RFL
Kigali

Agiye kubona impamyabumenyi y’ikirenga: Byinshi kuri Sheikh Musa Sindayigaya Mufti mushya w’u Rwanda

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:27/05/2024 10:39
0


Nyuma y’imyaka 8 Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda wabonye Mufti mushya witwa Sheikh Musa Sindayigaya akaba ari inzobere mu birebana n’imiyoborere n’inyigisho za Isilamu.



Mufti w’u Rwanda mushya, Sheikh Musa Sindayigaya ubwo yari amaze gutorwa, yagarutse ku mishinga migari agiye gufasha Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda.

Ku cyumweru tariki ya 26 Gicurasi 2024 ni bwo Sheikh Sindayigaya yatorewe kuyobora Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, asimbuye Sheikh Salim Hitimana wari waratowe muri 2016.

Amatora ya Mufti w’u Rwanda abaye nyuma y’imyaka 8 aho yagombaga kuba muri 2020 ariko ntibibashe gukunda kubera icyorezo cya COVID19.

Sheikh Sindayigaya avuka mu Karere ka Kamonyi, afite imyaka 43 arubatse afite n’abana 3. Kuri Komite isoje ikivi, yari ayoboye ibirebana n’Imari n’Igenamigambi.

Yize ibijyanye n’ivugabutumwa rya Kisilamu muri Saudi Arabia, yinjira mu muryango w’abasilamu mu Rwanda mu 2003. Afite impamyambumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza mu nyigisho za isilamu.

Yize kandi ibirebana n’imiyoborere n'inyigisho za Kisilamu aho abifitemo impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza.

Ari kwigira impamyabushobozi y’Ikirenga mu birebana n’imiyoborere. Mu byo ashyize imbere birimo kubona umuryango w’abayisilamu mu Rwanda ugira uruhare mu bikorwa byo kubaka igihugu kurushaho.

Arangamiye ko Umuryango w'Abayisilamu mu Rwanda uzagira uruhare mu matora ya Perezida n'ay'Abadepite ateganijwe ku wa 14 Nyakanga ku banyarwanda baba mu mahanga na 15 Nyakanga 2024 mu baba mu gihugu.

Mufti w’u Rwanda usoje ikivi, Sheikh Salim Hitimana wayoboye kuva muri 2016, yagaragaje bimwe mu bikorwa byakozwe mu gihe cy’imyaka igera ku 8 yari amaze ayobora.

Yavuze ko asize hubatswe imisigiti irenga 120, wubatswe kandi amasoko agezweho, amazu y’ubucuruzi muri Rubavu na Rusizi nk’uburyo bwo gukomeza kubaka uyu muryango.

Hubatswe kandi amashuri mu turere turimo Rwamagana, Kicukiro, Musanze n’ahandi ndetse hari na gahunda yamaze kugerwaho n’igihugu cya Saudi Arabia aho iki gihugu kizafasha mu kubaka umusigiti ugezweho muri Kigali.

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Musa Sindayigaya yatangiye gukorera Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda guhera mu mwaka wa 1994, ibi yizera ko bizamufasha kurushaho gusohoza inshingano ahawe.Sheikh Salim Hitimana Mufti w'u Rwanda usoje ikivi ubwo yasuhuzanyaga na Sheikh Musa Sindayigaya Mufti mushyaImyaka myinshi y'ubuzima bwa Mufti w'u Rwanda Musa Sindayigaya yayimaze akurikirana inyigisho za Isilamu ndetse ari no mu bakozi b'uyu muryango






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND