RFL
Kigali

Ndagukunda Rwanda - Dr Tedro wa OMS ku bana batozwa na Sherrie Silver bataramiye muri Switzerland

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:27/05/2024 12:16
0


Umuyobozi Mukuru w'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yagaragaje amarangamutima ye ku mpano z’abana babarizwa mu muryango washinzwe n’umubyinnyi Mpuzamamahanga Sherrie Silver uri mu bakomeye kuva mu myaka irenga 10 ishize.



Aba bana bahagurutse i Kigali ku wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, berekeza mu Mujyi wa Geneva mu gihugu cya Switzerland, aho bataramiye ibihumbi by’abantu mu birori bikomeye bizwi nka ‘Walk The Talk’, bisanzwe byitabirwa n’abantu bo mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Ni ubwa mbere aba bana bataramiye hanze y’u Rwanda mu bitaramo binini nk’ibi, nyuma y’umwaka ushize Sherrie Silver ibahurije muri Sherrie Silver Foundation.

Bakigera muri Switzerland, bakiriwe n’abayobozi banyuranye barangajwe imbere Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus. Mu mashusho yashyizwe hanze, agaragaza Dr Tedros aganira n’aba bana yifashishije amagambo amwe namwe yo mu Kinyarwanda.

Mu butumwa bwo kuri X [Yahoze ari Twitter] yagaragaje ko yanyuzwe n’impano z’aba bana, abikubira mu ijambo rimwe yandika agira ati “Ndagukunda Rwanda.”

Aba bana bagiye muri kiriya gihugu, mu gihe hari abandi basigaye mu Rwanda bafashije umunyamuziki Adekunle Gold ubwo yaririmbaga mu gufungura imikino ya BAL yabereye muri BK Arena, ku wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024.

Muri iki gitaramo, Adekunle Gold yaririmbye indirimbo ze zirimo ‘Okay’ ndetse na ‘High’ yakoranye na Davido, umunyamuziki ukomeye muri Nigeria umaze kwegukana ibikombe bikomeye mu muziki.

Mbere y'uko aba bana berekeza mu Mujyi wa Geneva bakoze indirimbo igaruka ku Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima, OMS. Ndetse, igitaramo cy'abo cya mbere bagikoze ku wa Gatandatu tariki 26 Gicurasi 2024.    

Aba bana bamaze igihe batangiye urugendo rwo gushyira hanze indirimbo basubiyemo z’abandi bahanzi mu rwego rwo kwagura impano y’abo.

Iri tsinda ry’aba bana, Sherrie Silver yaritangije nyuma y’itsinda yashinze mu 2017 yise ‘Silver Beat World’ ry’ababyinnyi babigize umwuga.

Iri tsinda ryanyuzemo Ishimwe Thierry wamamaye nka Titi Brown uherutse gufungurwa nyuma y’uko urukiko rumugize umwere ku byaha byose yari akurikiranyweho.

Dr Tedros yagaragaje avuga amwe mu magambo y’Ikinyarwanda ari kumwe n’abana bo muri Sherrie Silver Foundation



Sherrie Silver Foundation yataramiye ku nshuro y’abo ya mbere mu Mujyi wa Geneva 


Abana bo muri Sherrie Silver Foundation bagiranye ibiganiro n'Ambasaderi w'u Rwanda muri Switzerland, Ngango James



Sherrie Silver Foundation bari kumwe n'umukinnyi Pau Gasol wamamaye ku rwego rw'Isi

 

Aba bana bagiye bafata amafoto bari kumwe n'abantu banyuranye


Aba bana bahimbye indirimbo igaruka kuri OMS yifashishije muri ibi birori byisweWalk The Talk' event






Aba bana batanze ibyishimo mu Nama Mpuzamahanga y'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima 










TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND