RFL
Kigali

Umuraperi Thomson yasabye abari bamushyigikiye kuzatora Perezida Kagame

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/06/2024 11:13
0


Umuraperi Habimana Thomas wamamaye mu muziki ku mazina Thomson, yatangaje ko urugendo rwe nk’uwifuza kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu rwashyizweho akadomo nyuma y’uko Kandidatire ye itakiriwe, asaba abari bamushyigikiye kuzatora Perezida Paul Kagame.



Yabigarutseho mu ibaruwa yageneye itangazamakuru, nyuma y’uko ku wa 6 Kamena 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida bemerewe guhatanira kuyobora u Rwanda mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024.

Abakandida batangajwe ni batatu: Paul Kagame watanzwe n’umuryango FPR- Inkotanyi, Habineza Francois w’Ishyaka Green Party ndetse na Mpayimana Philippe, Umukandida wigenga.

Mu ibaruwa ye, Thomson yavuze ko kutagaragara ku rutonde byatewe n'inenge zagaragaye mu byangombwa yatanze. Ati "Kuba ntabashije kuza ku rutonde rw'agateganyo rw'abaahtanira kuba Umukuru w'Igihugu nk'uko byagaragajwe na Komisiyo y'Igihugu y'Amatora (NEC) byaturutse ku nenge zagaragajwe na NEC zishingiye ku kuba ntarabashije kwigira mu turere twose nkanjye ubwanjye, ahubwo hakabaho gutuma abasinyishiriza kubera inshingano z'akazi ka buri munsi nsanganwe."

Yashimye uburyo NEC yamwakiriye n’ubwo atabashije kuboneka ku rutonde rw’abakandida bemerewe guhatana. Yabwiye abari bamushyigikiye kuzatora Perezida Kagame kuko nawe niwe azatora.

Ati "Ndahamagararira Abanyarwanda bari bangiriye icyizere bakampa imikino yabo n'abandi bose bari banyeretse ko bashyigikiye umurongo wanjye muri Politike ko bazatora umukandida watanzwe n'umuryango FPR-Inkotanyi, Nyakubahwa Kagame Paul kuko nanjye n'umuryango wanjye ari we tuzatora kugirango dukomeze gushyigikira icyerekezo cyiza igihugu gifite no gusigasira ibyagezweho nk'uko nabigarutseho ubwo nazanaga ibyangombwa kuri NEC."

Uyu mugabo usanzwe ari Umuyobozi w’Ishuri, Hope Technical Secondary School mu Murenge wa Gisenyi, azwi cyane mu muziki binyuze mu ndirimbo zirimo nka ‘Malaika’, ‘Yaratwimanye’ n’izindi. Thomson arashaka kuba Umukandida Wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Muri Nyakanga 2023, uyu mugabo yavuzwe cyane mu itangazamakuru, nyuma y’uko ashyize umukono ku masezerano y’imyaka ibiri n’inzu ifasha abahanzi ya “P Promoters.”

Iyi ‘Label’ yari isanzwe ifasha bagenzi be barimo M1 ndetse n’umuraperi Papa Cyangwe. Ni inzu yashinzwe n’umunyamakuru Ndahiro Valens usanzwe ukorera Televiziyo.

Ndahiro Valens aherutse kubwira InyaRwanda, ko ‘Thomson akibarizwa muri Label yanjye, kuko twagiranye amasezerano y’imikoranire mu 2023’. Akomeza ati “Ni umuraperi mwiza, kandi ufite ibihangano yagiye ashyira hanze mu bihe bitandukanye, abantu bamushyigikire.”

Ndahiro avuga ko bahisemo gukorana na Thomson kubera ubutumwa buri mu ndirimbo ze ndetse no ‘kuba ari umuhanzi ukorera umuziki hanze ya Kigali’.

Ubwo yashyiraga umukono ku masezerano, Thomson yavuze ko hejuru yo kuba ari umurezi mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Rubavu, urukundo rw’umuziki rwaganje muri we, bituma yiyemeza kuyoboka inganzo yinjirira mu njyana ya Hip Hop.

Yavuze ko afite Album yashyize hanze, ariko ntiyabashije kumenyekana kubera ko atari afite abamushyigikira mu muziki (Management).  Thomson yavugaga ko nyuma yo gutangira imikoranire na Ndahiro Valens Papy, agiye gushyira hanze Album ye ya kabiri.


Thomson yatangaje ko urugendo rwe nk’uwifuzaga guhatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu rwashyizweho akadomo


Thomson yasabye abari bamushyigikiye kuzatora Perezida Kagame mu matora ateganyijwe


Mu ibaruwa ya Thomson, avuga ko we n’umuryango we bazatora Perezida Kagame

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘YARATWIMANYE’ YA THOMSON

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND