RFL
Kigali

Faustinho yavuze icyatumye yerekeza kuri Isibo TV & Radio -VIDEO

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:23/03/2024 18:58
1


Umunyamakuru uri mu bakunzwe mu Rwanda, Mugenzi Faustin uzwi nka Faustinho yavuze icyatumye ahitamo kwerekeza kuri Radiyo nshya ya Isibo FM yibarutswe na Isibo TV.



Uramutse ukoresha imbuga nkoranyambaga cyane ntabwo wabura kuba hari aho wabonye Radio nshya ya Isibo ivugira kuri 98.7 bitewe n’abanyamakuru basanzwe bazwi cyane iri kwibikaho bo mu biganiro by’imyadagaduro na siporo.

Umwe mu banyamakuru bazajya bakora mu kiganiro cya siporo cyanatangiye uyu munsi kuwa Gatandatu, Faustinho yaganriye na InyaRwanda Tv agaruka kuri byinshi birimo n’impamvu yatumye afata umwanzuro wo kwerekeza ku Isibo.

Yavuze ko icyamweje ari igihe iki gitangazamakuru kimaze ndetse n’umushinga gifite dore ko n’abakiyobora batuma umunyamakuru yisanzura.

Yagize ati: ”Icyanyemeje ahanini ni igihe iki gitangazamakuru kimaze. Ni gishya ariko kuri uko kuba gishya cyaraje gihita gifatisha. Televiziyo Isibo irakurikirwa hano mu Rwanda, urabibona n’ibikorwa irimo itegura.

Nk'ejo bundi naraje duhita duhera kuri Rwanda Premier League Awards, ndebye ubutumwa mbona ko iba ikurikirwa cyane. Cyangwa se urumva no kuba ari televiziyo nshya ariko ikaba icishwaho ibyo bihembo by’ukwezi ni ibintu bikomeye.

Njyewe nanyuzwe n’uwo mutekano Isibo TV ifite kuva yatangira, burya ntibakubeshye ureba ikigo uvuga ngo ese hano nzahakorera numvikane, ibyo nzakora abaturage bizabageraho mu buryo bworoshye.

Abantu batanatekereza ibindi, ikintu cya mbere umunyamakuru akunda ni ahantu nyine ukora ibintu byawe, abantu bakabyumva ndetse ukanareba n’ubuyobozi butazakugora kuko numvise umushinga wabo ni abantu batagoranye.

Ubona ko ni igitangazamakuru kitazitira umunyamakuru ahubwo kimufasha no kuzamura izindi mpano zimurimo…. Ibyo biri mu byankuruye ariko n’amafaranga nayo aba akenewe.  

Ikiza ni icyo ngicyo cyo kuvuga ngo ni Radio yifuza ko uha ibyiza abanyarwanda, nanjye rero naravuze nti kuki ntaba ndi umwe mu bazatanga ibyo bintu kandi ndabizi ko bizagenda neza”.

Mugenzi Faustinho wari umaze umwaka n’amezi 2 akora ku Ishusho Tv yavuze kandi ko udushya abantu bagiye bamumenyeraho cyane cyane binyuze mu kogeza imipira ntaho twagiye bityo ko bazakomeza kutwumva ndetse akaba yumvaga anakumbuye gukorera kuri Radiyo.

Uyu munyamakuru uvuka mu karere ka Huye yatangiye itangazamakuru ahereye kuri Contact FM/TV muri 2015, muri 2019 yerekeza ku Isango Star, ahava nyuma y’umwaka umwe ajya kuri Radio & TV 10 naho ahava muri 2023 yerekeza ku Ishusho TV.

Kanda hano urebe ikiganiro twagiranye na Faustinho







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mugarura David 1 month ago
    Twishimiye iyi transfer rwose, ubundi akomeze guhamya ibigwi gusa na none ibintu bye byo kutaramba ahantu abigabanye uziko Aho yatinze yaramaze 2years? Iyo mibare nk'iya Jullien Mette mbere yo kuza muri Gikundiro ayigabanye rwose hhhhhhh Amahirwe masa muhungu wacu.





Inyarwanda BACKGROUND