RFL
Kigali

Muyango arembeye mu bitaro

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/04/2024 19:30
0


Umuhanzi w’umuhanga wubakiye umuziki we kuri gakondo wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Karame Uwangabiye’, Muyango Jean Marie yasubijwe kuvurizwa mu bitaro byitiriwe umwami Faisal bya Kigali, ni nyuma yo kuzahazwa n’indwara mu buryo bukomeye.



InyaRwanda yabonye amakuru avuga ko ku wa Gatanu tariki 19 Mata 2024, uyu muhanzi waboneye benshi izuba yajyanwe mu bitaro bya Faisal igitaraganya, ariko nyuma y’amasaha menshi abaganga bafata icyemezo cyo kumusezera, asubira mu rugo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mata 2024, uyu muhanzi yasubijwe mu bitaramo bya Faisal nyuma y’uko arembye mu buryo bukomeye.

InyaRwanda yagerageje kuvugana na bamwe mu bashinzwe ibikorwa bye by’umuziki ariko ntibyakunda. Gusa, hari amakuru avuga ko mu minsi iri imbere bazashyira hanze itangazo rizavuga mu buryo burambuye ku burwayi bwa Muyango, basaba abakunzi be kumuzirikana mu masengesho muri ibi bihe.

Amakuru avuga ko Muyango yagize ikibazo cy’umwuka muke ndetse n’ikibazo cy’umutima. Bifitanye isano n’uko tariki 5 Mutarama 2023 yabazwe umutima.

Yigeze kubwira InyaRwanda, ko yatunguwe n’ubu burwayi bw’umutima bwamwibasiye. Ati “Byamaze iminsi ibiri mu ruhu, ndyama nkabura umwuka, nkabyuka nkicara nkahumeka cyane nk’umuntu wirutse. Byabaye iminsi ibiri uwa gatatu njya mu bitaro, ku manywa numvaga mfite intege nke ariko nkagira ngo ni ibisanzwe. Nagiyeyo birananirana banyohereza ahandi nibwo nagiye muri Faysal.’’

Kubera ubu burwayi, yageze aho asaba abaganga ko bamureka akigendera ariko barabyanga. Ati “Ukuntu numva meze mundeke nigendere. Nari naniwe nakwibuka ko bagiye kongera kunkorera ibizamini nkavuga nti noneho ndapfa ariko Imana zanjye umuganga wambaze abantu bose baratangaye kuba yari ahari ariko njye nagize ishaba kuko akenshi n’uwo aha Rendez-Vous akenshi bisaba icyumweru. Barambaze maramo iminsi ibiri ndataha.’’

 

Muyango yasubijwe mu bitaro nyuma y’uko uburwayi bumerembeje


Muri Mutarama 2023, Muyango yabazwe umutima ndetse ashyirwamo akuma 

Mu Ukuboza 2023, Muyango yakoze igitaramo gikomeye yamurikiyemo Album ye ‘Imbanzamumyambi’

 

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWIGEZE KUGIRANA NA MUYANGO

 ">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO 'KARAME UWANGABIYE' YA MUYANGO

">







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND