RFL
Kigali

Hakuweho 20% kuri buri tike! Ibyamamare byambariye kwitabira igitaramo cya Cyusa Ibrahim

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:28/05/2024 16:07
0


Bamwe mu bantu bazwi cyane mu ruganda rw’imyidagaduro, batangiye kwifata amashusho bagaragaza ko bambariye kuzitabira igitaramo “Migabo Live Concert” cya Cyusa Ibrahim azakora ku wa Gatandatu tariki 8 Kamena 2024, mu rwego rwo gushimira Perezida Kagame.



Ni ubwa mbere, Cyusa Ibrahim agiye gukora iki gitaramo nyuma y’imyaka itandatu ishize ari mu muziki. Agisobanura nk’ikidasanzwe mu rugendo rwe rw’umuziki, kuko cyahuriranye no kwizihiza imyaka ishize ari mu muziki no kuzategura Album ze ebyiri azashyira hanze nyuma y’iki gitaramo.

Cyusa Ibrahim agaragaza ko ageze kuri 95% yitegura iki gitaramo, ku buryo atekereza ko igisigaye ari ugutaramira abantu ku munsi w’iki gitaramo cyubakiye ku muziki, azakorera muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali.

Muri iki gitaramo Cyusa Ibrahim azahurira ku rubyiniro n’Itorero Inganzo Ngari yabayemo igihe kinini, umuhanzi mu njyana gakondo Ruti Joel, Chrisy Neat usanzwe ari Producer muri studio ‘Ibisumizi’ ndetse n’umubyeyi Mariya Yohana.

Mu gihe uyu muhanzi akomeje imyiteguro, bagenzi be barimo Platini, Okkama, Aline Gahongayire, Mico The Best, umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filime Mugisha Emmanuel [Clapton Kibonge], Alyn Sano, Dusenge Clenia wamamaye nka Madederi, ‘Nyabitanga’ wamamaye muri Zuby Comedy n’abandi bakomeje gusohora amashusho basaba buri wese kutazacikwa n’iki gitaramo.

Fiacre Nemeyimana washinze kompanyi Fiacre Tent Maker, uri gufasha Cyusa Ibrahim mu gutegura iki gitaramo, yabwiye InyaRwanda ko mbere y’uko ukwezi kwa Gatanu kurangira kuri buri tike bakuyeho 20%. Ati “Uguze itike mbere y’ukwezi kwa Gatandatu (Kamena) ahabwa igabanyirizwa (Discount) rya 20%.”

Akomeza ati “Abazagura ibyicaro ku meza bazaba baherezwa ibyo kunywa. Kuri ‘Table’ y’abantu 8 igura ibihumbi 250 Frw kandi buri wese azanywa bijyanye no guhitamo kwe.”

Mbere y'uko ukwezi kwa Gatandatu kugera itike y'ahasanzwe iragura 8,000 Frw, ni mu gihe ku munsi w'igitaramo ari ukwishyura 10,000 Frw.

Muri VIP ni ukwishyura 150,000 Frw, ku munsi w'igitaramo ni 20,000 Frw. Ku meza y'abantu umunani ni ukwishyura 220,000 Frw, ni mu gihe ku munsi w'igitaramo ari ukwishyura 250,000 Frw.

Ushobora kugura itike yawe unyuze ku rubuga www.ibitaramo.com cyangwa se ugahamagara kuri Nimero: 0787837802

Cyusa Ibrahim avuga ko intego y’iki gitaramo ari kwishimira ibyo u Rwanda rwagezeho mu myaka 30 ishize ariko kandi ‘dushima kandi dutarama uwo nise ‘Migabo’ (Umukuru w’Igihugu).”

Yasobanuye kuba yaratumiye Itorero Inganzo Ngari na Ruti Joel kuzifatanya nawe, bishingiye ku bumwe abahanzi bagomba kugirana.

Ati “Guhamagara cyangwa se gutumira Inganzo Ngari na Ruti Joël, icya mbere ni ubumwe bw’abahanzi mu buryo bwo kwerekana umusanzu w’ubuhanzi mu byagezweho imbere y’abato n’abakuru mu budasa bw’umuco wacu. Dore ko hari n’abandi bataramye u Rwanda bazaboneka muri iki gitaramo.”

Igitekerezo cy’iki gitaramo ‘Migabo Live Concert’ cyavuye ku ndirimbo yakunzwe n’Abanyarwanda, uyu muhanzi yaririmbiye Umukuru w’u Rwanda, amushimira imiyoborere myiza n’ubutwari bwe bwayoboye urugamab rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994;

Gucyura no gutuza Abanyarwanda mu gihugu cyababyaye ndetse akaba arugejeje aho ruba ikitegererezo muri Afurika mu kwiyubaka n’iterambere rirambye kandi ryihuse.

Nk’umuhanzi, avuga ko yumvise umusanzu we ari uko yahuriza hamwe abakunzi b’umuziki w’u Rwanda n’abahanzi b’indirimbo gakondo batandukanye, abatuye Umujyi wa Kigali n’inkengero zaweo guhurira hamwe bagatarama u Rwanda ruganje, banakeza ‘iyo ntore izirusha intambwe’.

Akomez ati “Kandi twishimira ibyagezweho muri iyi myaka 30, tunakundisha abato izo ndangagaciro bibutswa kandi gusigasira ibyagezweho.”

Kwinjira muri iki gitaramo ni ukwishyura 8,000 Frw mu myanya isanzwe, 15,000 Frw muri VIP, 30,000 Frw ku meza y'umuntu na 220,000 Frw ku meza y'abantu umunani; ni mu gihe amatike araboneka ku rubuga rwa www.ibitaramo.com

     

Umuhanzi Platini uherutse gukora igitaramo cye yise 'Baba Experience' yasabye abantu kuzitabira igitaramo cya Cyusa Ibrahim 

Umuhanzikazi Alyn Sano yasabye abakunzi be kutazacikwa n'iki gitaramo 'Migabo Live Concert' kizaba tariki 8 Kamena 2024

Mico The Best witegura gushyira hanze indirimbo nshya, yagaragaje ko yiteguye kuzitabira igitaramo cya Cyusa cyubakiye ku muziki gakondo
Okkama yasabye abantu kugura amatike hakiri kare kugirango batazacikwa n'iki gitaramo
Cyusa Ibrahim yagaragaje ko abazagura itike mbere y'ukwezi kwa Gatandatu (Kamena) bagabanyirijwe 20% 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ISENGESHO’ YA CYUSA IBRAHIM

"> 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MIGABO’ CYUSA YITIRIYE IGITARAMO CYE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND