RFL
Kigali

Gabiro Guitar yatangaje ko yakuruwe n’ubwiza bwa Kaliza n’ubuhanga bwa Pakkage wakoze ‘Dans Le Bon’-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:24/04/2024 7:31
0


Gabiro Girishyaka Gilbert [Gabiro Guitar] yikije ku buhanga budasanzwe bwa Producer Pakkage n’ubwiza Kaliza Doreen umu Video Vixen yakoresheje mu ndirimbo yageneye abakundana nk’impano y’impeshyi.



Nyuma yo gukora ku muzingo yise ‘Gishyaka’ n’uruhurirane rw’indirimbo yise ‘Criminal Love’, Gabiro Guitar uri gukora ku giti cye kuva yakwemera guhara imigabane yari afite muri Evolve Music, yagarukanye indirimbo nshya.

Ni indirimbo ifite amashusho yakorewe mu Burundi yayise ‘Dans Le Bon’. Mu kiganiro yagiranye na inyaRwanda, Gabiro yavuze ko aya ari amagambo akoreshwa n’abakundana mu gihe baryohewe n’umunyenga w’urukundo barimo.

Yakomoje ku buryo yishimiye ubuhanga bwa Kaliza Doreen uri mu ba Video Vixen bihagazeho i Kigali yakoresheje, avuga ko yari afite benshi yagombaga guhitamo ariko amugezeho aramushima.

Gabiro Guitar mu buryo bwe yagize ati: ”Doreen, nanjye ariko duhuye mbona ni keza bya hatari, afite umubiri ukururamo abantu, ajya kumera nk’igisisirane [Metis] ndavuga uyu ni we dukeneye.”

Yagarutse kandi ku kuba yarahisemo gukorana na Pakkage wanamufashije kwandika iyi ndirimbo nshya yashyize hanze, avuga ko bamaze igihe bakorana.

Uyu muhanzi yavuze uko bamenyanye ati: ”Ntabwo yaryamaga, akunda akazi bya hatari, kandi ikindi kintu namukundiye akunda akazi, aba ashaka gukora ibye, ariyizera kandi ni umwanditsi mwiza cyane.”

Agaragaza ko abamuzi bigoye kuba bagira ahandi bajya kuko Pakkage ari umusore w’umuhanga mu gutunganya umuziki ariko byihariye akagira ibitekerezo n’imyandikire yihariye.

KANDA HANO UREBE UNUMVE DANS LE BON


Gabiro yasobanuye ko "Dans Le Bon" ari amagambo avugwa n'abari mu bihe by'urukundo ruryoshyeKaliza Doreen umu 'Video vixen' uri mu bagezweho i Kigali ari mu ndirimbo nshya ya Gabiro GuitarPakkage yagize uruhare mu kwandika 'Dans Le Bon' aranayitunganya ndetse Gabiro yahamije ko uyu musore ari ikibazo cy'igihe akaba icyamamare






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND