RFL
Kigali

Kigali Boss Babes baratandukanye? Alliah Cool yasubije- VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:16/04/2024 10:24
0


Umukinnyi wa filime Amb. Isimbi Alliance wamenyekanye nka Alliah Cool, yatangaje ko we na bagenzi be bahuriye muri Kigali Boss Babes batigeze batandukana nk'uko bimaze iminsi bivugwa, kuko birenze kuba itsinda ahubwo ni kompanyi inanditswe mu Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Iterambere (RDB).



Abavuga ko batandukanye barashingira ku kuba batarakigaragara mu ruhame bari kumwe, ndetse kenshi ibikorwa Alliah Cool ategura akunze kugaragara atari kumwe n’abo. Banashingira ku kuba imwe mu mishinga bari bateguje mu gihe cya vuba irimo no gushyira hanze filime igaruka ku buzima bw'abo itarajya hanze.

Ubwo yari avuye mu gihugu cya Kenya mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, aho yegukanye igikombe cy'umukinnyi wa filime wahize abandi 'Best Film Star Act', Alliah Coool yabajijwe n'itangazamakuru ibivugwa ko Kigali Boss Babes yatandukanye, asubiza ko bitigeze bibaho kuko ari 'kompanyi ifite n'ibyangombwa'.

Ati "Kigali Boss Babes iracyahari, Kigali Boss Babes ni kompanyi yanditse muri RDB kandi iracyahari."

Abagize Kigali Boss Babes bavuga ko imyaka irenze 10, ubushuti bwabo n’ibikorwa by’ishoramari bakora byagutse, byatumye igihe kimwe bagira igitekerezo cyo kwihuriza hamwe kugirango bibagirire akamaro bigera no ku bandi.

La Douce avuga ko Kigali Boss Babes ari ihuriro ry’’Umugore wihagazeho/wigenga, ufite inzozi zagutse, utekereza kure, uzi icyo ashaka, ufite indangagaciro, kandi utaruhuka kugeza ageze ku nzozi ze’.

Iri tsinda rikimara gushingwa havuzwe byinshi, bamwe ku mbuga nkoranyambaga bibaza aho bakuye amafaranga n’ibindi byatuma bagaragara nk’abagore b’abanyamafaranga.

Alliah yigeze kubwira Kiss Fm ko bitabaciye intege nubwo hari abavuze ko bibonekeje, ariko kuri we siko abibona. Ati “Kwibonekeza ni byiza. Buriya utibonekeje ugasigara inyuma y’abandi waba usigaye, wazasigara inyuma y’abandi.” 

Alliah Cool yavuze ko gushyirwa ku rutonde rw'abari bahataniye ibihembo ‘East Africa Arts Entertainment Awards’ byatanzwe ku nshuro ya gatatu, hashingiwe ku bikorwa bye bya cinema yagiye akora mu bihe bitandukanye, binashamikiye ku bikorwa by'ubugiraneza kuri sosiyete.

Ati "[….] Bari bavuze ko ari umusitari wa Cinema ariko ukora ibikorwa bifitiye sosiyete akamaro, rero nareba abantu duhanganye, nakireba nanjye nka Ambasaderi nkavuga nti kano kantu gahita kabakubita, kakabashyira hehe hasi."

Alliah Cool yavuze ko atagiye muri Kenya kubera ibi bihembo, ahubwo ko byahuriranye na gahunda yari afite muri iki gihugu. Yavuze ko inzozi ze zirenze ku guhabwa igikombe, kuko yihaye intego yo kwagura imikorere ye akagiranye ubufatanye n'abanyamahanga.

Akanama Nkemurampaka kifashishijwe mu gutanga amanota, ndetse hanabaye icyiciro cy'amatora yo kuri Internet cyari gifite amajwi 50%. Yavuze ko umuhate ashyira mu bikorwa bye, gukorana n'abantu banyuranye biri mu bimufasha kugera ku nzozi ze.

Imyaka irenga 11 ari muri Cinema ntiyigeze akora filime y'uruhererekane (Series), yavuze ko ahanini biterwa n'ubushobozi ndetse n'umwanya uhagije.

Yavuze ko kuba yegukana ibihembo byinshi muri Cinema, ahanini bituruka ku kuba yarashyize imbere kumenyekana n'abantu bategura ibihembo nk'ibi, hanyuma buri uko batangaje itegurwa ry'ibihembo agatangamo filime.

Uyu mukinnyi wa filime, yavuze ko igikombe yegukanye yagituye abatuye mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba, kandi muri iki gihe yihaye intego yo kumenyekanisha ibikorwa byo muri EAC.

Ati "Urumva EAC abantu benshi bumva Igiswahili, ngira amahirwe igiswahili ndakizi, ni amahirwe, kuko narakize. Niyo mpamvu ndi kwita cyane kuri EAC, kandi nizeye ko bizakunda."

Alliah Cool ni umukinnyi wa filime wamenyekanye cyane muri filime ‘Rwasa’ yitwa Nelly, ndetse akaba ari n'umufana ukomeye wa Rayon Sports.


Alliah Cool yageze i Kigali nyuma yo kwegukana igikombe ‘Best film star of year East Africa'


Alliah Cool yavuze ko kwegukana iki gikombe abicyesha ibikorwa yakoze bifasha sosiyete ndetse na filime yagiye ashyira hanze


Alliah Cool yatangaje ko Kigali Boss Babes batigeze batandukana kuko ari kompanyi






   


KANDA HANOUREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA ALLIAH COOL NYUMA YO KUGERA I KIGALI

"> 

VIDEO: Freddy Rwigema- InyaRwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND