RFL
Kigali

Uko umugoroba wo kuramya wabaye imbarutso yo kwinjira mu muziki kwa Josiane Mukeshimana

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/04/2024 12:39
1


Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Josiane Mukeshimana yatangaje ko yinjiye mu mubare w’abakora ‘Gospel’ ahanini biturutse ku gihe yamaze aririmba muri Korali z’abana n’umugoroba wo kuramya no guha ikuzo Imana amaze igihe ategura afatanyije na bagenzi be.



Uyu mukobwa uvuka mu muryango w’abana babiri, yabigarutseho nyuma y’uko ashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ya Kabiri yise 'Dufite Ibihamya' mu gihe amezi atanu ishize ari mu rugendo rw’umuziki, nk’imwe mu ntambwe yifuzaga gutera mu buzima bwe.

Yumvikanisha ko gukurira muri ‘Sunday School’ y’itsinda ryahuzaga abato mu myaka bagahuza imbaraga mu kwiga no kuririmba indirimbo, biri mu byatumye akura yumva ashaka kuzakorera Imana binyuze mu ndirimbo zinyuranye n’ubwo atari azi neza igihe Imana izamuhishurira.

Josiane Mukeshimana yabwiye InyaRwanda ko uko yagenda akura, yumva muri we urukundo rw’umuziki ruganza muri we, akumva atari ukubikunda gusa ahubwo ari n’umuhamagaro.

Ati “Numvaga nimara gukura nzabishyira ku rundi rwego kuko numvaga atari ukubikunda gusa, ahubwo byari umuhamagaro wanjye. Umwaka ushize rero mbona ari igihe gikwiye, mfata icyemezo, nibwo nakoze indirimbo ya mbere nyinshyira hanze.”

Muri iki kiganiro, yavuze ko hari abakorera Imana kubera ubushake cyangwa bagakorera Imana kubera bo bagendana n’aho bavuka, abandi kubera amaramuko ariko ‘njye nkora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana kubera ko aricyo nahamagariwe gukora’. Akomeza ati “Iyo ndi kuramya Imana mba numva ndi mu mwanya wanjye.”

Nk’umuhanzi ugitangira gukora umuziki, asobanura ko atarabona abamufasha mu bijyanye n’ubushobozi bwo gukora ibihangano ariko ‘Imana ica inzira ibihangano byanjye bikajya hanze’.

Asobanura ko ubuzima yakuriyemo n’ubundi bwamwerekezaga mu kuririmba kuko ‘na korali naririmbiragamo ari njye wazihimbiraga indirimbo kenshi’. Avuga ko ibi biri mu byatumye adashyira imbaraga mu kujya kwiga umuziki, ahubwo yafashe igihe cyo kwihugura mu kuririmba.

Akora indirimbo ya mbere yari afite amatsiko

Uyu mukobwa yavuze ko akora indirimbo ya mbere yari afite amatsiko yo kumva uko izasohoka imeze, ndetse n’uko izakirwa n’abantu batandukanye nyuma y’uko ayishyize hanze.

Asobanura ko umunsi wa mbere bafata amashusho y’indirimbo ye, batunguwe n’imvura nyinshi yaguye igihe kinini, bafata umwanzuro wo kwitwikira ibitenge no gukoresha ibitenga mu mashusho y’iyi ndirimbo, ariko imvura ibabera ibamba.

Ariko yishimira ko ‘mu bari baje kumfasha ntawigeze yivovota’. Ati “Bose bagumanye nanjye bishimye, ntibita kubiri kubabaho byose. Muri rusange uko umuntu atekereza indirimbo mbere yo kuyikora na nyuma biratandukanye, kuko biravunanye kandi birahenze cyane.”

Josiane yumvikanisha ko umuziki we atari uwa nonaho, atari uw’igihe runaka, ahubwo ni umurage mwiza wo kuramya no guhimbaza Imana.

Biri mu byatumye ashyiraho umugoroba wo kuramya no guhimbaza Imana akora afatanyije n’inshuti ze. Ni ibintu avuga ko bagize nk’inshingano.

Ati “Twabigize umuco! Biba ubuzima bwa buri munsi, rero icyo nshingiyeho gikuru ni ukwamamaza ubutumwa bwiza ku Isi yose biciye mu bihangano byo kuramya no guhimbaza Imana. Yesu niwe shingiro rya byose.”

Akomeza ati “Umugoroba uba buri munsi saa 22: 00’ icyo dukora turasenga, tukaramya, tugahimbaza binyuze mu ndiirmbo, tugasoma Ijambo ry’Imana, tugasengera ibyifuzo ndetse n’abarwayi n’Igihugu cyacu muri rusange.”

Mu bihe bitandukanye, hakunze kumvikana amajwi y’abafite aho bahuriye n’umuziki bumvikanisha ko harimo ruswa y’igitsina ituma bamwe mu bakobwa batabasha gutera imbere, ngo impano y’abo igaragare, Josiane Mukeshimana asobanura ko atarahura n’ayo, ahubwo ahura n’ibicantege birimo kubura ubushobozi bwo gukora ibihangano biri ku rwego ashaka.

Ati “Ibicantege byo biruzuye, ntibyabura, gusa ibikomeye ntago ari ibituruka ku bantu kuko ntaho bitandukaniye nacya gisakuzo kigiri kiti ‘cyasamye kitaryana’, ahubwo igikomeye ni uburyo bw’amikoro kuko bihenze cyane.”

Uyu mukobwa mu busanzwe yize ibijyanye n’amahoteli, ndetse yihugura mu bijyanye na Bibiliya. Avuga ko yabihisemo mu rwego rwo kugira ubumenyi ku buzima busanzwe ndetse n’ubumenyi ku bijyanye no gukorera Imana yisunze Bibiliya.

Josiane Mukeshimana yatangaje ko kwinjira mu muziki ahanini byaturutse ku mugoroba wo kuramya no guhimbaza Imana ahuriramo na bagenzi be

Josiane yavuze ko yakuriye korali, kandi ko ariwe wabandikiraga indirimbo mu bihe bitandukanye


Mukeshimana avuga ko ashaka gukora ivugabutumwa ryagutse yisunze impano Imana yamuhaye


Uyu mukobwa avuga ko ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ye ya mbere ryari riruhanyije

KANDA HANO WUMVE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO 'AMASEZERANO' YA JOSIANE

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO 'DUFITE IBIHAMYA' YA JOSIANE 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Muhawenimana fiston3 months ago
    Komerezaho uwiteka agushoboze





Inyarwanda BACKGROUND