Umuhanzi mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo yise ‘Amateka’ yakoreye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi kuko ariho yarokokeye mu rwego rwo kubika amateka no gusaba urubyiruko guharanira kuyamenya.
Iyi ndirimbo
yasohotse mu gihe u Rwanda n’Isi bitegura gutangira icyumweru cy’icyunamo
tariki 7 Mata 2024 mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe
Abatutsi, yatwaye ubuzima bw’abarenga Miliyoni imwe mu gihe cy’iminsi 100 gusa.
Cyusa
Ibrahim yabwiye InyaRwanda ko yahimbye iyi ndirimbo agendeye ku myaka 30
ishize, aho avugamo amateka y’ibyabaye ‘kugirango n’abato bayamenye’.
Ni indirimbo
avuga ko yahimbye ubwo yari yagiye mu gitaramo mu Bwongereza, aho yataramiye
Abanyarwanda n’inshuti z’abo.
Yavuze ko nk’umuhanzi
yatekereje gutanga ‘umusanzu wanjye muri iki gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994’.
Muri iyi
ndirimbo yerekana ko urubyiruko ‘twiyemeje gukorera Igihugu duhashya buri wese
ugihembera ingengabitekerezo ya Jenoside yagejeje ku mateka asharira twanyuzemo’.
Yasabye
urubyiruko kudaha agaciro abapfobya n'abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi
kuko ari ‘abashaka kudusubiza mu mateka mabi twaciyemo’.
Cyusa
Ibrahim yakanguriye kandi ‘abarokotse ko uburyo bwiza bwo gusubiza ababiciye
cyangwa abatabifuriza neza, ari ugukora cyane tukiteza imbere’.
Akomeza ati “Ku
buryo uwakwifurije gupfa akubona ubayeho neza mu buryo atifuzaga, ikindi
uwashate kukwica ugahindukira ukamuha amata. Nta mugayo urenze uwo.”
Uyu muhanzi
yavuze ko yakoreye iyi ndirimbo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi kubera ko
ariho yarokokeye, kandi biri mu murongo wo kubika amateka.
Ati “Ikindi
amashusho nayafatiye ku rwibutso rwa Kamonyi, kuko ariko Karere Jenoside yabaye
ndi, muri make niho narokokeye.”
Mu buryo bw’amajwi iyi ndirimbo ‘Amateka’ ya Cyusa Ibrahim yakozwe na Bolingo Pacy naho amashusho yakozwe na Sixx Director.
Mu kwandika iyi ndirimbo, Cyusa Ibrahim yifashishije
Claude Abayisenga naho imyambaro yifashishijwe yatanzwe na Joyce Fashion.
Cyusa
Ibrahim yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo ‘Amateka’
Cyusa
Ibrahim yavuze ko yakoreye iyi ndirimbo mu Karere ka Kamonyi kubera ko ariho
yarokocyeye
Cyusa
yasabye urubyiruko kurwanya bivuye inyuma abahakana n'abapfobya Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994
KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘AMATEKA’ YA CYUSA IBRAHIM
TANGA IGITECYEREZO