Ibyishimo aterwa n'iterambere ry'umuziki! Chriss Eazy yahishuye urwo akunda APR FC -AMAFOTO

Imyidagaduro - 12/05/2024 10:00 PM
Share:
Ibyishimo aterwa n'iterambere ry'umuziki! Chriss Eazy yahishuye urwo akunda APR FC -AMAFOTO

Chriss Eazy waririmbye mu birori bya APR FC yatangaje urwo akunda iyi kipe yitsa ku kuba aterwa ishema no kuba iterambere ry’igihugu rigendana n'iry’umuziki nyarwanda.

Kuri uyu wa 12 Gicurasi 2024 kuri Kigali Pele Stadium habereye umukino wa nyuma wa Shampiyona.

Uyu mukino wa APR FC n'Amagaju warangiye ari kimwe ku kindi.

Ibi byatumye APR isoza nta mukino n'umwe intsinzwe,  inashyikirizwa igikombe mu birori byitabiriwe na Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda.

Ubwo igice cya mbere cyari kirangiye Chriss Eazy abifashijwemo DJ Toxxyk yasusurukije abitabiye uyu mukino, bamweretse urukundo rwo hejuru.

Mu kiganiro na InyaRwanda, uyu musore yavuze ko yishimiye uburyo abo mu mikino byumwihariko uw’umupira w’amaguru barabatekereje, avuga icyo abona bisobanuye.

Mu buryo bwe yagize ati "Ni ibintu byo kwishimira cyane kandi navuga ngo umuziki nyarwanda uri kugendana na byose dufite mu Rwanda uko igihugu cyacu gitera imbere na wo uri kujya mbere."

Yikije ku kuba ari umukunzi w'akadasohoka wa APR FC ati "APR ni umuntu wanjye cyane birenze kabisa, ngiye kuvuga ibintu by’umupira naba ngize cyane kubera umuziki warantwaye ariko buriya iyo ndi ahantu nitonze mbameze gutya."Minisitiri w'Ingabo, Umugaba w'Ingabo z'u Rwanda, Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka bashyikirijwe igikombe Chriss Eazy yaserutse gitore mu birori bya APR FC yegukanye Shampiyona ku nshuro ya 22 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...