Abanyamuziki Mpuzamahanga Ali Saleh Kiba [Ali Kiba] wo muri Tanzania ndetse na Tugume Wycliff [Ykee Benda] wo muri Uganda bifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Aba bombi
batangaje ubutumwa bwabo bifashishije urubuga rwa Instagram, bagaragaza ko
bari kumwe n’u Rwanda n’Isi muri iki gihe bibuka ku nshuro ya 30 Jenoside
yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw’abarenga Miliyoni mu gihe cy’iminsi 100 aho bicwaga amahanga arebera.
Mu bihe
bitandukanye Ali Kiba yakunze kugaragaza ko yumva neza amateka asharira
Abanyarwanda banyuzemo, akifatanya nabo mu kuzirikana no kunamira inzirakarengane
zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ari mu
bahanzi Mpuzamahanga basaba buri wese guharanira ko Jenoside itazongera kubaho
ukundi. Uyu munyamuziki w'imyaka 37 y'amavuko wamenyekanye cyane mu ndirimbo
zirimo nka 'Mwana', 'Dodo' yanditse avuga ‘Turi kumwe namwe Rwanda muri ibi
bihe’.
Ali Kiba ari
mu bahanzi bubashywe muri Tanzania akaba umwanditsi w’indirimbo uri mu bakomeye
wita cyane ku kuririmba indirimbo zubakiye ku mudiho wa Bongo Flava.
Ni umwe mu
bakomoka mu gace ka Kigoma, ndetse yashinze inzu y’umuziki yise Kings Music
label, aherutse no gutangiza Radio yise ‘Crown Fm Radio’.
Arazwi cyane
binyuze mu ndirimbo zirimo nka: Mwana, Aje, Chekecha Cheketua, Cinderella,
Nakshi Mrembo, Usiniseme, Dushelele, Single Boy yakoranye na Lady Jaydee,
Mapenzi Yana Run Dunia, Macmuga n’izindi.
Mu butumwa
bwe bwo kuri Instagram, Ykee Benda wamamaye mu ndirimbo zinyuranye, yasabye
buri wese guhora yibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
no ‘gukorera ibyiza abana bacu n’abazabakomokaho.’
Ykee Benda
ari mu bahanzi bakomeye muri Uganda bagiye begukanye ibikombe byihariye mu
muziki. Ni umwanditsi w’indirimbo akaba na Producer.
Mu bihangano
bye yibanda cyane ku byubakiye ku njyana ya Afrobeats, Pop, Dancehall, R&B
ndetse na Reggae. Inyandiko zinyuranye zivuga ko yatangiye umuziki mu mwaka wa
2015, kuva ubwo atangira kumenyekana.
Ni umwe mu bahanzi babarizwa mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Mpaka Records abereye umuyobozi.
Amaze gukorana indirimbo n’abarimo Jason Derulo (USA),
Reekado Banks (Nigeria), Tekno (Nigeria), Jay Prayzah (Zimbabwe), Mr. Bow
(Mozambique), Manzu (Sierra Leone) n’abandi.
Ali Kiba
yifatanyije n’Abanyarwanda Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi
TANGA IGITECYEREZO