Ambasaderi w'u Rwanda i London mu Bwongereza, Johnston Busingye, yakiriye kandi agirana ibiganiro na Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2016.
Uyu mukobwa amaze iminsi muri kiriya gihugu, aho yatanze ikiganiro mu
nama ihuza Abanyafurika biga muri Kaminuza ya ‘Oxford’ cyibanze ku rugendo rw’u
Rwanda mu myaka 30 ishize, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni inama yahuriyemo n’abantu banyuranye barimo Raila Odinga wigeze kuba
Minisitiri w’Intebe wa Kenya. Uyu mugabo yagerageje no kwiyamamaza ku Mwanya w’umukuru
w’Igihugu cya Kenya, ariko biranga.
Tariki 8 Werurwe 2024, Raila Odinga yari i Kigali aho yakiriwe muri
Village Urugwiro na Perezida Kagame. Odinga aherutse gutangaza ko ashaka kwiyamamariza
umwanya wa Perezida wa Komisiyo y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, agasimbura
Moussa Faki Mahamat.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Miss Mutesi Joll yanditse
kuri konti ye ya X [Yahoze ari Twitter] agaragaza ko yanyuzwe no kwakirwa na Ambasaderi
w'u Rwanda i London mu Bwongereza, Johnston Busingye.
Yavuze ko yakiriwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024. Mutesi
yumvikanishije ko Johnston Busingye yamugiriye inama kandi amushishikariza
gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa asanzwe akora. Ati “Nagize amahirwe yo
guhabwa inama n’ishyaka ryo gukomeza gukora ibyo ndimo.”
Mu butumwa aherutse kunyuza ku rubuga rwa X, Johnston Busingye, yashimye
Mutesi Jolly ku bw’ikiganiro yatanze mu nama ya Kaminuza ya Oxford, ndetse n’uburyo
yagarutse ku rugendo rwe rw’ubuzima, avuga ko bitera umwete benshi mu rubyiruko
rw’u Rwanda babarizwa mu Bwongereza n’ahandi. Ati “Twashimye.”
Uyu mukobwa yavuze ko uburyo yakiriwe n’itsinda ryo muri Ambasade n’abandi
byatumye yiyumva nk’umuntu ‘uri mu rugo’.
Iyi nama ihuza abanyafurika biga muri Kaminuza ya ‘Oxford’, Miss Mutesi Jolly yatanzemo ikiganiro isanzwe itumirwamo abantu bafite amazina akomeye ku Isi. Muri uyu mwaka batumiye, bashingiye ku bantu bafite umubare munini ukurikirana ibikorwa bakora.
Mu bandi bari batumiwe muri iyi nama y’iminsi ibiri, harimo Perezida wa
Ghana Nana Akufo Addo, Dr Donald Kaberuka wabaye Umuyobozi wa Banki Nyafurika
Itsura Amajyambere n’Umunyamabanga wungirije w’Umuryango w’Abibumbye, Amina
Mohamed.
Miss Mutesi Jolly yagaragaje ibyishimo nyuma y’uko yakiriwe na Ambasaderi Johnston Busingye
Mutesi Jolly yavuze ko Johnston Busingye yashimye ibikorwa bye, amubwira
kudacika intege
Miss Mutesi Jolly ari kumwe n’abitabiriye inama yahuje abanyafurika biga
muri Kaminuza ya ‘Oxford’
TANGA IGITECYEREZO