RFL
Kigali

Yashakaga kuba umuganga! Ubuzima bwa Dave, umuhanzi winjiye mu muziki yitwaje Album

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/04/2024 18:42
0


Umuhanzi David Tuyishime wahisemo izina rya L. Dave mu muziki, yatangaje ko yinjiye mu muziki mu buryo bw’impanuka, kuko atari inzozi yakuranye, ahubwo yashakaga kuba umuganga bizitirwa n’amagambo y’ushinzwe imyitwarire ku ishuri yizeho yamubwiye.



Uyu musore wavukiye mu cyahoze ari Kibuye mu Burengerazuba bw’u Rwanda, aravuga ibi mu gihe yashyize ahagaragara Album ye ya mbere y’indirimbo yise “Uko nahindutse urukundo." Amashusho y'indirimbo ziyigize yayafashe ubwo yakoraga igitaramo yise "Deep in God; Deep in Love."

Ni Album iriho indirimbo umunani zirimo nka: Ntirugira Iherezo, Umurimo w’ Urukundo, Warakoze ku nkunda, Indirimbo idacika, Uko nahindutse Urukundo, Ibendera ry’ubu Mana, Indirimbo y’Urukundo ndetse na ‘Yimuye ubuturo’.

Amashuri abanza ndetse n’icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye yize ku Kibuye, asoreza amasomo ye mu Agahozo Shalom i Rwamagana n’aho Kaminuza yiga muri ULK mu ishami rya ‘Finance’.

Uyu musore anafite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu (Masters) yakuye muri Kaminuza ya ASU yo mu gihugu cya Cameroon mu ishamir ya Arts in Teology.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Dave yavuze ko kwinjira mu muziki ntizari inzozi ze, kuko kuva kera yashakaga kuba umuganga.

Ati “Mu by’ukuri ntabwo byari inzozi zanjye gukora umuziki kuva kera ahubwo nari nzi ko nzaba muganga uvura abantu ariko mbonye ko ntabasha kuba muganga nshaka ubundi buryo nakiza umuntu ntakoreshe inshinge.”

Ariko kandi avuga ko amagambo yavuzwe n’uwari ushinzwe imyitwarire n’ayo yakomye mu nkokora inzozi ze. Ati “Nashakaga kuba muganga ariko turi ku ishuru tugiye guhitamo amasomo buri wese azi, uwari ushinze amasomo ku ishuri aratuganirira ati “Niba utabasha gupfuka igikomere cy’umuntu ntiwibeshye ko waba umuganga”. Iyo ngingo ubwayo niyo yatumye nzinga utwajye njya kwiga Computer.”

Uyu musore asobanura ko ntacyo yicuza mu kuba atarabaye muganga kuko ‘umurimo wo gufasha ubuzima bw’abantu nawukomereje mu muziki’.

Avuga ko kureka kwiga ibijyanye n’ubuzima, byatumye atekereza ubundi buryo bujyanye no gutanga ubutuma yifashishije ‘Tableau’ yagiye ahanga, akanyuzemo ubutumwa bwe.

Ni ibintu yatangiye gukora ubwo yarimo asoza amashuri yisumbuye, ariko zimwe mu nshuti ze zimubwira ko yakora umuziki cyane kurusha ibyo gushushanya

Akomeza ati “Icyo gihe ntangira gushushanya ama-tableau ngo nyuzemo ubutumwa bukiza ariko nyuma inshuti zanjye twabanaga mu Agahozo Shalom zinkururira mu muziki, icyo gihe nakoraga umuziki uwo benshi bita ‘Secular Music’.”

Yungamo ati “Ikirenze kuri ibyo hari inshuti yanjye twabanaga mu muryango we, yari yaratangiye umuziki ariko nanjye nkawukunda kuko nigaga gitari. Rimwe rero ari kwandika indirimbo ansaba kumufasha kwandika abona ndabizi maze aze kunsaba ko nafatanya nawe, ndemera maze ntwarwa ntyo.”

Dave yavuze ko yahisemo guhindura urugendo rw’umuziki noneho atangira gukora indirimbo zubakiye ku guhimbaza Imana, aho kwisanga mu ndirimbo zisanzwe.

Akomeza ati “Icyakora ubu ingingo nyamukuru ndirimba uyu munsi yamvutsemo ahagana mu mwaka wa 2015 ubwo "Urukundo rw'Imana rwarashe nk’ umucyo mwishi urenze uw’ izuba mu buzima bwanjye igihe Kristo Yesu anyihishurira binyuze mu Ijambo ry’ Ubuntu bwe ".

Avuga ko birumvikana mu ndirimbo zose yakubiye kuri Album ye ya mbere. Ati “Zose uko zingana ni ubuhamya bw’ ukuri muri Kristo, rero njye urukundo rwabaye nk' inyanja imize ubwo nakomezaga kumva ubutumwa bwiza bwa Kristo Yesu.”

“Ibyo nabonye kandi mbona muri Kristo nibyo nshyira mu manota ndetse nkabiha injyana (melody) kugira ngo biheshe bose banyumva kwinjira no kuryoherwa ubusabane buhoraho bw’Imana twese twinjijwemo na Kristo Yesu Umwami n’umukunzi wacu.”

Mu buryo bw’amashusho (Video) iyi Album yakozwe na Producer Sammy Pro usanzwe ukorera abahanzi bakomeye mu Rwanda barimo Israel Mbonyi. Uyu muhanzi avuga ko nyuma yo kumurika iyi Album, azagenda ashyira hanze buri ndirimbo iyigize.

Asobanura ko n’ubwo imyaka itatu ishize ‘avuga ko atangiye umuziki’ muri uyu mwaka ari bwo agiye gushyiramo imbaraga, abantu bakumva ibyo Imana yashyize muri we.

Yumvikanishije ko intego ye irenze kuba ku rutonde rw’abahanzi ba ‘Gospel’ mu Rwanda, ahubwo arashaka ko ijwi ‘ry’urukundo (Imana) ryomonganira muri njye ryumvikana hose bityo abantu bagaburirwe urukundo rw’Imana ku buryo barwumva mu buzima bwabo nk'igifatika’.


L. Dave yatangaje ko kwinjira mu muziki bitari inzozi ze kuko yashakaga kuba umuganga


Dave yavuze ko kuva mu mashuri yisumbuye abanyeshuri bamubwiraga ko yavamo umuhanzi mwiza


Dave yavuze ko yabanje no kugerageza gukora ibijyanye no gushushanya ariko aza kwisanga mu muziki cyane


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘NTUGIRA IHEREZO YA L. DAVE

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘UMUGAMBI’ IRI MU ZIGIZE ALBUM YA DAVE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND