RFL
Kigali

Byinshi ku ndwara ya “Gelotophobia” yo gutinya gusekwa

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:24/05/2024 11:15
0


Gusekwa ni kimwe mu bitera ikimwaro bigatuma umuntu ashobora kwiheza mu bandi bitewe no kumva badahute, gusa gutinya ko abantu baguseka ni uburwayi benshi bagendana nabwo batabizi buri munsi



Uburwayi bwo gutinya gusekwa bushobora guterwa n'ibintu byinshi gusa bugatera umuntu gutinya kwegera imbaga nyamwinshi, kwegera abigeze kuguseka, rimwe na rimwe bigatuma uyirwaye yanga kugerageza ibintu bishya kubera ubu bwoba.

Indwara yo gutinya gusekwa Gelotophobia izonga intekerezo z’umuntu agahorana ubwoba ko abantu batapfa gukunda uko ari, ibyo akora, ibyifuzo n'intekerezo bye agahorana impagarara no gutinda mu nshingano.

Mu by'ukuri umuntu ahura n’impinduka z’ibihe zitandukanye zirimo ibihe byo kunezerwa, ibihe by’agahinda, ibihe byo kwishimana n’abandi, ibihe byo kwiheza no kwitekerezaho ndetse n’ibindi byinshi. Ibyo bihe byose bigaragazwa n’ibyishimo cyangwa agahinda.

Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2012 bwagaragaje ko mu isuzumwa ryakozwe ku miryango  ifite abana bafite iki kibazo cyo gutinya gusekwa, ingo 100 basanze abana babo batinya gusekwa bitewe nuko bakuze barebwa igitsure igihe bakoze ibintu runaka.

Nk'uko Oxford CBT ibitangaza, ubu bwoba bwo gutinya gusekwa bushobora guterwa n’ibitu byinshi birimo kutigirira icyizere, kuba baravuzwe nabi bagasekwa igihe kirekire, kudashimwa igihe bakoze neza bakabonwa k'imburamumaro, bikabatera kumva ko ibyo bakora byose bitakundwa.

Iyi ndwara ishobora gufata abantu bavukanye inenge runaka bakayiseka cyane n'ibindi birimo kuba yarigeze gusekwa mu ruhame akagira ibimwaro by'igihe kirekire.

Gelotophobia kandi ishobora guterwa no kuba warakoze amakosa menshi abantu bakagutakariza icyizere  n'igihe wahindutse ntibabibone bagakomeza kukubona muri ya sura mbi, ugatinya gusekwa.

Abantu barwaye ubu burwayi bagira ikibazo cyo kudatekereza ku bushobozi bafite bwo gukora ikintu ahubwo bagatekereza uko abandi bazabafata nibagikora, bagahita babireka kuko bumva basekwa.

Ubu burwayi budindiza iterambere ry'umuntu agahora hamwe, cyangwa agatinya kugaragaza ibitekerezo bye kuko yumva baramuseka nibumva ibimuva mu kanwa bishingiye ku ntekerezo ze.

Iyi ndwara irakira ariko nanone igasaba kwikunda, kwitekerezaho, no kudaha urwaho abantu bakuzengurutse kugira ngo bagufatire imyanzuro, ahubwo ukamenya ko nawe watanga ibitekerezo bikomeye bitari ibyo gusekwa ahubwo byubaka.

Bitewe n'izindi mpamvu z'ubuzima cyangwa ibyakubayeho ushobora guhura n'iki kibazo cyo gutinya gusekwa ndetse ugahora uhangayikishijwe nuko bizakundekera igihe usekwa, gusa nibyiza kwegera abahanga mu kumva no kuganiriza abafite indwara zibasira intekerezo, bakaguha ubujyanama.

Abahanga batanga inama bavuga ko bidakwiye gukora ugendeye ku byifuzo by'abandi kuko nabyo biri mu bitera ubu burwayi, bitewe n'ibyo bagutangariza babonye imikorere yawe.
  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND