RFL
Kigali

Ubwoba bwarashize! Junior Giti agiye gucutsa Chriss Eazy

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/04/2024 8:39
0


Imyaka ibiri irashize Bugingo Bonny wamamaye nka Junior Giti mu gasobanuye, atangiye urugendo rwo kureberera inyungu umuhanzi Nsengimana Rukundo Christian [Chriss Eazy], aho avuga ko yatangiranye ubwoba mu ishoramari, ariko ko yatangiye kugira icyizere biri mu byatumye agiye gusinyisha undi muhanzi.



Ni urugendo avuga ko rwaranzwe n’ibyiza n’ibibi, ariko kandi yarashikamye kuko uretse gukunda gusobanura filime, yumvaga ashaka no gushyira itafari ku muziki w’u Rwanda, binyuze mu gushyigikira no guteza imbere abanyempano bigaragaza mu bihe bitandukanye.

Yatangiye mu gihe cya Covid-19, aho ibikorwa byinshi byari byarafunzwe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo, ariko kandi yafashe igihe cyo kwihugura ibijyanye no gukoresha imbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki kugirango ibihangano by’umuhanzi we bijye bicuruzwaho.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda, Junior Giti yavuze ko kimwe mu byamugoye atangira urugendo rwo gufasha Chriss Eazy ari ubwoba kuko ibyo yiteguraga gushora yibazaga niba bizagaruka.

Ati “Imbogamizi ya mbere nagize ni ubwoba. Gufata amafaranga ukayashora mu muhanzi, mu gihe utabona uko azagaruka. Ukibaza uti ejo hazaza bizagenda gute? Ariko kandi harushya intangiriro.”

Junior Giti avuga ko atangira urugendo benshi mu bajyanama bazwi bakoranye n’abahanzi banyuranye bari bamaze kubivamo, ahanini biturutse ku kutumvikana n’abahanzi, cyangwa se ishoramari ryagiye ribagonga bagahitamo kuba babihagaritse.

Avuga ko ibi byamukomye mu nkokora. Ati “Natangiye mu gihe abarimo ba Mukasa, Richard washinze Super Lever, Kiwundo n’abandi bari barahagaritse akazi ko gufasha abahanzi, urumva nabaye nk’umunyeshuri utangiye ariko udafite umwarimu wo kumuyobora, byanatumye intangiriro ya mbere igorana.”


Yagize icyizere nyuma y’ibikorwaremezo n’imbuga zagutse

Uyu mugabo wamamaye mu gusobanura filime, avuga ko uko imyaka yagiye ishira yagiye agira icyizere cy’ubuzima no gukomeza gushoramari mu bahanzi, ahanini biturutse kuri gahunda zitandukanye Leta y’u Rwanda yagiye ishyiramo imbaraga, birimo nko gushyiraho aho gukorera ibitaramo n’ibindi.

Avuga ko muri iyi myaka babonye ibiraka bya Leta, kandi babasha gusobanukirwa neza uko bakoresha imbuga nkoranyambaga bagacuruza ibihangano by’abo. Ati “Ariko imyaka ibiri ishize byaduhaye icyizere, twabonye inyubako nka BK Arena yakira ibitaramo by’abahanzi bakomeye natwe twaririmbiyemo, imbuga nyinshi zicururizwaho imiziki zaragutse natwe turazifashisha, kandi tubona byaratanze umusaruro.”

Avuga ko ashingiye ku myaka ibiri ishize afasha umuhanzi Chriss Eazy, yabonye ibyiza byinshi atari yiteze byatumye aniyemeza gusinyisha undi muhanzi mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Giti Business Group yashinze, ananyuzamo gukora filime.

Uyu mugabo agaragaza ko mu gihe cy’ukwezi kumwe azaba yatangaje umuhanzi wa kabiri, kandi ko hari abo batangiye ibiganiro biganisha ku mikoranire.

Yavuze ko bimwe mu byo ashingiraho ahitamo umuhanzi harimo ‘kuba afite impano igaragarira buri wese kandi afite ikinyabupfura. Ati “Ntabwo nakubwira ko ari umukobwa cyangwa se umuhungu, ariko kenshi nita ku muhanzi ufite ‘Discipline’, kuko n’iyo yibanze mu mikoranire yanjye n’umuhanzi n’undi wese.”

Junior Giti avuga ko agifite inyota yo kugeza Chriss Eazy ku rwego mpuzamahanga, kandi ni nayo ntego yubakiye ku muhanzi mushya agiye gusinyisha.


Imibare ntibeshya!

Junior Giti avuga ko uko umubare w'abareba ibihangano bya Chriss Eazy wagiye wiyongera byamuhaga imbaraga n'icyizere cy'uko azabasha kugera ku ntego ze, kandi akabona ko guhitamo gutangira gukorana n'uyu muhanzi atigeze yibeshya.

Yumvikanishije ko indirimbo z'umuhanzi we zagiye zica agahigo, kandi ku mbuga z'abanyabirori, ibitaramo n'ibirori zirahiganza cyane, bituma abasha gukorera ibitaramo no mu bihugu byo mu mahanga.

Mu gihe cy'imyaka ibiri bamaranye bakorana, amaze kumukorera indirimbo zirindwi (7). Junior Giti avuga ko buri wese ashobora gutekereza ko yakoreye indirimbo nke Chriss Eazy, ariko ngo siko bimeze, kuko gushyira hanze indirimbo 'ushingira ku kuntu iza mbere zabanje'.

Ati "Ndatekereza nta muntu wadutera amabuye. Jya kuri Youtube, cyangwa se ku zindi mbuga urebe imibare y'abamaze kureba indirimbo ze."

Chriss Eazy yatangiriye ku ndirimbo 'Fasta' imaze kurebwa b'abantu Miliyoni 1.3, akurikizaho 'Amashu' imaze kurebwa n'abantu Miliyoni 4, 'Amashimwe' yakoranye n'umuraperi Fireman imaze kurebwa n'abantu ibihumbi 581, 'Inana' yaciye ibintu imaze kurebwa n'abantu Miliyoni 7.8, 'Edeni' imaze kurebwa n'abantu Miliyoni 4, 'Stop' igeze kuri Miliyoni 2.3 n'aho 'Jugumila' yakoranye na Dj Phil Peter na Kevin Kade imaze kurebwa n'abantu Miliyoni 3.6.

Ntiwakwibagirwa kandi indirimbo 'Bana' yabaye idarapo ry'umuziki mu mpeshyi ya 2023, yakoranye n'umuhanzi Shaffy wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika imaze kurebwa n'abantu barenga Miliyoni 10. Iyi ndirimbo yatumye aba bombi binjira ku rutonde rw'abahanzi batandatu bafite ibihangano byarangeje Miliyoni 10.

Kuri Junior Giti ni 'umusaruro w'imbaraga twashyize mu mikoranire n'abandi, ariko no gutega amatwi icyo sosiyete ishaka'.

Junior Giti yatangaje ko agiye gusinyisha undi muhanzi muri Giti Business Group

Junior yavuze ko imyaka ibiri ishize akorana na Chriss Eazy byamuhaye ishusho yo kwagura gushora imari mu muziki


Junior yavuze ko gutangira gufasha umuhanzi adafite uwo kurebereraho mu byo buhoraho byamukomye mu nkokora


Chriss Eazy ari kwitegura gushyira hanze indirimbo ‘Sehoma’ yahimbiye umubyeyi we

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘JUGUMILA’

 ">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘BANA’

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND