RFL
Kigali

Isaro Rosine yahigitse Rutayisire mu matora 'ashyushye' ya Rwanda Global Top Model

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/06/2024 15:03
0


Umukobwa witwa Isaro Rosine Utezeneza yongeye kuza ku mwanya wa mbere mu matora ahuje abanyamideli 110 mu irushanwa 'Rwanda Global Top Model' iri kuba ku nshuro ya Gatatu.



Saluwa Rutayisire yageze ku mwanya wa Kabiri. Uyu mukobwa yari agiye kumara igihe kinini ari we uri ku mwanya wa mbere, ahagarariye bagenzi be.

Amajwi yafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, agaragaza ko Isaro Rosine Uteneza ari ku mwanya wa mbere n'amajwi 1,612, ni mu gihe Saluwa Rutayisire ari ku mwanya wa Kabiri n'amajwi 1,609.

Akurikiwe na Gloria Bobette Gahigana uri ku mwanya wa Gatatu n'amajwi 1,451; ku mwanya wa Kane hariho Prechia Kamikazi ufite amajwi 1,356, ni mu gihe Clarisse Dusenge ari ku mwanya wa Gatanu.

Ni ubwa mbere uyu mukobwa Dusenge aje muri batanu ba mbere. Kuko Eddy Yakin Mugisha ari we wari ku mwanya wa Gatanu. Ibi bisobanuye ko batanu ba mbere kugeza ubu muri aya matora, ari abakobwa.

Ni mu gihe mu byumweru bitatu bishize, batanu ba mbere barimo abakobwa bane n'umuhungu umwe.

Aya matora ari kubera ku rubuga www.noneho.com yatangiye ku wa 27 Gicurasi 2024, azasozwa ku wa 22 Kamena 2024 ari nabwo hazamenyekana abasore n’inkumi 30 bazinjira mu cyiciro kibanziriza icya nyuma ‘Top 30’.

Umuyobozi uhagarariye Embrace Africa itegura amarushanwa ya Rwanda Global Top Model, Ndekwe Paulette, yabwiye InyaRwanda ko hari hiyandikishije abantu 162, nyuma y’isuzuma ryakozwe n’Akanama Nkemurampaka kemeza ko 101 aribo binjira mu cyiciro cy’amatora yo kuri Internet.

Ati “Twahisemo 101 tubona bajyanye n’ibyo twashingiyeho ubwo ndavuga ko ibyo bagombaga kuba bujuje. Dukorana n’amarushanwa atandukanye yo ku Isi, ku buryo ugize amahirwe yo gutsinda muri Rwanda Global Top Model tumufashe kwitabira ariya marushanwa mpuzamahanga dukorana nayo.”

Akomeza ati “Dushingira cyane ku kureba umukobwa/umusore wujuje iby’amarushanwa Mpuzamahanga y’imideli dukorana nayo (ibyo) adusaba, hanyuma tugahitamo ababikwiriye kurusha abandi. Ariko bitavuze ko atabashije gukomeza batabikwiye, ahubwo ni uko batahiriwe. Turabifuriza kuzageragera ku yindi nshuro.”

Ndekwe Paulette avuga ko ashima Leta "idufasha mu gushyigikira impano z’urubyiruko" kuko bibafasha muri byinshi, aho guta umwanya mu biyobyabwenge n’ibindi byabangiriza ejo hazaza.

Ndekwe Paulette yavuze ko iyi nshuro uzegukana umwanya wa mbere azahabwa amafaranga ataratangazwa umubare, ndetse bazamufasha kwitabira amarushanwa mpuzamahanga akomeye ku isi.

Uzegukana umwanya wa Kabiri azahembwa ibihumbi 500 Frw, uzegukana umwanya wa Gatatu azahembwa ibihumbi 300 Frw.

Ni mu gihe uzahiga abandi mu gutorwa cyane kuri internet azahembwa ibihumbi 300 Frw. Mu bindi biteganyijwe ni uko abazatsinda bose, bateguriwe kuzatemberezwa ahantu nyaburanga hihariye.

30 bazagera mu cyiciro kibanziriza icya nyuma bazahatana mu matora yo kuri internet azaba guhera tariki 25 Kamena 2024 kugeza tariki 12 Nyakanga 2024.

Abanyamideli 30 bazatorwamo 5 bazaba bahize abandi mu kugira amajwi menshi mu itora ryo kuri internet (Most Voted), 5 bazaba bahize abandi mu kwishimirwa n’abatoye (Public Choice). 



Isaro Rosine ari ku mwanya wa mbere mu majwi binyuze mu matora ari kuba mu irushanwa 'Rwanda Global Top Model' 


Isaro yari amaze igihe ari ku mwanya wa Kabiri mu matora




Abanyamideli 110 bahataniye kuzinjira muri 30 ba mbere 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND