RFL
Kigali

Big Fizzo yageze i Kigali mu ibanga yakirwa na Platini nyuma yo kutitabira igitaramo cye

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/06/2024 16:34
0


Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Mugani Désiré wamenye nka Big Fizzo, yageze i Kigali mu rugendo yagize ibanga rikomeye, yakirwa na mugenzi we Nemeye Platini [Platini P] bagiye bahurira mu mishinga itandukanye, kugeza anamutumiye mu gitaramo cye.



Uyu munyamuziki wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Ndakumisinze’ yasohoye mu myaka 10 ishize, yageze ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, yakirwa na Platini P.

Amashusho yagiye hanze agaragaza Big Fizzo agera ku kibuga cy’indege afite igikapu kimwe. Mbere yo kugera i Kigali, yari yasohoye amashusho kuri konti ye ya Facebook, amugaragaza ari kumwe n’inshuti ze n’abandi baryoshya ku nkengero z’amazi mu Mujyi wa Salerno mu Butaliyani- Ni majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’iki gihugu.

InyaRwanda yabonye amakuru yizewe avuga ko Big Fizzo agenzwa no kwitabira ubukwe yatumiwemo, ndetse ni umwe mu bahanzi bashobora kuzaburirimbamo.

Platini na Big Fizzo bafitanye umubano wihariye! Umubano w’abo watangiye kwaguka mu 2016 nyuma y’uko uyu muhanzi wo mu Burundi akoranye indirimbo na Urban Boys, Fireman bise ‘She Say yes’- iri mu ndirimbo za Dream Boys zakunzwe cyane.

Ku wa 25 Nyakanga 2022, Platini yasohoye indirimbo ‘Ikosa 1’ na Big Fizzo. Imaze kurebwa n’abantu barenga ibihumbi 700. Iba indirimbo ya kabiri, aba bahanzi bombi bahuriyemo, nyuma y’imyaka irenga icyenda ubushuti bwabo bwagutse.

Big Fizzo wamamaye mu ndirimbo zitsa ku rukundo, yari yitezwe i Kigali, ku wa 30 Werurwe 2024 mu gitaramo “Baba Experience”, Platini yakoreye muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, ariko siko byagenze. Ntiyabashije kugera i Kigali, ahanini bitewe n’umwuka utari mwiza hagati y’ibihugu byombi.     

Big Fizzo ari mu bahanzi bakomeye mu Burundi kuva mu myaak 20 ishize. Yavukiye kandi akurira mu Mujyi wa Bujumbura. Yatangiye umuziki mu myaka ya 1990, yinjiriye mu itsinda ry’abanyamuziki rya Nigga Sound.

Yamaze igihe gito muri iriya tsinda bitewe n’ibibazo byagiye bivukamo, ahitamo kuvamo atangira urugendo rw’umuziki we nk’umuhanzi wigenga.

Mu bihe bitandukanye yagiye avuga ko impano ye yakunze biturutse ku gushyigikirwa na Kidum, umunyamuziki w’umurundi ubarizwa muri Kenya.

Kuva ku  ndirimbo nka ‘Mbarira’, ‘Bajou’, ‘Sitapenda Tena’ n’izindi, Big Fizzo afatwa nk’umuhanzi w’icyatwa mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.



Platini P yakiriye mugenzi we Big Fizzo wageze i Kigali muri gahunda zirimo no kwitabira ubukwe


Muri Werurwe 2024, Big Fizzo yari yitezwe i Kigali mu gitaramo cya Platini


Platini yakunze kugaragaza ko afitanye umubano wihariye na Big Fizzo

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘IKOSA 1’ YA BIG FIZZO NA PLATINI

"> 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NDAKUMISINZE’ YA BIG FIZZO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND