RFL
Kigali

Yabyaye ku munsi w'ubukwe bwe ntibyahagarika ibirori

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:4/04/2024 12:11
0


Umugore umaze iminsi mu myiteguro y’ubukwe, yabyaye ku munsi nyirizina wahariwe ubukwe bwe, nyuma y’amasaha macye ajya gusezerana no gusoza ibirori byari bitegerejwe igihe kirekire.



Ibi ni bimwe byiswe ko amata yabyaye amavuta ubwo ku munsi wari utegerejweho ubukwe, abageni bakiriye umwana w’imfura yabo ariko ntibyabangamira ibirori byateganyijwe.

Mu rukerera ku isaha ya saa kumi 4h00 z’igitondo umugore utatangajwe imyirondoro yafashwe n’ibise ahita yibaruka, akomerezaho n’imyiteguro y’ubukwe bwaburaga amasaha macye, saa yine za mu gitondo (10h00).

Amashusho yanyujijwe ku rubuga rwa TikTok agaragaza umugore wibarutse nyuma y’amasaha macye agakomeza ibirori bye byo gushyingirwa akomeye nkaho nta kintu cyabaye.

Ati “Nari mfite ubukwe ndasezerana isaha ya saa yine mbyara mbereho amasaha ane. Sinari niteze ko nshobora kubyara kuri uyu munsi kuko nibarutse ku mezi arindwi”. Ubwo yamaraga kwitera ibirungo no kwitunganya, yambaye agatimba yerekeza ahateganijwe ubukwe.

Iyi nkuru yateye benshi gutangara bibaza niba bishoboka ko umuntu ashobora kubyara umwana nyuma y’amasaha macye akerekeza mu birori akajya gusezerana n’umukunzi we.

Abakurikira aba bantu batanze ubuhamya bw’abantu benshi bazi bakoze ubukwe bamaze kubyara kandi ubuzima bwabo bugakomeza kuba bwiza n’abana babo bakagira ubuzima bwiza.

Source: Legit.ng






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND