RFL
Kigali

Barimo utunze Miliyari 25.7 Frw ! Abaherwe binjije agatubutse kuri TikTok

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:19/04/2024 7:39
0


Imbuga nkoranyambaga zikomeje guhindurira ubuzima benshi binyuze mu buryo bunyuranye burimo kwamamaza ariko n'ayo bishyurwa nazo ubwazo bitewe n’ababakurikira bijyanirana n'ibyo bakora TikTok nayo ikaba itarasigaye inyuma.



Uko isi igenda itera imbere mu ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga bigenda birushaho guha imbaraga n’ubushobozi ababikoresha neza biganjemo urubyiruko.

 Ubu tukaba tugiye kurebera hamwe uko byifashe kuri Tik Tok aho benshi mu bakoresha uru rubuga basarura akayabo mu mashusho yo kubyina kuririmba n’ibindi.

Muri uyu mwaka wa 2024 hakaba ariko hari abaza imbere kurusha abandi bamaze kwigwizaho za Miliyoni babikesha uru rubuga rwa Tik Tok abanyarwanda nabo bakomeje gukoresha  byo ku rwego rwo hejuru.

1.Charli D’AmelioUmutungo rusange: Miliyoni 20 z’A,madorali [Miliyari 25.7Frw]

Yinjiza: Ibihumbi 100 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Ku myaka 19, yashyize hanze amashusho ya mbere muri 2019, bitewe n’amashusho adasanzwe ashyira hanze ari kubyina, uyu mukobwa yatangiye kujya atumirwa mu birori bikomeye mu mijyi irimo New York, bidatinze n’umuvandimwe we batangiye kugaragara mu biganiro bikomeye kuri televiziyo.

2.Addison RaeUmutungo rusange: Miliyoni 15 z’amadorali

Yinjiza: Ibihumbi 80 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Rae afite abiyemeje kumukurikirana barenga Miliyoni 80 kuri Tik Tok gusa bitewe n’amafaranga yabonye yakuraga kuri uru rubuga, yahagaritse amasomo ya Kaminuza akomeza kujya akora amashusho menshi arimo urwenya n’ibindi asangiza abamukurikira.

Bidatinze yahise agirwa umuvugizi w’ikompanyi rurangiranwa y’imyenda, anatangira ikiganiro ahuriramo na Mama we, Sheri Nicole kitwa ‘Mama Knows Best’ anatangira gukina filimi aho ari muri ‘She’s All That’.

3. Khabane LameUmutungo rusange: Miliyoni 15 z’amadorali

Yinjiza: Ibihumbi 92 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Lame uzwi nka Khaby Lame yamamaye cyane ku rubuga rwa Tik Tok kubera amashusho ashyira hanze arimo ubuhanga bwinshi afite inkomoko muri Senegal, amaze gusohoka inshuro zitari nkeya muri Forbes.

4.Burak OzdemirUmutungo rusange: Miliyoni 12 z’amadorali

Yinjiza: Ibihumbi 66 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Burak uzwi nka CZN uretse kuba amaze gushinga imizi mu bakoresha Tik Tok ariko ni umuhanga mu guteka, afite resitora mu mijyi itandukanye nka Taksim, Aksaray, Etiler, Dubai na Tajikistan. Ubuhanga bwe mu guteka akaba aribwo yifashishije atangira gukoresha uru rubuga rumaze kumugeza ku kayabo.

5.Dixie D’AmelioUmutungo rusange: Miliyoni 10 z’amadorali

Yinjiza: Ibihumbi 30 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Dixie avukana na Charli, akurikirwa n'abagera kuri Miliyoni 56.4, amaze kugira kompanyi zitari nkeya zimwitabaza mu bikorwa byo kwamamaza ziganjemo izitunganya imyenda n’ibikoresho by’ubwiza, ibintu asangiza abamukurikira bikaba byibanda ku muziki.

6.Bella PoarchUmutungo rusange: Miliyoni 9 z’amadorali

Yinjiza: Ibihumbi 30 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Poarch yamamaye cyane guhera muri 2020, afite abamukurikira bagera kuri Miliyoni 92, ari mu binjiza menshi kuri buri kintu asangije abamukurikira  ndetse byitezwe ko mu gihe kitari icya kure ashobora kuzayobora urutonde rw'abatunze agatubutse bakesha uru rubuga.

7.Baby ArielUmutungo rusange: Miliyoni 6 z’amadorali

Yinjiza: Ibihumbi 32 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Ariel akurikirwa n’abarenga Miliyoni 36, abamukurikira bakunda uburyo akora ibintu uretse kuri uru rubuga no kuzindi zirimo YouTube, X, Instagram n'ahandi naho arakuzwe cyane.

8.Zach KingUmutungo rusange: Miliyoni 13 z’amadorali

Yinjiza: Ibihumbi 41 by’amadorali kuri buri kintu anyujije kuri uru rubuga

Zach yatangiye gushyira amashusho hanze ku rubuga rwa YouTube muri 2008 byanamuheshe ibihembo bitandukanye nka YouTube NextUp 2013 atangira no kujya ayobora ibiganiro na filimi ntoya zitandukanye.

Mu nyuma yaje kuba ikindi kintu mu birebana n’urubuga rwa TikTok, umutungo we ubarirwa hagati ya Miliyoni 3 z’amadorali kugera kuri 13 z’amadorali.

Abo twagarutseho muri iyi nkuru ni abafite agatubutse kugeza ubu kandi binjiza menshi kuri buri kintu basangije ababakurikira kuri TikTok, bakaba bafatirwaho uregero n’abatari bake ndetse uru rubuga rwabagize ibyamamare.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND