RFL
Kigali

Jado Sinza yakoze igitaramo gikomeye 'Redemption Live Concert', Zoravo asiga umukoro-AMAFOTO+VIDEO

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:18/03/2024 10:27
0


Umuramyi Jado Sinza yaraye akoze igitaramo gikomeye yise "Redemption Live Concert" cyabereye muri Camp Kigali kuwa 17 Werurwe 2024, naho Zoravo yandika amateka mu gitaramo cya mbere akoreye mu Rwanda.



Nyuma y'ibitaramo bibiri amaze gukorera muri Dove Hotel, umuramyi Jado Sinza yateye intambwe ikomeye akorera igitaramo muri Camp Kigali cyitabiriwe n'ibyamamare bitandukanye by'umwihariko abamenyekanye mu kuramya no guhimbaza Imana hano mu Rwanda harimo Aline Gahongayire, Tonzi, Gaby Kamanzi n'abandi.

Ni igitaramo Jado Sinza yakoze nyuma y'iminsi myinshi acyitegura ndetse anafatiramo amwe mu mashusho y'indirimbo ze ateganya gusohora mu minsi ya vuba aha. Muri iki gitaramo, Jado Sinza yagaragaje album ye yise "Inkuru y'agakiza" ndetse Umushumba Mukuru w'itorero rya ADEPR, Rev Isaie Nayizeye, ayiha umugisha.

True Promises nibo binjije abantu mu mwuka wo kuramya no guhimbaza Imana baririmba zimwe mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane byumwihariko aha mu Rwanda harimo Ni umukiza, Umwami ni mwiza pe ndetse n'izindi nyinshi zitandukanye.

Nk'uko byari biteganyijwe, Bosco Nshuti yataramiye abitabiriye iki gitaramo ndetse anahishura ko mbere y'uko Jado Sinza yinjira mu mwuga wo kuririmba ariwe wamugiriye inama yo kuririmba icyo gihe akaba yari umucuranzi w'ingoma ariko ubwo Bosco Nshuti yateraga indirimbo akumva uburyo Jado Sinza ayiririmbye, yahise amugira inama yo kureka gucuranga ingoma akerekeza mu kuririmba.

Nyuma yo kuririmba ndetse agafata amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze harimo n'iyo yakoranye na Zoravo, Umuramyi Jado Sinza yabererekeye Zoravo hanyuma ashyira mu bikorwa iryo yavugiye muri Dove Hotel ko aje yiteguye kwandikira amateka mu Rwanda.

Zoravo akigera ku rubyiniro, abantu benshi bahise begera imbere hanyuma batangira kubyinana n'uyu muhanzi wagaragaje imbaraga zidasanzwe ndetse ahita ahindura isura y'igitaramo n'ubwo cyari kigeze mu masaha akuze ariko byabaye byiza kuko abantu batahanye umugisha nk'uko Zoravo yari yarabitangaje.


Igitaramo "Redemption Live Concert" cy'umuramyi Jado Sinza cyagenze neza


Jado Sinza na Zoravo bahuriye mu gitaramo cy'amateka muri Camp Kigali


Jado Sinza yafatiyemo amashusho ya zimwe mu ndirimbo ze


Bosco Nshuti wagiriye inama Jado Sinza yo kuririmba, yaje kumufasha mu gitaramo "Redemption Live Concer"


Zoravo ukomoka mu gihugu cya Tanzania yatanze icyigwa ku bahanzi bo mu Rwanda


Zoravo yagaragaje imbaraga zidasanzwe ku rubyiniro


Zoravo yeretswe urukundo ruhambaye


Umushumba wa ADEPR Rwanda yasabiye umugisha Jado Sinza

Ibyamamare bitandukanye byitabiriye igitaramo "Redemption Live Concert"

Rev Isaie Ndayizeye yahaye umugisha album ya Jado Sinza

Ubwitabire bwari ku rwego rushimishije


Aline Gahongayire na Tonzi bitabiriye iki gitaramo cya Jado Sinza

Reba amashusho y'uko igitaramo "Redemption Live Concert" cyagenze.

">

">


AMAFOTO+VIDEO: Freddy Rwigema






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND