RFL
Kigali

Yapfumbatije u Rwanda reka tumutore - Mariya Yohana abwira urubyiruko rugiye gutora ku nshuro ya mbere

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:9/06/2024 9:05
0


Umuhanzikazi wagwije ibigwi mu muziki w’u Rwanda, Mariya Yohana yavuze ko buri gihe uko ahuye n’urubyiruko akoresha uwo mwanya mu kubabwira kugena ahazaza h’Igihugu bashingiye ku bihe n’ubuzima byaranze Perezida Paul Kagame.



Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, nyuma yo kuririmba mu gitaramo “Migabo Live Concert” cya Cyusa Ibrahim cyabereye muri Camp Kigali, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 8 Kamena 2024.

Atangaje ibi mu gihe Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) iherutse kugaragaza ko abarenga Miliyoni 2 bagiye gutora ku nshuro ya mbere- Bivuze ko ari urubyiruko.

Mariya Yohana wagize uruhare mu kubohora u Rwanda yisunze inganzo ye, yavuze ko amahitamo y’urubyiruko mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, akwiriye gushingira ku kurebera ku bitangiye igihugu, bagaharanira kwigana icyiza.

Ati “Iteka mbasaba kumenya kwigana icyiza. Ntibakigane ikibi kandi icyiza gihari, kandi babonye urugero, Perezida ntakuze se kandi yaraje ari umuto? Kuki se batareba ibyo yakoze, yarabitweretse, tutabaye abapfu, twari dukwiye kubyigana.”

Mariya Yohana yavuze ko ku munsi w’amatora, imbere y’umukandida haba hariho ikirango kimuranga, bityo buri wese azaharanire gutora ku gipfunsi. Ati “Ni gipfunsi, ntabwo ari ikofe. Yapfumbatije u Rwanda, ararukorera reka tumutore.”

Uyu muhanzikazi aherutse mu bikorwa byo #Kwibuka30 byabereye mu Bubiligi ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Intsinzi’ yabaye ibendera ry’umuziki we kugeza n’ubu, nawe avuga ko idasanzwe mu rugendo rwe rw’umuziki.


Mariya Yohana yasabye urubyiruko kuzagira amahitamo meza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’Abadepite


Mariya yavuze ko urubyiruko rukwiriye kwigira ku buzima bwa Perezida Kagame, bagahitamo neza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND