RFL
Kigali

Umukunzi we yabuze ku munsi w'ubukwe ahita ashyingiranwa n’ifoto

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:28/04/2024 10:36
0


Vivian Chizoba, umunyamuryango w’itsinda ryitwa “Igbo Rant” rikorera ku rubuga rwa Facebook, yashyize hanze amafoto yafashwe asezerana n’ifoto y’umukunzi we, nyuma y'uko amubwiye ko ahuze cyane bitamukundira kuza mu bukwe.



Ubwo yakiraga iyi nkuru ivuye ku mukunzi we, yaratunguwe yibaza impamvu yatuma umusore bamaze iminsi bategura ubukwe yahuga ku munsi nyizina, ariko we akomeza imyiteguro nk’ibisanzwe.

Urukundo rwabo rwabyawe n’imbuga nkoranyambaga, aho bahujwe na Facebook bakajya mu rukundo bataziranye, nyuma bakemeranya no kubana.

Umukobwa ntiyigeze acika intege ubwo yakiraga amakuru avuye ku mukunzi we amubwira ko ahuze cyane ku buryo ataza mu bukwe bwe, umukobwa niko kwegura ifoto ye iratunganywa nka zimwe zimanikwa mu mazu, aba ariyo bakorana ubukwe.

Iyi nkuru itangaje igaragaza ubushake bukomeye uyu mugeni yari afite bwo gukora ubukwe, ndetse akagira no kwizera gukomeye ku musore yihebeye nubwo yamutengushye ku munsi w’ubukwe gusa yizera ko, urukundo rwabo rukomeje nk’ibisanzwe.


Umusore yabuze ku munsi w'ubukwe umukobwa akora ubukwe n'ifoto





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND