Bahati yahishuye ko azashora asaga Miliyari 1Frw ku gice gishya cya filime ye iri kunyura kuri Netflix

Imyidagaduro - 10/06/2024 9:40 AM
Share:
Bahati yahishuye ko azashora asaga Miliyari 1Frw ku gice gishya cya filime ye iri kunyura kuri Netflix

Kevin Mbuvi Kioko [Bahati] wo muri Kenya uri mu bahanzi bari mu bihe byiza akaba inshuti y’akadasohoka ya Bruce Melodie, yikije ku mbaraga ari gushora muri filime [Reality Show] iri kunyura kuri Netflix avuga ko iri muzihenze zakozwe mu Karere k’Ibiyagabigari.

Bahati yatangaje ko iyi filime ishingiye ku bintu by’ukuri [Reality Show] ‘The Bahati Empire’ iri kumutwara amafaranga atagira ingano, aho igice cyayo cya mbere cyatwaye Miliyoni 47 z’amashilingi ya Kenya, bivuze asaga Miliyoni 470Frw.

Bahati ukiri muto ariko umaze kwibaruka abana bagera muri batanu, yavuze ko iyi filime kuri ubu iri kunyura kuri Netflix gahunda afite ari uko igice cya Kabiri cyayo kizatwara amafaranga menshi kurushaho.

Yavuze ko icyo gihe gishobora kuzageza muri Miliyoni 100 z’amashilingi ya Kenya, bivuze asaga Miliyari 1Frw.

Uyu muhanzi wamaze kugwiza ibigwi mu muziki no muri sinema, yatangaje ko kugeza ubu muri filime z’ubu bwoko iyi ari iya mbere izaba ihenze mu Karere ka Afrika y'Uburasirazuba.

Gusa na none yibutsa abantu kudatangazwa n'ayo bayishoyeho ahubwo bagatekereza ku gukomeza kuyireba no kuyisangiza inshuti zabo.

Yumvikanishije ko nta birenze kuko ibintu byose kubigeraho mu buzima bisaba kubiharanira. Aragira ati: "Ikintu gishoboka mu buzima ni ugukura cyangwa ukagwingira. Mbega gerayo cyangwa usubire ku isuka."

Avuga ko ari ngombwa ko Abanyafurika ahereye ku Banyakenya bajya kuyireba kuko Netflix nayo igomba kubona ko iyi filime yari ikenewe.

Iyi filime ikomeje gukurura ibitekerezo bya benshi bagaruka ku buryo Bahati yumvikanamo avuga ko mbere yo guhura na Diana Marua yari wa muntu ukunda abagore bakuze.Visi Perezida wa Kenya yitabiriye umuhango wo kumurika ku mugaragaro iyi filime ya BahatiIyi filime ikomeje guhishura byinshi birimo n'ibitari bisanzwe bizwi bikomeje gutigisa ibinyamakuru n'imbuga nkoranyambaga zibanda ku myidagaduroUmuryango wose wa Bahati na Diana Marua ugaragara muri iyi filime Akanyamuneza kari kose ndetse hari gahunda yo gukomeza kwagura ibiri gukorwa mu buryo bw'ubushobozi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...