RFL
Kigali

Nana Nadiya na Oxygen basobanuye imvano ya ‘Kora’ bahuriyemo n'abarimo Sicha, Pamaa na Fifi Raya-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:26/04/2024 13:59
0


Abahanzi bagera kuri batanu bahuriye mu ndirimbo nshya ishishikariza urubyiruko gukura amaboko mu mufuka bagakora, Nana Nadiya na Oxygen batangaje byinshi kuri uyu mushinga.



Indirimbo ‘Naragusariye’ imaze kugwiza abayumva yahuriyemo abavandimwe babiri Li John na Pamaa. Iyitwa ‘Wasara’ na ‘Mon Bebe’ nazo zarishimiwe zikaba ari iza Fifi Raya zongeye no kwerekana ko abari n’abategarugori bashoboye injyana ya Hip Hop.

Hari ‘Way to the top’ ya Nana Nadiya ikomeje gufasha abakunda umuziki.Sicha One na we aheruka gushyira hanze ‘Suku’ na Oxygen aheruka gukora ‘Kumutima’ na ‘Promise’ zose zakiwe neza.

Impamvu yo kugaruka kuri izi ndirimbo zose ikaba ari uko abahanzi bose twavuze bagiye bazikora bahurijwe ku mushinga ukomatanye wa ‘Kora’.

Mu kiganiro InyaRwanda yagiranye na bamwe muri bo, basobanuye uko uyu mushinga uteye Oxygen avuga kuri iyi ndirimbo yitanzeho urugero

Ati”Nkurikije uburyo meze mu buzima busanzwe ndakora kugira ngo ndebe ko hari ikintu nageraho, iyi ndirimbo ishishikariza abantu bose muri rusange ko bakora bagakura amaboko mu mufuka.”

Mu gihe Nana Nadiya we yagaragaje ko burya umuntu wese ukoze agira icyo yigezeho kandi bidasaba byinshi atanga urugero ku bagore binjiye ubu mu mwuga wo gutwara amagare.

Na we yitangaho urugero rw’uburyo gukora hari icyo bimaze kumugezaho yaba nk’umuhanzi cyangwa nk’umubyinnyi kuko bigenda bimuhesha akazi akabasha kugira icyo yigezaho.

">KANDA HANO UREBE KORA YAHURIYEMO FIFI RAYA, PAMAA, SICHA ONE, NANA NADIYA NA OXYGEN

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA NANA NADIYA NA OXYGEN

">

Aha Nana na Oxygen bari kumwe na Kellia na we umaze gushinga imizi mu muzikiNana avuga ko yasanze gukora ari ikintu bakwiye kwibutsa urubyiruko kandi ko ntakazi ko gusuzuguraOxygen uhuza gukina filimi, kugaragara mu ndirimbo n'ubuhanzi yaririmbye muri Kora 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND