Ikipe y'igihugu Amavubi yatsinze igihugu cya Madagascar ibitego 2-0, asoza imikino ya gicuti ahagaze neza cyane.
Uyu
mukino watangiye ku isaha ya 15:00 PM ya Kigali, Amavubi akaba ariyo yari
yakiriye n'ubwo Madagascar yari murugo. Umukino watangiye u Rwanda rufite
igihunga, aho umukinnyi Manzi Thierry na Mutsinze Ange bakoze amakosa aganisha
ku gitego nyuma yaho bose bashakaga gucenga abakinnyi ba Madagascar bikarangira
bawubatse.
Umutoza
w'ikipe y'igihugu Amavubi Frank yari yakoze impinduka aho mu izamu Maxime yari
yasimbuye Ntwari Fiacre, ndetse Hakim Sahabo yinjira mu kibuga.
Abakinnyi 11 Amavubi yabanje mu Kibuga
Wenssens
Maxime
Imanishimwe
Emmanuel
Manzi
Thierry
Mutsinzi
Ange
Omborenga
Fitina
Bizimana
Djihad
Rubanguka
Steve
Muhire
Kevin
Mugisha
Gilbert
Nshuti
Innocent
Sahabo
Hakim
Ku
munota wa 30 nibwo u Rwanda rwafunguye amazamu ku mupira Muhire Kevin yatereye
ahagana ku murongo ugabanyamo ikibuga kabiri, usanga Mugisha Gilbert
yawukurikiye neza, ahita awufunga areba uko umunyezamu ahagaze, atereka umupira
mu rucundura.
Igice
cya mbere cyarangiye ntazindi mpinduka zibaye amakipe yombi ajya kuruhuka u
Rwanda ruyoboye n'igitego kimwe ku busa.
Mu
gice cya mbere, u Rwanda na Madagascar bateye koroneri imwe, u Rwanda
rwaraririye inshuro 5 mu gihe Madagascar yabikoze inshuro 3 Madagascar yakoze
amakosa 8 mu gihe u Rwanda rwakoze amakosa 4.
Mu gice cya kabiri amakipe yagarukanye abakinnyi yari afite, ndetse ubona ko umutoza w'amavubi atari yiteye gukora impinduka cyane kuko yari yatangiye kubara amanota 3 ndetse no kuyarwanirira. Nyuma y'iminota mike Frank utoza Amavubi yaje gukora impinduka, biramahire Abby yinjira mu kibuga.
Imanishimwe Emmanuel umukino ugitangira yagize ikibazo cy'imvune ariko arakomeza umukino arawusoza
Umutoza
yakomeje gukora impinduka buhoro buhoro nkaho yashyizemo Gitego Arthur kugera
kuri Hakizimana Muhadjri nawe wasimbuye bwa nyuma havuyemo Sahabo Hakim.
Nyuma
y'iminota mike gusa Hakizimana Muhadjri yinjiye mu kibuga, Bizimana Djihad yaje
gufata umwanzuro ari inyuma y'urubuga rw'amahina areba uko umunyezamu wa
Madagascar ahagaze, arekura ishoti rikomeye ririhukira mu shundura, u Rwanda
ruba rubonye igitego cya kabiri.
Umusifuzi
yongejeho iminota 4 ntiyagira impinduka itanga, umukino urangira ari ibitego 2
by'amavubi ku busa bwa Madagascar. U Rwanda rwahise rusoza imikino rwari rufite
aho rwatahanye amanota 4 kuri 6 kuko bari banganyije na Botswana ubusa ku busa.
Maxime umukino we wa mbere akiniye ikipe y'igihugu Amavubi, awushoje afite amanota 3 ndetse atinjijwe igitego
Bizimana Djihad watsinze igitego cya kabiri, yongeye kwerekana ko ari umukinnyi mwiza u Rwanda rufite
Manzi Thierry yatangiye umukino ahuzagurika, gusa yaje kwinjira mu mukino bigenda neza
Mugisha Gilbert mu mikino 5 aheruka gukinira amavubi, afitemo ibitego 3
TANGA IGITECYEREZO