RFL
Kigali

Amavu n’amavuko y’Itorero Inyamibwa n’ibyo kwitega mu gitaramo ‘Inkuru ya 30’

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/03/2024 11:56
0


Itorero Inyamibwa AERG ryatangaje ko ryiteguye gutanga ibyishimo bisendereye no kugaragaza ubukungu buhishe mu muco w’u Rwanda mu gitaramo bateguye bise “Inkuru ya 30” kizashushanya imyaka 30 ishize Igihugu kibohoye n’aho kigana.



Ni kimwe mu bitaramo bimaze igihe cyamamazwa! Kizaba ku wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024 mu nyubako y’imyidagaduro ya BK Arena. Ni ubwa mbere Itorero gakondo rigiye gukorera igitaramo muri iriya nyubako, ikodeshwa arenga Miliyoni 24 Frw ku munsi umwe.

Mu bihe bitandukanye abahanzi nyarwanda bagiye bayitaramiramo mu bitaramo bagiye bahuriramo n’abandi, no ku banyamahanga ni uko byagenze!

Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabereye muri Kigali Convention Center, tariki 23-24 Mutarama 2024, Perezida Kagame yavuze ko imyaka 30 ishize u Rwanda rwihoboye “irimo ibyo byago ariko irimo n'igihugu guhinduka kiba igihugu gikwiye kitari ikijyanye n'ayo mateka.”

Ati "Imyaka 30 irimo ibintu bibiri: Irimo ibyo byago ariko irimo n'igihugu guhinduka kikaba igihugu kindi dukwiye, kitari ikijyanye n'ayo mateka nayo twibuka".

Yavuze ko muri ibyo bigenda bihinduka mu rugendo rw'iterambere ry'u Rwanda n'ubuzima bw'abantu n'imiterere y'Igihugu' bijyanye n'ukuntu ibisekuru bisimburana. Yavuze ko abagejeje imyaka 30 ingana n'iyo u Rwanda rumaze 'igihugu kibitezeho guhindura igihugu neza'.

Itorero Inyamibwa rivuga ko imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye hari byinshi rwagezeho bashaka kuzagaragaza muri iki gitaramo cyihariye.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru tariki 18 Werurwe 2024, Umuyobozi Ushinzwe gukurikirana ibikorwa by'Itorero Inyamibwa, Rusagara Rodrigue, yavuze ko muri iki gitaramo biteguye gutarama u Rwanda no kuruvuga ibigwi.

Ati: “Twiteguye guutarama kinyarwanda, gutarama u Rwanda, dutarame ibigwi cyangwa ibyishimo dufite mu Rwanda…Uyu munsi hashize imyaka 23 Inyamibwa zivutse. Ntabwo za nyamibwa zikigizwe n’abantu bigunze ahubwo ni inyamibwa zagutse”.

Yavuze ko kuva Itorero Inyamibwa ryavukira muri Kaminuza y’u Rwanda mu 1998, rwari urugendo rurerure kandi ko ryashinzwe mu rwego rwo kwikura mu bwigunge no kwiteza imbere.

Ati “Urugendo rw’inyamibwa rwabaye rurerure n’u Rwanda ruduha urubuga rwo gukoreramo ibintu byose. Ntiwabyina abantu bari mu ntambara, ubyina ari uko abantu bari mu byishimo. Igitaramo twateguye ni umwanya mwiza wo kwerekana aho itorero ryavuye kandi rishobora kuva muri ibyo bibazo”.

Akomeza ati “Nk’itorero rya AERG, ryavutse hakiri ibikomere kuko ryavutse mu 1998 muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, benshi bari bafite ibikomere, ariko uyu munsi turifuza kugaragaza ko urugendo rw’inyamibwa rwabayemo ibintu byiza. Rero n’ubwo tutamaze imyaka 30 ariko dufite byinshi byo kugaragaza Igihugu cyacu cyagezeho kandi cyaduhaye.”

Yavuze ko abantu bazitabira iki gitaramo bakwiye kwitega kuzabona ibihangano binyuranye byubakiye ku mbyino zitandukanye nka Igishakamba, Ikinimba, Ikinyemera, Amasare, Imishayayo n’izindi.

