Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Adrien Misigaro uri mu bakomeye, yasubiyemo indirimbo yitwa “Niyo ndirimbo” yakoranye na Meddy afatanyije n’abana b’abanyempano mu muziki babarizwa mu muryango wa Sherrie Silver Foundation.
Adrien Misigaro wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Ntuhinduka’ yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu
wa Gatanu tariki 10 Gicurasi 2024, mu rugendo rugamije kwagura ibikorwa bye byo
mu muryango yashinze yise ‘MNH’ ufasha abatishoboye, kandi ugakora ibikorwa by’urukundo
birenga imipaka.
Yaherukaga i
Kigali muri Mutarama 2024, aho yanagendereye ibihugu bitandukanye birimo
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agamije kwagura ibikorwa anyuza mu
muryango wa Gikirisitu ‘MNH’ yubakiyeho ubuzima bwe muri iki gihe.
Nyuma yo
kugera i Kigali, kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Gicurasi 2024, uyu muhanzi
yasuye Sherrie Silver Foundation, umuryango wita ku bana washinzwe n’umubyinnyi
mpuzamahanga Sherrie Silver wamamaye muri filime zirimo iya Donald Glover uzwi
nka 'Childish Gambino’.
Sherrie Silver yanagize
uruhare mu kuyobora amashusho y’indirimbo “This Is America” ya ‘Childish Gambino’.
Muri uwo mwaka yegukanye igihembo cya MTV Video Music Award.
Adrien Misigaro yabwiye InyaRwanda ko yari amaze igihe ari mu biganiro na Sherrie Silver bishamikiye ku kuba imiryango yombi bashinze yagirana imikoranire ihoraho.
Ati “Sherrie Silver twagiye tuvugana mu bihe bitandukanye, rero ubwo nazaga i Kigali nahisemo gusura umuryango yashinze, mu rwego rwo kwihera ijisho ibikorwa, nanyuzwe cyane cyane n’impano z’abana. Ni igikorwa cyiza buri wese akwiye kugiramo uruhare.”
Aba bana
babarizwa muri Sherrie Silver Foundation mu minsi ishize basohoye amashusho
basubiramo indirimbo ‘Niyo ndirimbo’ Adrien Misigaro yakoranye na Meddy,
umuhanzi basanzwe bari inshuti, banabarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Adrien
avuga ko we na Meddy bakozwe ku mutima n’uburyo iyi ndirimbo aba bana
bayikozemo, byatumye ahitamo ko bazayisubiramo bari kumwe imbona nkubone.
Ati “Twafashe
amashusho y’iriya ndirimbo, naririmbye bimwe mu bice byanjye hanyuma ibice bya
Meddy biririmbwa na bariya bana, ariko twafatanyaga, buri amashusho azajya
hanze mu minsi iri imbere. Ni abana bafite impano zitangaje, biratanga icyizere
cy’umuziki w’u Rwanda.”
Adrien
Misigaro yavuze ko yakozwe ku mutima n’urukundo aba bana bifitemo, kandi bafite
icyizere cy’ubuzima bw’ejo hazaza, ariko ‘ni aha buri wese kugirango abafashe
kugera ku nzozi z’abo nk’uko Sherrie Silver ari muri uyu murongo’.
Sherrie
Silver yatangiye gufasha abana arera kuririmba no kwiga ibicurangisho
by’umuziki, nyuma y’uko mu 2017 atangije itsinda ryo kubyina yise ‘Silver Beat
World’ ry’ababyinnyi babigize umwuga.
Iri tsinda
ryanyuzemo Ishimwe Thierry wamamaye nka Titi Brown uherutse gufungurwa nyuma
y’uko urukiko rumugize umwere ku byaha byose yari akurikiranyweho.
Muri
Ugushyingo 2023, nibwo iri tsinda rya Sherrie Silver Foundation ryatangiye
urugendo rwo gushyira hanze zimwe mu ndirimbo basubiyemo z’abahanzi banyuranye.
Bagiye bagirana ibihe byiza n’abahanzi bataramanye barimo Danny Nanone, Kevin
Kade, The Ben n’abandi.
Nyuma y’umunsi
umwe ageze i Kigali, Adrien Misigaro yasuye kandi agirana ibiganiro n’abana
babarizwa muri Sherrie Silver Foundation
Adrien
Misigaro yavuze ko afatanyije n’aba bana yasubiyemo indirimbo ‘Niyo ndirimbo’
yakoranye na Meddy
Adrien
yavuze ko umuryango ‘MNH’ yashinze watangiye ubufatanye na Sherrie Silver
Foundation
Adrien
yakozwe ku mutima n’impano z’abana babarizwa muri Sherrie Silver Foundation
KANDA HANOUREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NIYO NDIRIMBO’ YA ADRIEN NA MEDDY
KANDA HANOUREBE UBWO ABANA BABARIZWA MURI SHERRIE SILVER FOUNDATION BASUBIRAMO ‘NIYONDIRIMBO’
TANGA IGITECYEREZO