RFL
Kigali

Uko wakoresha kokombure n’igikakarubamba urinda uruhu mu mpeshyi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:10/06/2024 17:22
0


Ibiribwa birimo kokombure [cucumber] n’igingwa kizwi nk’igikakarubamba biri mu bitunganya uruhu rw’umuntu bitanyuze mu kubirya no mu kunywa umushongi wabyo gusa, ahubwo byomekwa no ku ruhu bigakiza byinshi.



Ibi bihingwa uko ari bibiri biri mu bikoreshwa cyane mu miti y’ibyaremwe bikaba bikundirwa umumaro wabyo mu mubiri, ariko bikaba bitangaje mu kurinda uruhu mu gihe cy’impeshyi, bitewe n’ibibigize birimo n’amazi menshi hatirengagijwe n’intungamubiri zitandukanye zirimo.

Hatangajwe inzira zo kuvanga ibi bihingwa bamwe bita ibiribwa bikarinda uruhu mu mpeshyi. Ufata kimwe cya kabiri cya kokombure ukagikatamo uduce duto, nyuma ukadushyira muri burenda cyangwa igikoresho gikoreshwa gisya ibiribwa ugakoramo umutobe wayo.

Nyuma yo gutunganya iyi kokombure no kuyikatana n’ibishishwa igakorwamo umutobe, ufata ibiyiko bibiri by’umushongi w’igikakarubamba, ukabivanga, nyuma ukabisiga mu maso mbere yo kuryama ninjoro.

Iyo ugiye kwisiga ibi bintu mu maso, urabanza ukoga neza n’amazi y’akazuyazi, ukabisiga mu maso, washaka ukagera no ku gice cy’ijosi, hanyuma ukabimazaho iminota 15 nyuma ukabikaraba ukoresheje amazi akonje asa neza nkuko SiBeauty ibitangaza.


Duhereye ku gikakarubamba mu nyungu z'umubiri, kihagije kuri Vitamini A cyangwa Beta Carotene, vitamini C, Vitamin E, antioxidants vitamini B12, Folic n’izindi. Kokombure yo ikize kuri vitamini zo mu bwoko bwa B, imyunyungugu nka Copper, Phosphorus, Patassium, magnesium n’izindi.


Cucumber cyangwa kokombure ifite akamaro mu mubiri ko kongera amazi mu mubiri mu mpeshyi ikarinda uruhu kumagara no gushishuka. Ifite akamaro ko kugabanya ibinure na bariya bafite umubyibuho ukabije ukagabanuka, ikarinda indwara zirimo na kanseri.

Healthline itangaza ko igikakarubamba gifite umumaro wo kurinda uruhu no kurubura, ubuzima bw’amenyo, kurenda indwara zo mu kanwa, gufasha urungano ngongozi, kuringaniza umuvuduko w’amaraso mu mubiri n’ibindi.


Uru ruvange rw’umushongi w’igikakarubamba hamwe na kokombure birinda umwuma w’uruhu no gusaturwa n’izuba kuko benshi bahinduka uruhu mu mpeshyi n’amavuta ntabafate, bamwe bakarwara indwara ziterwa n’izuba ryinshi nk’uruheri n’izindi.


Gukoresha ubu buryo mu masaha ya nijoro ugiye kuryama ni byiza kuko izo ntungamubiri zirinjira zikagira umumaro munini, uruhu rugakomeza gutoha rudahinduwe n’ibihe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND