Umuhanzikazi wamenyekanye mu ndirimbo zinyuranye, Nirere Shanel, yatanze ibyishimo imbere y’Abanyarwanda n’abandi babarizwa mu gihugu cya Mozambique mu iserukiramuco ‘Franco Folia’ ryari ribaye ku nshuro ya kane.
Iki giraramo
cyabereye ahitwa ‘Centro Franco-Moçambicano’ cyabaye mu rwego rwo kwizihiza
Umunsi Mpuzamahanga w’Ururimi rw’Igifaransa nk’uko byatangajwe na Ambasade y’u
Rwanda muri Mozambique.
Umuryango
w'Ibihugu bikoresha ururimi rw'Igifaransa (Francophonie) ugizwe n'ibihugu 88. U
Rwanda rwawinjiyemo ugishingwa mu 1970. Kuri ubu umunyarwanda Louise Mushikiwabo
ni we Munyamabanga Mukuru w'uyu muryango.
Imibare
igaragaza ko ururimi rw'igifaransa magingo aya rukoreshwa n'abasaga Miliyoni
300 ku isi.
Iki gitaramo
cy’iri serukiramuco cyaranzwe no kugaragaza umuco w’ibihugu bitandukanye, kandi
Nirere Shanel yagihuriyemo ku rubyiniro n’itorero ribyina Kinyarwanda ‘Ikirezi’,
ndetse n’abahanzi barimo Wazimbo wo muri Mozambique na Mélanie Pérès wo mu
Birwa bya Maurice.
Muri Kamena
2019 ni bwo u Rwanda rwafunguye ku mugaragaro Ambasade yarwo muri Mozambique,
igihugu kibamo Abanyarwanda benshi. Mozambique yo yafunguye Ambasade yayo mu
Rwanda muri Mata 2022.
Mozambique
ibarizwamo Abanyarwanda benshi barimo abakora ubucuruzi, abanyeshuri bigaga ‘Master’s’
mu bijyanye no gucukura no gutunganya ibikomoka kuri gaz na petroli n’abandi.
Ku wa Gatanu
tariki 02 Gashyantare 2024, nibwo Amb. Col (Rtd) Donat Ndamage, yashyikirije
Perezida w’igihugu cya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, inyandiko zimwemerera
guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu. Amb. Col (Rdt) Donat Ndamage, yahawe
izi nshingano tariki 14 Ukuboza 2023.
U Rwanda na
Mozambique bifitanye umubano mwiza, unashingiye ku masezerano ibihugu byombi
byashyizeho umukono, arimo ajyanye n’umutekano no kurwanya ibyihebe, ubuhinzi,
ubuhahirane, mu Butabera n’ibindi.
Ibihugu byombi
byanasinye amasezerano akuraho ‘Visa’ ku bafite impapuro z’inzira (passports)
z’ibihugu byombi. Ibi byakozwe mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza rw’abantu.
Ku wa 23
Gashyantare 2024, Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Perezida Filipe
Nyusi yasuye Ingabo z’u Rwanda zikorera mu karere ka Ancuabe mu Majyepfo y’intara
ya Cabo Delgado iri mu Majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Mozambique.
Perezida
Nyusi yashimiye ingabo z’u Rwanda n’ingabo za Mozambique ku “kugarura amahoro
muri ako karere no gukaza umurego mu guhagarika ibikorwa by’abakora iterabwoba
bagana mu majyepfo” y’icyo gihugu.
Nirere
Shanel yaririmbye muri iri serukiramuco ryabereye muri Mozambique, nyuma y’uko
atanze ikiganiro, ku wa 8 Werurwe 2024 cyari gishamikiye ku Nama ya
"Forbes Leading Women Summit 2024" Africa cyabereye muri hoteli
Emperor’s Palace i Johannesburg muri Afurika y’Epfo.
Inama
yahujwe n’umuhango wo gutanga ibihembo, aho Umunyarwandakazi Clare Akamanzi
uyobora NBA Africa yahawe igihembo cya Africa Investment Catalyst na Forbes
ashimirwa uruhare yagize mu ishoramari ku Mugabane wa Afurika.
Ahageze
imbere y'ibihumbi by'abantu bitabiriye iyi nama, Nirere Shanel yisunze urumi
rw'Icyongereza yumvikanishije ihohoterwa yakorewe na Se.
Yavuze ko
atabasha kwibuka neza 'inshuro Data yatumye ndara hanze’. Ni urugendo atekereza
rwatangiye ubwo yari afite imyaka 12 y'amavuko cyangwa se munsi y'aho akiri
umwangavu. Ati "Ntabwo mbasha kubikurura neza."
TANGA IGITECYEREZO