RFL
Kigali

Byagenze gute ngo imikoranire ya The Ben n'ikipe ya Orion BBC irangirire mu mpapuro?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:9/05/2024 14:41
0


Byabaye nk'urujijo uburyo umuhanzi The Ben yagiranye amasezerano n'ikipe ya Orion BBC ariko abantu bakayaheruka ubwo.



Hari ku wa 04 Nzeri 2022 ubwo umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yamurikwaga nka Brand Ambassador wa Orion Basketball Club. Ni amasezerano yari yasinywe ko agiye kwamamaza ibikorwa by'iyi kipe mu gihe kingana n'imyaka itanu. Aya masezerano yasinyiwe mu nzu mberabyombi ya Kigali Convention Center.

Aya masezerano yari akubiyemo ingingo zitandukanye ariko zose zibanda cyane ku kuba The Ben azakomeza kumenyakanisha iyi kipe no kuyihagararira ndetse ibi bikaba byarashimangiwe na The Ben ubwe nk’aho yavuze ko afite abakunzi benshi ahantu hatandukanye bityo ko nabo agomba gutuma bamenya iyi kipe ikiri nshya muri Basketball y’u Rwanda. The Ben yari yavuze ko na mbere y'uko asinyira gukorana n'iyi kipe, yari asanzwe ari umukunzi w'imikino.

The Ben yari yagize ati "Mbere na mbere ndi umukunzi w’imikino byumwihariko Basketball, rero Orion baraje baranyegera bambwira ko bashaka ko dukorana, bambwira intego bafite numva koko ari ibintu byiza ndetse ari na gahunda nziza bafite niko guhita nemera gukorana na bo.”

Kuri uyu wa Gatatu ubwo Then yasinyaga amasezerano y'ubufatanye n'ikigo gicuruza Telefone cya Tecno, uyu muhanzi yaje kubazwa iki kibazo cy'amasezerano, avuga ko ayo masezerano yabayeho ariko ubu ari gutunganywa neza akazagaruka ameze neza.

Yagize Ati" Orion Basketball Club ni ikipe ihari, hari ibyo tugishaka gushyira ku murongo kugira ngo izaze ku kwego rwiza, ndetse ihangana n'amakipe akomeye bitari kera rwose tuzifuza ko mubana natwe kugira ngo tubahe amakuru ya Orion BBC."

Mu gushaka kumenya neza icyo impande zombi zibivugaho, InyaRwanda yavuganye na Rugamba James uyobora ikipe ya Orion BBC, yemeza ko hari ibiri kivugururwa muri aya masezerano.

Yagize Ati" Nyuma y'ariya masezerano, The Ben twagiranye ibiganiro turebera hamwe uburyo imikoranire yacu yavugururwa igashyirwamo udushya ndetse tuza no kubyemeranwa. Ubu amasezerano yacu asigaje imyaka isaga ibiri, bitari keera turatangira gukorana ndetse muzanabona impinduka."

Gusa amakuru InyaRwanda ifite yo kuruhande avuga imbogamizi yabaye muri aya masezerano, The Ben yaba hari ibyo atubahirije nyuma yo kuyasinya, byatumye ubuyobizi bwa Orion BBC nabwo bwifata ku bijyanye n'ibyo bagombaga The Ben.

Amasezerano The Ben afitanye na Orion BBC asigaje imyaka 3 kugirango arangire





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND