RFL
Kigali

Kwibuka30: Clarisse Karasira yasabye kurwanya amacakubiri, Nice Ndatabaye atanga ihumure ku barokotse Jenoside -VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:11/04/2024 18:24
0


Umuhanzikazi Clarisse Karasira ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na Nice Ndatabaye ubarizwa muri Canada, bakomeje abarokotse Jenoside muri iki gihe u Rwanda n’Isi bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.



Mu butumwa bw'amashusho, Clarisse Karasira yahaye InyaRwanda, yavuze ko muri iki gihe u Rwanda n'Isi bibuka ku nshuro ya 30, akomeza aborokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yavuze ati: "Muri ibi bihe twibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, nifuza kwihanganisha ndetse no gufata mu mugongo ababuze ababo."

Clarisse wamenyekanye mu ndirimbo zinyuranye zirimo nka ‘Twapfaga iki?’, yavuze ko Abanyarwanda bakwiriye kwimakaza indangagaciro y’ubunyarwanda, kuko ari inkingi ikomeye Igihugu cyubakiyeho, bakirinda amacakaburi.

Akomeza ati "Ubutumwa natanga ni uko twarushaho gufatanya kurwanya amacakubiri, ndetse tugakorera hamwe, kugira ngo twiyubake, twiteze imbere ndetse kandi tugasenyera umugozi umwe, tukimakaza indangagaciro y'ubunyarwanda kugira ngo u Rwanda ntiruzasubire nk'aho rwahoze. Twibuke, twiyubaka."

“Ndi Umunyarwanda”, Clarisse Karasira yavuze ko isobanurwa nko ‘kwiyumvamo isano ihuza Abanyarwanda batewe ishema no kuba Abanyarwanda bahuriye ku gukunda u Rwanda, kururinda no kuruteza imbere. “Ndi Umunyarwanda” ikubiyemo ingingo eshatu z’ingenzi: kwiyumvamo ubunyarwanda (Rwandan spirit), indangagaciro na kirazira bigamije kwimakaza ubunyarwanda.

Ni mu gihe Nice Ndatabaye wamamaye mu ndirimbo zinyuranye, we yavuze ko muri iki gihe cyo kwibuka yihanganisha ‘imiryango y'ababuze ababo ndetse n'Igihugu muri rusange, mvuga ngo ntibizongera'.

Yisunze amagambo aboneka muri Yeremiya 29: 11 hagira hati “Erega nzi ibyo nibwira nzabagirira! Ni amahoro si bibi, kugira ngo mbareme umutima w’ibyo muzabona hanyuma. Ni ko Uwiteka avuga” uyu muhanzi yavuze ko Imana itazigera itererana abayo, kandi ko imbere ari heza.

Ati "Imbere ni heza, abasizwe mu kiri bato, mubayeho kandi muzabeho, ndetse muri ho kugira ngo musohoze ikivi cy'abanyu. Mukomere, kandi mwihangane."

Inyandiko iri ku rubuga rwa Internet ivuga kuri gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ itangira isobanura ko amateka y’u Rwanda mu kinyejana gishize yiganjemo byinshi byabangamiye isano hagati y’abanyarwanda.

Uko ubuyobozi bwagiye buhindagurika kuva mu gihe cy’abakoloni na nyuma yaho, imbaraga zabwo zakomeje kubakirwa ku macakubiri yagize ingaruka ku mibereho n’imibanire y’abanyarwanda. 

Muri izo ngaruka twavugamo: ubuhunzi, guhezwa kwa bamwe ku byiza by’Igihugu, kwironda mu buryo butandukanye, ubwicanyi n’intambara byaje gusozwa na Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994.

Inzira ndende yo kongera kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda yahereye ku kubohora igihugu no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi. Ihame ry’ubunyarwanda ryahawe agaciro, hagiyeho Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, uburyo bw’imiyoborere busangiwe na bose, no kubaka inzego zishimangira kandi zigashyigikira ubumwe bw’abanyarwanda nk’uko buteganywa n’Itegeko Nshinga ryo muri Kamena 2003.

Muri urwo rugendo, Abanyarwanda banze kuba imbata z’amateka bimika umuco w’ibiganiro bashaka ikibubaka nk’abantu, kikubaka n’Igihugu muri rusange. Urugero ni nk’Ibiganiro-nyunguranabitekerezo byo mu Urugwiro byabaye Gicurasi 1998 kugeza Werurwe 1999, byatanze icyerekezo mu kubaka Igihugu (Nation), harimo Politiki y’Ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda, Imiyoborere myiza, Umutekano, Ubutabera, Inkiko Gacaca n’Icyerekezo 2020.

Uwo muco w’ibiganiro byubaka kandi bifasha Abanyarwanda kwikemurira ibibazo wakomeje gushinga imizi no mu zindi nzego zinyuranye. Mu gukomeza guharanira ko ibyagezweho biramba, ni ngombwa gushingira ku ihame ndakuka ry’Ubunyarwanda (Rwandan Spirit).

Zimwe mu ngamba zo kubaka ubunyarwanda, ni gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, igamije gutoza abanyarwanda kwiyumvamo ubunyarwanda mbere y’ibindi, kubana nta rwikekwe no gushyira inyungu rusange n’iz’igihugu mbere y’inyungu bwite, binyuze mu rubuga rw’ibiganiro bagirana mu bwisanzure.

Uretse umurimo ukorwa cyane binyuze muri Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, hari n’izindi ntambwe zatewe n’indi miryango muri uru rugendo rwo kubaka ubunyarwanda.

Clarisse Karasira yasabye ko buri wese aharanira kurwanya amacakubiri

Nice Ndatabye yasabye abarokotse Jenoside gukomeza gutwaza gitwari, baharanira kwiteza imbere

KANDA HANO UREBE UBUTUMWA BWA CLARISSE KARASIRA


KANDA HANO UREBE UBUTUMWA BWA NICE NDATABAYE

 ">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND