RFL
Kigali

Dezman yatumiwe mu iserukiramuco rikomeye mu Budage

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:22/04/2024 10:37
0


Umuhanzi w’umunyarwanda Shema Desmond Christian uzwi nka Dezman Junior, yatumiwe mu iserukiramuco rikomeye ryitwa “Africa Fiesta Frankfurt” rizabera mu gihugu cy’u Budage, hagamijwe kumurika ibihangano bikorwa n’Abanyafurika babarizwa muri kiriya gihugu.



Iri serukiramuco ritegurwa n’abanyafurika ribera cyane cyane mu Mujyi wa Frankfurt mu Budage. Mu busanzwe abanyafurika bagira amaserukiramuco menshi, ahuza abahanzi banyuranye, kandi bakagira n’insanganyamatsiko bubakiraho buri gihe.

Muri iri serukiramuco bise ‘Africa Fiesta Frankfurt’ bagaragaza ko bubakiye ku nsanganyamatsiko yo guhesha agaciro ibihangano by’Afurika.

Rizarangwa n’ibikorwa birimo kugaragaza imyambaro ihangwa n’Abanyafurika, ibitaramo by’abahanzi, abashushanya, abakora imikino y’abana, ubukorikori n’ibindi byahanzwe n’abakomoka ku Mugabane wa Afurika ariko babarizwa muri Frankfurt.

Ibikorwa byatoranyijwe bizagaragazwa muri iri serukiramuco biri no mu murongo wo kubimenyekanisha ku rwego rw’Isi no kubishakira amasomo hirya no hino.

Dezman usanzwe abarizwa mu Mujyi wa Frankfurt mu Budage, yabwiye InyaRwanda, ko iri serukiramuco ryihariye kuko ‘ryo rireba ku ngeri zinyuranye z’ubuhanzi’.

Ati “Hano haba hari amaserukiramuco menshi, hari iserukiramuco ritegurwa n’abo muri Afurika bita cyane ku miziki, ariko iri serukiramuco nzitabira, rireba ku ngeri nyinshi z’ubuhanzi, nko kumurika imyambaro, kuririmba, gushushanya n’ibindi, ariko byose bifite intego yo kumurika umuco wa kinyafurika muri ibi bihugu dutuyemo.”

Iri serukiramuco risanzwe ritegurwa n’igihugu cya Cameroon ariko bagatumira n’ibindi bihugu byo muri Afurika. Riba buri mwaka, ariko ni ubwa mbere Dezman agiye kuryitabira, mu gihe ari no gutegura Album ye nshya ya kabiri azamurika muri uyu mwaka.

Uyu mugabo avuga ko kwitabira iri serukiramuco bizaba umwanya mwiza kuri we wo gutanga umusogongero wa Album ye ya kabiri. Iri serukiramuco rizaba tariki 25 Gicurasi 2024. Rizaririmbamo kandi Carmen Taffo witabiriye irushanwa rya 'The Voice Kids'.

Dezman ati “Iki gitaramo navuga ko kizaba umwanya mwiza kuri njye wo kumurika Album yanjye ya kabiri nise ‘Ubuheta’, ni nyuma y’uko nshyize hanze Album ‘Magic Hour’.”

Muri iri serukiramuco azaririmba indirimbo ze zirimo nka ‘Shine your Light’ yakoranye na Freddy Massamba wo muri Congo Brazaville, ‘Land we Love (Rwanda Nziza) n’izindi zinyuranye zimaze gusohora kuri Album ye amaze igihe ari gutunganya ateganya ko izasohoka muri uyu mwaka. 

Dezman akomeza ati “Mbese mu ndirimbo nzacuranga nzongeraho izo ebyiri ziri kuri Album nshya.”

Asobanura ko iyi album yayise 'Ubuheta' kuko ayifata nk'umwana we wa kabiri kandi yayituye umukobwa we. Ati “Ubuheta kuko ari album ya kabiri ni nk’umwana wanjye wa kabiri. Ikindi nayituye umwana wanjye w’umukobwa witwa Hoza Tesire ufite imyaka ibiri.”

Uyu muhanzi avuga ko indirimbo “Home Sweet Home” yakoranye na Ras Kayaga yo iri kuri album “Magic Hour” yasohotse mu mwaka wa 2020.

Uyu mugabo yavuze ko iyi ndirimbo yayikoze mu myaka itatu ishize mu gihe cya Covid-19, ubwo abantu bari bigunze batazi neza icyerekezo cy'ubuzima.

Ni indirimbo avuga ko yanditse biturutse ku rukumbuzi 'nagiriye iwacu 'u Rwanda'. Ati "Narayanditse icyo gihe. Ariko kubera Covid-19 sinabashaga kuza mu Rwanda ngo mbashe gukora amashusho y'indirimbo ubwo rero bimfata igihe cyo gutegereza ngo kugirango Coronavirus irangire."

Uyu muhanzi avuga ko yabitse umushinga w'iyi ndirimbo kuko yifuzaga gufatira amashusho mu Rwanda, hanyuma atangira gukora ku ndirimbo zigize album ye ya kabiri yise 'Ubuheta'.    

Dezman avuga ko Ras Kayaga ari inshuti ye y'igihe kirekire, kandi ko bakunze kujyana muri studio ubwo yari mu ikorwa ry’iyi ndirimbo mu Budage.

Yavuze ko iyi ndirimbo yari yayanditse mu rurimi rw'Icyongereza, ariko Ras Kayaga aza kumugira inama yo gushyiramo n'Ikinyarwanda.

Dezman agiye kwitabira ku nshuro ye ya mbere iserukiramuco rikomeye mu Budage
Dezman yavuze ko azifashisha iri iserukiramuco agaragaza aho ageze akora kuri Album ye ya kabiri
Dezman yavuze ko yiteguye guserukira neza n’u Rwanda muri iri serukiramuco yatumiwemo
Carmen Taffo wahatanye mu irushanwa rya The Voice Kids ari mu bazitabira iri serukiramuco rizabera mu Budage 

Dezman yavuze ko yiteguye kwitabira iri serukiramuco rizagaragaza ibihangano by'abanyafurika  

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'SHINE YOUR LIGHT' YA DEZMAN NA MASSAMBA WO MURI CONGO BRAZAVILLE

">

KANDA UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'HOME SWEET' YA DEZMAN NA RAS KAYAGA

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND