Ku mugoroba w'uyu wa kabiri 17 Mata Rayon Sports yari yakiriye Bugesera FC mu gikombe cy'Amahoro muri 1/2. Mu mukino ubanza Rayon Sports yari yasezereye Vision FC naho Bugesera FC yasezereye Mukura VS muri 1/4 cy'igikombe cy'Amahoro.
Mbere y'umukino, amahirwe menshi yahabwaga Rayon Sports ko itsinda Bugesera FC, ariko si ko byagenze kuko ku munota wa 27 ikipe ya Bugesera FC itazuyaje yafunguye amazamu ku gitego cya Ssentongo Forouk.
Nk'uko bisanzwe, abafana bari bitabiriye ku bwinshi, gusa batashye bababaye cyane, ariko ntibabura byose binywera Skol izwiho kugira icyanga cyinshi. Umukino wo kwishyura uteganyijweko kuwa Kabiri w'icyumweru gitaha mu Bugesera.




 Rayon Sports ubwo yakoraga imyitozo ya nyuma yo kwishyushya ngo icakirane na Bugesera FC
Rayon Sports ubwo yakoraga imyitozo ya nyuma yo kwishyushya ngo icakirane na Bugesera FC




Bugesera FC ubwo nayo yakoraga imyitozo yo kwishyushya mbere y'uko umukino utangıra

Abakinnyi 11 babanjemo mu ikipe ya Rayon Sports yakiriye umukino

Abakinnyi Bugesera FC 11 yahisemo gukoresha ku mukino yakiriwemo na Rayon Sports



Hoziyana Kennedy niwe wari kapiteni wa Bugesera FC



Rutahizamu wa Bugesera FC, Anni Elijah ufite ibitego 14 muri shampiyona kuri uyu mukino yabanje ku ntebe y'abasimbura





Umwataka watakita Rayon Sports ukomoga mu gihugu cya Uganda, Bhaale Charles, yashakishije igitego biranga, ba myugariro ba Bugesera FC bari bahagaze neza




Tuyisenge Arsene wari uri guca ku ruhande rw'iburyo yatakira Rayon Sports ba myugariro ba Bugesera bari bamubereye ibamba




Ku munota wa 27 gusa byari bihagije ngo Bugesera FC iterekemo igitego cya mbere cyatsinzwe na Ssentongo Forouk







Abakunzi ba Rayon Sports ndetse n'abayobozi ubwo biyumvishaga gutsindwa na Bugesera FC



Nsabimana Aimable, myugariro wa Rayon Sports ntako atagize ariko biranga



Kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin ubwo yazamukanaga umupira ariko Hoziyana Kennedy wari Kapiteni wa Bugesera FC akamubera ibamba





Myugariro wa Bugesera FC Isingizwe Rodrigue wari wazengerejwe na Youssef Rharb yageze aho amutunga urutoti ngo "niwongera kuncenga ndakurambika hasi"


 Haringingo utoza Bugesera FC nta gihunga yari afite
Haringingo utoza Bugesera FC nta gihunga yari afite




Umutoza wa Rayon Sports, Julien Matte ubwo yitegerezaza uko umukino wagendaga




Umuzamu wa Bugesera FC, Niyongira Patience, yari yakaniye uyu mukino dore ko yagiye akuramo imipira ikomeye






Tuyihimbaze na Dushimimana Olivie ubwo bazamukanaga umupira ariko bagasanga ba myugariro ba Rayon Sports bahagaze bwuma!






Ubwo Youssef Rharb yahushaga igitego, abari ku ntebe y'abasimbura, abakinnyi n'abatoza bahagurutse bazi ko igitego cyagiyemo!!










Abafana ba Rayon Sports bari bitabiriye ku bwinshi nk'ibisanzwe nubwo ikipe yabo itabashije kubona intsinzi, gusa ntacyo byari bibwiye bamwe mu bafana kuko barimo binywera ikinyobwa cya Skol
Kanda hano ubere andi mafoto yaranze umukino wahuje Rayon Sports na Bugesera FC
Amafoto: Ngabo Serge - InyaRwanda.com

