U Rwanda rwatangaje abakinnyi 14 bazaruhagararira mu irushanwa rya Kigali International Peace Marathon rigiye kuba ku nshuro ya 19.
Mu
ijoro ryatambutse, ni bwo ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, RAF, ryashyize hanze urutonde rw'abakinnyi 14 barimo abagabo n'abagore, bagomba
guhagararira u Rwanda mu irushanwa ngarukamwaka rya Kigali International Peace
Marathon rigiye kuba ku nshuro ya 19, rikazabera hano mu Rwanda nk'ibisanzwe.
Iri
rushanwa, ngarukamwaka riri mu marushanwa 3 akomeye muri Afurika yo gusiganwa
ku maguru, rizaba tariki 9 Kamena 2024 aho abasiganwa bazazenguruka umujyi wa
Kigali.
Abakinnyi u Rwanda ruzakoresha muri Half
Marathon mu bagabo; Mutabazi Emmanuel na Nzayisenga bose bakinira
Police, Ingabire Victor, Nsabimana Jean Claude na Nshimiyimana Emmanuel bose
bakinira APR, umutoza akaba ari Rukundo Sylivain.
Abagabo baziruka Marathon ni;
Hitimana Noel na Dushimirimana Gilbert bakinira APR, Gakuru David na Nizeyimana
Alexis bakinira Police, umutoza akaba Karasira Eric.
Abagore bazasiganwa Half Marathon barimo;
Imanizabayo Emeline na Niyonkuru Florence bakinira Sina Gerard, Musabyeyezu
Adeline na Ibishatse Angeligue bakinira APR na Uwizeyimana Gentille ukinira
Police.
Irushanwa
rya Kigali International Peace Marathon ubwo riheruka gukinwa tariki 11 Kamena
2023 ryagukanwa na George Onyancha ukomoka muri Kenya, mu gihe muri
Half Marathon nabwo umunya-Kenya Kipyeko Kennedy yabaye uwa mbere, mu bagore
ritwarwa na Moseti Winfridah Mora.
George niwe ubitese isiganwa riheruka, ryarimo ibihembo bitangaje
Ni isiganwa kandi ryitabirwa n'abayobozi bakomeye ndetse bakora siporo yitwa run for Peace ikorwa n'abatarabigize umwuga
TANGA IGITECYEREZO