RFL
Kigali

Ibihe by’ingenzi byaranze Umukino Police FC yatsinzemo Bugesera FC – AMAFOTO + VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:2/05/2024 10:07
0


Ikipe ya Police FC yatsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro, mu mukino witabiriwe n'umugaba w'ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga.



Wari umukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro wabereye kuri sitade ya Kigali Pele Stadium, ukaba wari witabiriwe n'abantu benshi ugereranyije n'amakipe yari yakinnye. 

Ni umukino watangiye ukerereweho isaha irenga, kuko wagombaga gutangira ku isaha ya Saa 15:00 PM, ariko kubera imikino y'abakozi yari yabereye muri iyi sitade umukino ukaba watangiye saa 16:05 PM.

Igice cya mbere cy'umukino cyarangiye ari ubusa ku busa, mu gihe mu gice cya kabiri cyabonetsemo ibitego 3 harimo ibitego 2 bya Police FC byatsinzwe na Akuki Djibrin na Nsabimana Eric, naho Bugesera FC itsindirwa na Ruhinda Farouk.

Uhereye Iburyo: Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, Umugaba Mukuru w'ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda CG Felix Namuhoranye


Hakizimana Muhadjiri ni umwe mu bakinnyi bari barwaye igikombe cy'Amahoro ndetse akaba yifuzaga guterura igikombe ari mu ikipe ya Police FC akaba yanasohokera igihugu 

Savio Nshuti usanzwe ari kapiteni wa Police FC ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza kuri uyu mukino 

Abafana bari bagerageje kwitabira ugereranyije n'amakipe yari yakinnye kuko atazwiho abafana benshi 

Rujugiro umwe mu bafana bakomeye ba APR FC yari yaje gutera ingabo mu bitugu ikipe ya Police FC Nsabimana Eric bakunze kwita Zidane ni we watsinze igitego cya kabiri cya Police FC cyashimangiye intsinzi. Uyu musore yateye umutwe ukomeye mu izamu, ubundi ibyishimo biramusaga Akuki wageze muri Police FC avuye muri Mukura, niwe watsindiye Police FC igitego cya mbere ku mupira yahawe na MuhadjiriPolice FC yari yamanuye "umufana" kuri sitade ku buryo budasanzwe kandi ubona ko bari bafite icyizere cy'igikombe

Bamwe mu babyeyi bo mu karere ka Bugesera bari baje gushyigikira ikipe yabo ndetse bafannye kuva ku munota wa mbere kugera umukino urangiye ariko batashye batageze ku cyo bashakaga 

Niyongira umunyezamu wa Bugesera ni umwe mu bayifashije kugera ku mukino wa nyuma, kuri uyu wa 3 yakoze igishoboka ariko biranga 

Karim Kamanzi wakiniye ikipe y'igihugu Amavubi ubwo yari mu gikombe cy'Afurika mu 2004, ni we waje ashigatiye igikombe cyahatanirwaga

Mbere y'uko umukino utangira, hafashwe umunota wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994Mbere y'uko umukino utangira abatoza bafashe ifoto y'urwibutso bari kumwe na Ruzindana Nsoro wasifuye uyu mukino 

Abakinnyi 11 Bugesera FC yabanje mu kibuga 

Abakinnyi 11 Police FC yabanje mu kibuga 

Nyuma y'igikombe cy'Amahoro cyo muri Mukura mu 2018, igikombe cy'Amahoro muri Rayon Sports mu 2023, Umutoza Haringingo yifuzaga igikombe cya 3 cy'Amahoro, gusa ntabwo byamuhiriye 

Chukwuma Odili yahuraga n'ikipe yavuyemo ya Bugesera 

Abafana ba Bugesera FC bishimiraga amateka yabo ya mbere yo kugera ku mukino wa nyuma w'igikombe cy'Amahoro

Abafana ingeri zose bari babukereye baje kubika mu bwonko ibihe by'ingenzi mu mateka y'umupira w'amaguru mu Rwanda 

Abakinnyi 3 b'Abarundi uhereye ku munyezamu Rukundo Onesme, Ndizeye Samuel na Bigirimana Abedi bishimiye cyane igikombe cy'Amahoro begukanye 

Abatoza ba Police FC ndetse na bamwe mu bagize Staff ya Police FC bafata ifoto y'urwibutso ku munsi w'amateka 

Police FC yashimiye Imana mu masengesho nyuma y'umukino kubera ibyo yari imaze kubakorera 

Ikipe ya Police FC yakoze umutambagiro w'igikombe kuva kuri sitade ya Pele kugera ku cyicaro cya Polisi y'u Rwanda kiba ku Kacyiru 

Umuhanda nawo wari wahaye icyubahiro Ikipe ya Polisi y'igihuguSavio Nshuti na Rutanga Eric ni bo bagiye bafite igikombe mu modoka yari yateguwe 

Savio ntabwo yabyiyumvishaga 

Police FC yegukanye igikombe cya kabiri cy'Amahoro nyuma y'igikombe cya mbere yegukanye mu 2015 

Rutanga Eric arimo kumva amabwiriza y'umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda CG Felix Namuhoranye

Minisitiri wa Siporo ashyikiriza igikombe Savio Nshuti kapiteni wa Police FC 

Abasifuzi bayoboye umukino nabo bafashe ifoto y'urwibutso nk'umwe mu mikino y'amateka bayoboye 

Umugaba Mukuru w'ingabo z'u Rwanda Gen Mubarakh Munganga yifatanyije na Polisi y'u Rwanda mu byishimo, aho yagaragaye we na CG Felix Namuhoranye umuyobozi mukuru wa Polisi y'u Rwanda, bafite akamwenyu 

CG Felix Namuhoranye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda yihanganisha Richard Mutabazi uyobora akarere ka Bugesera, akaba n'umuyobozi w'icyubahiro wa Bugesera FC 

Sarpong uherutse kureka gufana ikipe ya Rayon Sports akerekeza muri APR FC, yari yaje kwifatanya n'abafana ba Police FC 

Mashami Vincent yegukanye igikombe cya 2 cy'Amahoro nyuma y'igikombe cya mbere yegukanye mu 2014 ari muri APR FC 

Haringingo yageze aho imibare imubana myinshi hajemo na za X na Y, ndetse yakwibuka ko no muri shampiyona ikipe ye yenda kumanuka umutima ukagwa mu nda 

Umunyamakuru Gatete uherutse kuva mu ikipe ya Gasogi United akerekeza muri Police FC yahise yegukana igikombe cya mbere nk'umufana mushya w'iyi kipe 

KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI

">

">

">

AMAFOTO: Ngabo Serge - InyaRwanda

VIDEO: Eric Munyantore & Yaka Pro - InyaRwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND