RFL
Kigali

Kwibuka30: King James na Prosper Nkomezi bagaragaje umusanzu ukenewe ku bahanzi n’amadini-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/04/2024 16:02
0


Abahanzi King James ndetse na Prosper Nkomezi batangaje ko urubyiruko ari bo hazaza h'Igihugu, bityo ko mu murongo wo gufata inshingano bakwiye kumenya amavu n'amavuko y'u Rwanda, ariko kandi ni inshingano zireba abahanzi ndetse n’amadini mu kubaka ubumwe n'ubwiyunge.



Babitangaje mu kiganiro na InyaRwanda, ubwo bagarukaga ku bikorwa n'imyitwarire ikwiye kuranga urubyiruko muri iki gihe u Rwanda n'Isi bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw'abarenga Miliyoni.

King James yavuze ko mu gihe nk'iki, urubyiruko rukwiye gushyira imbaraga cyane mu kwiga amateka y'Abanyarwanda, ariko kandi no mu bihe bisanzwe bikaba uko.

Ati "Intwaro urubyiruko rwakoresha mu kurwanya abahakana, bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ugukomeza gusura inzibutso, gukomeza kwiga amateka, kandi twiga amateka nyayo asobanutse, kandi tukarushaho kujya inama no kubiganiraho bya buri munsi."

Uyu muhanzi avuga ko uretse kujya gusura inzibutso za Jenoside, urubyiruko rukwiye no gushyira imbaraga cyane mu kwegera abakuru, bazi neza amateka y'u Rwanda kuko 'barahari bagize uruhare mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi'.

King James avuga ko nk'umuhanzi bafite umukoro wo gukomeza guhanga ibihangano bishishikariza ubumwe bw'Abanyarwanda, kandi 'abahanzi bagomba kwifatanya n'abandi mu bikorwa byo kwibuka cyane cyane muri iki gihe twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, tukarushaho kubana n'abandi."

Uyu muhanzi avuga ko bagenzi be bakwiye gushyira imbaraga cyane mu gukoresha imbuga nkoranyambaga, gusura inzibutso, gusura abarokotse mu rwego rwo kugira uruhare mu rugendo rw'u Rwanda rwifuzwa.

Anavuga ko mu gihe nk'iki, urubyiruko rukwiye kwitabira ibiganiro bitegurwa kuko bivugwamo byinshi byerekana uko umugambi wa Jenoside wateguwe kugeza ushyizwe mu bikorwa. Ati "Bigire ku mateka, bamenye amateka kandi nibo bazarwubaka." 

Yunganirwa n'umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi uvuga ko muri iki gihe cyo kwibuka, Abakristu bakwiye kurangwa n'imyitwarire ikwiye irimo 'kwifatanya n'Igihugu kwitabira, ibiganiro, gutanga ubutumwa bw'ihumure n'isanamitima ndetse n'ibindi bikorwa bitandukanye'.

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zinyuranye, yavuze ko amadini akwiye kugira uruhare rukomeye mu kwigisha, ubumwe, urukundo ndetse no gushishikariza Abakristo gusura inzibutso, kumenya amateka kugirango ubumwe n'ubwiyunge babwimakaze.

Prosper Nkomezi wamamaye mu ndirimbo zinyuranye, yavuze ko mu gihe nk'iki ashishikariza urubyiruko kugira uruhare mu guhangana n'abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko ari urugamba rushoboka, kuko bisaba gukoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaza ukuri. Ariko kandi, abahanzi nabo bafite umukoro wo guhanga ibihangano by'isanamitima no kwifatanya n'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.


King James yatangaje ko abahanzi bakwiye kurushaho guhanga ibihangano by’isanamitima, kandi urubyiruko rukihatira kwiga no kumenya amateka y’u Rwanda


Prosper Nkomezi yatangaje ko amadini akwiye gushyira imbaraga mu nyigisho zubakiye ku bumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda

KANDA HANOUREBE AMASHUSHO Y’IKIGANIRO TWAGIRANYE NA KING JAMES NA PROSPER NKOMEZI

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND