Ikipe ya AS Muhanga yareze ikipe ya Espoir FC ivuga ko ikinisha abakinnyi batujuje ibyangombwa, ndetse no kuba ifite abakinnyi barenga umubare bemewere ku mwaka w'imikino.
Ni
ikirego ikipe ya AS Muhanga yanditse tariki 15 Gicurasi 2024, gusa ikigeza muri
FERWAFA kuwa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024. Muri uru rwandiko InyaRwanda ifite impanga yarwo, ikipe ya
AS Muhanga yarezemo Espoir FC, hagaragaramo ibirego bibiri aho ikirego cya
mbere kivuga ko ikipe ya Espoir FC ikinisha abakinnyi 34 aho kuba abakinnyi 30 nk'uko amategeko ya FERWAFA abiteganya.
Ikipe
ya AS Muhanga yagize iti: "Espoir FC ikinisha abakinnyi 34 aho kuba 30
kandi bitemewe. Muri abo bakinnyi 30, bafite license z'ikipe nkuru ndetse
n'abandi 4 bafite license zo mu ikipe ntoya (Junior) kandi bijyanye n'imyaka
bafite bakaba batemerewe kugira izo license kuko barengeje imyaka 20."
Muri
aba bakinnyi bafite ibyangombwa (License) zo mu ikipe nto AS Muhanga iri
kuvuga, ni Watanga Christian Milembe, Barengayabo Abdallah, Biraboneye
Aphrodice na Joseph Njanjali.
Ikipe
ya AS Muhanga mu kirego cyayo ikomeza ivuga ko "Ikipe ya Espoir FC ifite
umukinnyi ukomoka mu gihugu cya Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR
Congo) ufite imyirondoro 3 itandukanye muri system ya FIFA TMS na FERWAFA
Connect."
Umukino wa nyuma Espoir FC yari yakinnye mu mpera z'icyumweru, yatsinze Ivoire Olympic ihita ikatisha itike y'imikino ya kamarampaka
AS
Muhanga ikomeza ivuga ko license uyu Watanga afite muri FERWAFA yanditse ho
Christian Watanga Milembe, mu gihe muri FIFA TMS hagaragaraho imyirondoro ibiri
umwirondora wa mbere akaba yitwa Christian Watanga Milembe aho kugera tariki 11
Gicurasi 2024 yagaragazaga ko itaremerwa muri system ya FIFA TMS.
Umwirondoro
wa kabiri, AS Muhanga ivuga ko kugaragaza ari mu ikipe ya Espoir FC yitwa
Christian Watanga Mulemba, nyamara muri system ya FIFA Connect ntabwo agaragara
mu ikipe ya Espoir FC ahubwo akaba afite License yanditseho Christian Watanga
Milembe aho ibarwa mu bakinnyi batarenge imyaka 20 kandi we ayirengeje, ari byo
bituma ku mukino Espoir FC yakinnye uyu musore bandika Christian Watanga M,
bituma izina rye rya gatatu bataryandika ryose.
Ikipe ya AS Muhanga yatanze ikirego ni imwe mu makipe akumbuye icyiciro cya mbere mu mupira w'amaguru mu Rwanda
Nyuma
y'ibi byose, ikipe ya AS Muhanga yasabye FERWAFA ko ikipe ya Espoir FC binyuze
mu mategeko yakurwaho amanota yose yaba yarabonye mu gihe yakoresheje uyu
mukinnyi.
Iki
kirego gitanzwe nyuma yaho ikipe ya AS Muhanga ibuze itike y'imikino ya nyuma
yo gukuranwamo ku makipe ashaka kuzamuka, dore ko yabaye iya gatatu irushwa
amanota 5 n'ikipe ya Espoir FC kandi mu matsinda 2 y'icyiciro cya kabiri
hazamuka amakipe 2 muri buri tsinda.
Mu gihe
Espoir yaterwa mpaga bigendanye n'ikirego AS Muhanga yatanze, iyi kipe yo mu
majyepfo y'u Rwanda niyo yahita ifata umwanya wa kabiri igasanga amakipe ya
Intare, Vision FC na Rutsiro FC mu mikino yo gukuranwamo.
TANGA IGITECYEREZO