Abaraperi Bushali na B-Threy batangaje ko bafite ibitaramo bikomeye bagiye gukorera mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi no muri Poland, kimwe mu bihugu bigize Umugabane w'u Burayi. Iki gihugu gituwe na Roho Miliyoni 36.82 nk’uko bigaragazwa n’Imibare itangwa na Banki y’Isi yasohotse mu mwaka wa 2022.
Batangaje
ibi mu gihe bari mu ruhererekane rw'ibitaramo bari gukorera mu Mujyi wa Lille no
mu Mujyi wa Paris mu gihugu cy'u Bufaransa, hagamijwe kumvikanisha umuziki
w'abo wubakiye ku njyana ya Kinyatrap.
Muri
'Weekend' bataramiye abatuye i Paris, bagaragaza ubuhanga bw'abo mu muziki mu
gihe cy'imyaka itatu ishize bari mu muziki.
Tariki 12
Kanama 2024, Bushali yagombaga gutaramira muri Poland mu gitaramo cyari
cyateguwe na Entertain Scape, ari n'ayo yabatumiye kuri iyi nshuro n'umuraperi
mugenzi we B-Threy.
Mu gihe Abanyarwanda
n'abandi batuye muri Poland biteguraga kwakira Bushali, uyu muraperi yasohoye
itangazo avuga ko atabashije kubataramira nk'uko byari biteganyijwe.
Yavuze ko
ikipe ye y'umuziki iri gukorana n'abatumiye mu guhitamo andi matariki ibi
bitaramo bishobora kuberaho. Mu butumwa bwe, Bushali yashimye buri wese
umushyigikira mu rugendo rwe rw'umuziki, agaragaza ko yiteguye kuzatanga
ibyishimo mu gihe cyose hazaba hemejwe itariki nshya.
Bifashe
umwaka umwe kugirango Bushali yongere atangaze indi tariki nshya y'ibi
bitaramo. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, uyu muhanzi wamamaey
mu ndirimbo zirimo ‘Ku Gasima’ yagaragaje ko yongewe gutumirwa muri Poland ari
kumwe na B-Threy.
Mu mpapuro
zamamaza iki gitaramo ntibagaragaje itariki ibi bitaramo bizaberaho, ariko
bavuze ko amakuru y’abyo azatangazwa mu minsi iri imbere. Ni ibitaramo
bagaragaza ko bizitabirwa n'abantu bari hejuru y'imyaka 18 y'amavuko.
Byatangajwe
ko igitaramo bazakorera mu Mujyi wa Bruxelles kizaba tariki 1 Kamena 2024.
Kandi amatike yatangiye kugurwa binyuze ku rubuga: www.my.weezevent.com/kinya-trap-bruxelles
B-Threy
agaragaza ko muri ibi bitaramo biteguye gutanga ibyishimo bisunze injyana ya
KinyaTrap bamamaje, kandi azaririmba nyinshi mu ndirimbo ze zirimo kuri Album
ye ya kabiri yise “Muheto 2 mushya.”
Ni mu gihe
umuraperi Bushali yasabye abantu batuye mu gihugu cya Poland kutazacikwa n'iki
gitaramo, abasaba gutangira kugura amatike hakiri kare.
Ni ubwa
mbere aba bahanzi bombi bataramiye mu Bufaransa, ndetse ni ubwa mbere bagiye
gutaramira muri Poland. Ariko baciye ibintu mu bitaramo binyuranye bagiye bagaragaramo
mu Rwanda birimo nka Iwacu Muzika Festival, ibya sosiyete zinyuranye, ibyabo
bwite n’ibindi binyuranye.
Indirimbo
zabo zatumye hari ababafata nk’abahanganye, ariko bagiye bagaragaza ko gukurira
muri Label ya Green Ferry Music byaguye imbago z’umuziki w’abo.
Mu
mashusho, urubuga rwa Pan Africa rwashyize hanze mu minsi ishize, bavuze ko
Bushali na B-Threy bahihibikaniye Kinyatrap, ariko ko byabasabye gushyira
imbaraga hanzwe.
Ati “Turi
ababyeyi! Dufata umwanzuro wo kubikorera kugirango bigere ahantu bigera. Urumva
iyo umwe akoze ikintu ntabwo bingana n’uko abantu bose bakora ikintu.”
Bushali na
B-Threy bakoranye indirimbo 'Nituebue' yamamaye mu buryo bukomeye bahuriyemo na
Slum Drip, iri kuri Album 'ku Gasima'.
Bombi
bahahuriye mu ndirimbo 'Amabara' bakoranye na Marina ndetse na Alyn Sano.
Banaririmbye mu ndirimbo 'Blessed' ya Wamunigga yaririmbyemo Bull Dogg, Bruce
The 1St, Papa Cyangwe, Fireman na Jay Pac.
Bushali na
B-Threy bategerejwe mu bitaramo bizabera mu Mujyi wa Bruxelles no Poland ku
nshuro y’abo ya mbere
TANGA IGITECYEREZO