Rusagara ati “Igitaramo kizaba kigizwe n’ibintu bine birimo kubyina, imbyino ziturutse mu mpande zose, igice cya kabiri ni igice gito cy’amateka. Igice kindi ni uko kigomba kurangira twese twishimye, icyo gice kizarangira abantu bose banezerewe”.

Yasobanuye ko iki gitaramo kidasanzwe kuri buri munyarwanda, kuko buri wese afite inkuru yo kubara nyuma y’imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.

Ati “Buri Munyarwanda wese muri iyi myaka 30 afite inkuru yabara, hari aho Igihugu cyacu kigeze ndetse hari ibikorwa byinshi twishimira byagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

“Twe nk’Inyamibwa mu mbyino, umuco no kuwumenyekanisha dufite inkuru twabara. Turifuza ko Abanyarwanda dukomera ku bituranga, twifuje ko muri Werurwe, dutarama kinyarwanda, dutarama u Rwanda kubera ibyishimo dufite muri uyu mwaka.”

Asobanura ko ibi biri mu mpamvu zatumye iki gitaramo bakita ‘Inkuru ya 30’. Ati “Ni yo mpamvu rero twahisemo gukora iki gitaramo cy’Inkuru ya 30, ntitube twaragikoze mu myaka yatambutse ni uko nta kindi gihe iyo myaka izongera guhura.”

“Turifuza ko buri Munyarwanda ajyana ibyishimo by’aho u Rwanda rugeze, ariko kandi akajyana n’umukoro waho yifuza kuganisha no kubona u Rwanda mu bihe biri imbere.”

Abajijwe impamvu batashyize iki gitaramo nyuma y’amatora ya Perezida w’u Rwanda ateganyijwe muri Nyakanga 2024, yasubije ko bagihuje no kwizihiza imyaka 30 kandi na nyuma y’amatora biteguye gutaramira Abanyarwanda.

Yagize ati “Impamvu twahisemo gukora iki gitaramo mbere yo kubyina intsinzi Abanyarwanda bategereje muri Nyakanga uyu mwaka, ni uko twifuza kugira ngo tubyine tugaragaza icyo twishimira, ariko na nyuma ya Nyakanga tuzabyina intsinzi twishimira amahitamo y’Abanyarwanda mu matora.”

Itorero Inyamibwa ririzihiza imyaka 26 rishinzwe. Iyi myaka ishize bashimangiye ibigwi, kandi bafite abanyamuryango benshi, kandi bamaze gutarama ku Isi hose.

Bamaze gutamira i Burayi inshuro ebyiri (2), mu Rwanda, mu bihugu byo mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba, Afurika yose... Nyuma y'imyaka 26, Inyamibwa bamaze kugira ibikorwa n'ibigwi bidasanzwe.

Imyaka 26 ishize batangiye bishimira ko ibikorwa by'abo byarenze kuba baratangiriye muri Kaminuza nk’abanyeshuri, ahubwo bikaba byaragiye ku rwego rw'Isi.

Mu 2022, iri torero ryaserukiye u Rwanda mu iserukiramuco rya mbere ku Isi ryitwa 'Festival de Confolens' ribera mu gihugu cy'u Bufaransa.

Kanda hanoubashe kugura itike yo kwinjira mu gitaramo ‘Inkuru ya 30’

Umuyobozi Ushinzwe gukurikirana ibikorwa by'Itorero Inyamibwa, Rusagara Rodrigue, yatangaje ko imyaka 30 ishije hari byinshi mu rugendo rw’abo nk’itorero ndetse n’Igihugu 

Itorero Inyamibwa ryatangaje ko ryiteguye kubara inkuru y'imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye

Igitaramo 'Inkuru ya 30' kizabera muri BK Arena ku wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024


Muri 2023, Itorero Inyamibwa ryakoze igitaramo cy’amateka bise ‘Urwejeje Imana’ cyabereye muri BK Arena    

Inyamibwa baherutse kwegukana igikombe cy'itorero ryahize andi mu 2023 mu bihembo bya Isango na Muzika Awards

Inyamibwa bavuze ko muri iki gitaramo bazagaragaza uko bari kurushaho kwigisha umuco abakiri bato













TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND