RFL
Kigali

Namukunze nkimubona! Uko Davis D yatwaye umukunzi w’abandi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/03/2024 9:16
0


Umuhanzi uri mu bakomeye, Icyishaka Davis [Davis D] wamamaye mu ndirimbo zinyuranye cyane cyane ‘Biryogo’, yatangaje ko yamaze kwegukana umukobwa wari usanzwe ari umukunzi w’undi musore, ni nyuma y’uko amubonye umutima we ugatwarwa.



Uyu muhanzi uherutse gushyira hanze amashusho y’indirimbo yise ‘My Dreams’ yakoranye na Melissa, amaze iminsi agaragaza amafoto y’inkumi bahuje urugwiro, ariko itagaragara neza mu maso, akavuga ko yageze ku ntego ye nyuma y’igihe kinini amushakisha.

Bamwe mu batanga ibitekerezo ku mbuga nkoranyambaga ze, bagaragaza ko ari ‘umwami w’abagore koko’! Kuko yabanje kwandika ababwira ko hari umukobwa yabonye agahita amukunda, kandi yifuza gukora ibishoboka byose akamugeraho.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Davis D yavuze ko hashize igihe abonye uyu mukobwa ari kumwe n’umukunzi we aramukunda, ndetse yumva yakora uko ashoboye bakamenyana byisumbuyeho.

Avuga ko kuva ubwo yatangiye urugendo rwo kumushakisha yifashishije inshuti ze z’aho bari bari kuri Hotel, ndetse uwamufashije kumugeraho yaramuhembye.

Ati “Uyu mukobwa namubonye ubwo nari mparitse ahantu, ndamubona ariko ntabwo nabashije kugira amahirwe kuko nabonaga ahuze n’undi musore. Ariko ngerageza kumushakisha, ndabitangaza.”

Davis D avuga ko akimara guhura n’uyu mukobwa, yasanze ‘ari umufana wanjye ukomeye cyane’. Ati “Ngayo ng’uko ni uko twahuye. Kandi mbona arankunze, nk’uko nanjye namukunze, nk’uko nanjye nabishyize hanze, aranambwira ati ‘narabibonye n’uko nakwandikiye ariko ntiwigeze ubibona kuri Instagram, ni uko ng’uko twabonanye.”

Uyu muhanzi avuga ko mu busanzwe akunda umukobwa bitewe n’uburyo amubonye, biri mu mpamvu za mbere zatumye yumva agomba gushakisha uyu mukobwa. Akomeza ati “Nabonye ari umukobwa mwiza. Nicyo kintu cyonyine. Nta kindi cyatumye numva namushakisha.”

Davis D avuga ko yananiwe kwihanganira ubwiza bw’uyu mukobwa, bituma yumva yakora igishoboka cyose kugirango amugeraho. Ati “Ubwiza bwe bwarananiye kubwihanganira, sinabeshya n’abanyarwanda.”

Asobanura ako atitaye ku kuba uyu mukobwa yari afite umusore bakundana, icyo yakoze yateye intambwe avugisha uyu mukobwa yisanga bakundanye.

Ati “Iby’umukunzi we bari bari kumwe, uburyo yamuretse, iyo n’inkuru itarendabaga nk’uko nabivugaga ntitaye ku wo bari kumwe.”

“Niba uri umuntu ufite inkuru z’urwibutso kuri uyu mukobwa ubwo yari kumugumana, ubwo niba ataramugumanye, birashoboka ko ari bwo bari bagitangira gukundana. Kuri urwo ruhande, ntacyo nabona mbivugaho.”

Davis D mu bihe bitandukanye yavuzwe mu nkuru zitandukanye n’abakobwa, rimwe akabyemera ubundi akabihakana. Kuri iyi nshuro, yumvikanisha ko yamaze gutera intambwe idasubira inyuma, yinjira mu rukundo n’umukobwa yitezeho byinshi.

Mu 2023, uyu musore yakoze ibitaramo byageze mu bihugu bitandukanye byo ku Isi, kandi agaragaza ko no muri uyu mwaka wa 2024 ashaka gutaramira no mu bindi bihugu, no gukora indirimbo ziri ku rwego Mpuzamahanga.



Davis D yatangaje ko  ko uyu mukobwa yamukunze akimubona


Davis D avuga ko atitaye ku kuba uyu mukobwa yari asanzwe afite umukunzi



Davis D yavuze ko umunsi wa mbere abona uyu mukobwa yamukunze byimazeyo, akora uko ashoboye amugeraho


Davis D yavuze ko yakunze uyu mukobwa bya nyabyo, kandi yamugize inshuti y’igihe kirekire


Uyu mukobwa yabwiye Davis D ko yari asanzwe ari umufana we ukomeye



KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘MY DREAMS’ YA DAVIS D

">   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND