RFL
Kigali

Kwibuka30: Intore Tuyisenge yagaragaje uruhare abahanzi bagize mu isanamitima nyuma y'abijanditse muri Jenoside- VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:10/04/2024 18:38
0


Umuhanzi akaba n'Umuyobozi w'Urugaga rw'Abahanzi mu Rwanda, Tuyisenge Intore, yatangaje ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abahanzi bari bafite umukoro ukomeye wo gukora ibihangano by'isanamitima n'ihumure bahinyuza abijanditse mu mugambi wa Jenoside.



Tuyisenge yabwiye InyaRwanda ko hari abahanzi bakoresheje inganzo mu kubiba urwango, bityo ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abahanzi bari bafite umukoro wo kongera kwigarurira icyizere cy'abantu binyuze mu bihangano by'isanamitima.

Ati "Abahanzi twari dufite umukoro ukomeye. Kuko hari abahanzi bagenzi bacu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kubera ibihangano bakoze byagiye bibiba inzangano, byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, (rero) twari dufite umukoro wo kugira ngo tugaragaze indi sura itandukanye n'iyo Abanyarwanda batubonagamo, tunashimira ko hari urundi rubyiruko rw'abahanzi bagize uruhare mu kubohora iki gihugu."

Tuyisenge yavuze ko muri uru rugendo, abahanzi batakoze ibihangano gusa, ahubwo banitabiriye ibikorwa birimo gusura inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi, kuremera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kandi batanze 'Mutuelle de Sante' ndetse bakora n'ibindi bikorwa.

Uyu muyobozi akaba n'umuhanzi, agaragaza ko n'ubwo abahanzi bari mu byiciro bitandukanye by'ubuzima, binyuze mu itorero ry'Igihugu bigishijwe amateka y'u Rwanda ndetse n'indangagaciro zikwiriye kubaranga.

Tuyisenge avuga ko ibi byafashije kumenya amateka ya nyayo. Asobanura ko mu myaka 30 ishize, abahanzi bagize uruhare rukomeye mu isanamitima binyuze mu bihangano bagiye bashyira hanze.

Ati "Mu myaka 30 ishize abahanzi bagize uruhare rukomeye mu isanamitima ku banyarwanda, aho hakozwe ibihangano byinshi bitandukanye yaba imivugo, indirimbo, amakinamico ndetse na Cinema bigaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n'amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi."   

Ati "Mu myaka 30 ishize abahanzi bagize uruhare rukomeye mu isanamitima ku banyarwanda, aho hakozwe ibihangano byinshi bitandukanye yaba imivugo, indirimbo, amakinamico ndetse na Cinema bigaruka kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n'amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi."

 

Tuyisenge yatangaje ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abahanzi bari bafite umukoro ukomeye


Tuyisenge yavuze ko uretse gukora indirimbo z’isanamitima, bafashije n’abarokotse Jenoside

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA INTORE TUYISENGE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND