza ati: ”Abantu na rimwe ntibazigere bumva ko byarangiye, bagomba guhora iteka batekereza ku cyakorwa.”

Nk’umubyeyi wuzukuruje, Perezida Kagame yavuze ku Rwanda yifuriza abakiri bato. Yavuze ko uburere ababyeyi baha abana none ari bwo buzagena ahaza h’igihugu ati: ”Uko tubarera ubu bivuze ejo hazaza.”

Yavuze ahazaza yifuriza abakiri bato ati: ”Ejo hazaza tubifuriza ni uko bazagira uruhare muri ejo hazaza.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa none ari byo abakiri bato bazubakiraho, mbega bazagendera mu birenge by’abakuze.

Yatanze igisobanuro cy’amatora, ati: ”Amatora ni nko kuvuga ngo ibyacu birambe uko bagenda barutana buri wese agende agera ikirenge mu cyundi.”

Yavuze ko nubwo bombori bombori ari yose, ariko u Rwanda rwiteguye neza igikorwa cy'amatora. Yabisobanuye ahereye ku bihe byo kwiyamamaza byeregereje.

Perezida Kagame ati: ”Ndibwira ko ntakizahinduka murabizi Tora Tora, Ndandambara yantera ubwoba, ntabwo nshidikanya ko igihugu cyiteguye kandi ntakizadutera ubwoba, kandi nubwo hari bombori bombori hirya no hino ariko iyo ngiyo dufite umuti wayo.”


Perezida yasabye urubyiruko kugira amahitamo meza kandi bahagaranira kuyageraho ndetse bakanafasha bagenzi babo kugera ku ntsinzi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND