FPR
RFL
Kigali

Cyusa Ibrahim ugiye gukora igitaramo yatuye Perezida Kagame yateguje Album ebyiri- AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:5/06/2024 20:22
0


Umuhanzi mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yatangaje ko igitaramo cye “Migabo Live Concert” yagituye Perezida Kagame yise ‘Migabo’ mu rwego rwo kumushimira ibyo yagejeje ku Banyarwanda mu myaka 30 ishize, kandi kizaherezwa no gushyira hanze Album ebyiri.



Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Kamena 2024, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyabereye kuri Onomo Hotel, yahuriyemo n’abahanzi bazifatanya muri iki gitaramo barimo Ruti Joel, Chrisy Neat ndetse n’Itorero Inganzo Ngari.

Iki gitaramo cyubakiye ku muziki gakondo, azagikora ku wa Gatandatu tariki 8 Kamena 2024, muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Ni ubwa mbere, uyu muhanzi agiye gukora igitaramo cye bwite, nyuma y’imyaka itandatu ishize ari mu muziki.

Byaturutse ku gitekerezo yahawe na Alex Muyoboke ndetse na Fiacre washinze Tent Makers, abona ko igiye kigeze kugirango ataramire abantu mu gitaramo cyagutse.

Ati “Ndashimira cyane Muyoboke niwe wambwiye ijambo rya mbere ati Cyusa dukore igitaramo yatumye nanjye nkanguka ndavuga nti wa mugani igihe kirageze y’uko nkora igitaramo cyanjye, ndamushimira cyane. Ndashimira Fiacre, turabana, turahorana, turagenda, atari bo ntabwo nari kubasha gukora igitaramo, atari bo ntabwo nari kubasha kwaguka bigeze hano.”

Yavuze ko iki gitaramo agiye gukora cyubakiye ku ndirimbo zakozwe n’abarimo Pastor P ndetse na Gwiza. Ati “Rero ndishimye kuba ngiye gukora igitaramo cya mbere tariki 8 Kamena 2024 muri Camp Kigali, ni igitaramo ntashidikanya ko kigomba kuba ari cyiza, kandi kizaba kirimo uburyohe bwa gakondo.”

Cyusa yasobanuye ko iki gitaramo yacyise ‘Migabo’ kubera indirimbo yise ‘Migabo’ yahimbiye Perezida Kagame. Yavuze ko iyi ndirimbo idasanzwe mu rugendo rwe rw’umuziki, biri no mu byatumye ayitirira iki gitaramo.

Ati “Migabo ni indirimbo nahimbye, nyihimbira Umukuru w’Igihugu, Intore Izirusha intambwe, impamvu nayise ‘Migabo Live Concert’ nkayishyira no ku itariki ya 8 Kamena 2024 ni uko hazaba habura iminsi micye tukagwa mu nka [Mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite]. Ni umusanzu wanjye nk’umuntu wo gushimira, muri iyi myaka 30 ishize, cyane ko njyewe yanyoboye neza, nishyuriwe n’Igihugu kuva mu mashuri yisumbuye kugeza nsoje Kaminuza, rero nagombaga kumwitura, nkamuhimbira indirimbo nkakora n’igitaramo cyo kumushimira, n’iyo mpamvu igitaramo nacyise “Migabo Live Concert”.

Asubiza ikibazo cy’umunyamakuru wa InyaRwanda, Cyusa yavuze ko nyuma y’iki gitaramo azasohora Album ebyiri zizaba zavuye mu ndirimbo zose yahimbye.

Kandi avuga ko azazishyira ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki. Ati “Nyuma y’igitaramo nzashyira hanze Album ebyiri icyarimwe. Album ya mbere izitwa ‘Migabo’ iya kabiri izitwa ‘Mwuvumwamata’.”

Cyusa Ibrahim avuga ko intego y’iki gitaramo ari kwishimira ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 30 ishize ariko kandi ‘dushima kandi dutarama uwo nise ‘Migabo’ (Umukuru w’Igihugu).”

Yasobanuye kuba yaratumiye Itorero Inganzo Ngari na Ruti Joel kuzifatanya nawe, bishingiye ku bumwe abahanzi bagomba kugirana.

Ati “Guhamagara cyangwa se gutumira Inganzo Ngari na Ruti Joël, icya mbere ni ubumwe bw’abahanzi mu buryo bwo kwerekana umusanzu w’ubuhanzi mu byagezweho imbere y’abato n’abakuru mu budasa bw’umuco wacu. Dore ko hari n’abandi bataramye u Rwanda bazaboneka muri iki gitaramo.”

Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura 8,000 Frw mu myanya isanzwe, 15,000 Frw muri VIP, 30,000 Frw ku meza y'umuntu na 220,000 Frw ku meza y'abantu umunani; ni mu gihe amatike araboneka ku rubuga rwa www.ibitaramo.com

Cyusa Ibrahim yatangaje ko iki gitaramo yagituye Perezida Kagame mu rwego rwo kumushimira uruhare yagize ku buzima bwe cyo kimwe n’abandi banyarwanda


Cyusa yashimye Alex Muyoboke wamugiriye inama yo gukora igitaramo cye bwite


Chrisy Neat yatangaje ko kuririmba mu gitaramo cya Cyusa ari amahirwe adasanzwe yabonye yo kugaragaza icyo ashoboye


Ruti Joel yavuze ko yiteguye gushyigikira mugenzi we bahuriye muri gakondo 


Iki gitaramo kizaba ku wa Gatandatu tariki 8 Kamena 2024 muri Camp Kigali

Kanda hano urebe amafoto menshi yaranze ikiganiro n’abanyamakuru

AMAFOTO: Ngabo Serge






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND