RFL
Kigali

Turashaka kubereka ko gutsinda Afurika y'Epfo atari impanuka - Abakinnyi b'Amavubi bivuze imyato - AMAFOTO + VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:15/03/2024 20:41
0


Mu kiganiro cyahuje abakinnyi n'umutoza b'ikipe y'igihugu "Amavubi" n'itangazamakuru, batangaje ko biteguye neza imikino ya gicuti, kandi biteguye kwerekana ko gutsinda Afurika y'Epfo atari impanuka.



Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe, ni bwo abakinnyi b'ikipe y'igihugu bahamagawe batangiye imyitozo, bitegora imikino ya gicuti iri muri uku kwezi, aho bazakina n'ikipe y'igihugu ya Botswana na Madagascar mu gihugu cya Madagascar.

Kuri uyu wa Gatanu ni bwo hari hateganyijwe ikiganiro n'itangazamakuru aho bamwe mu bakinnyi b'ikipe y'igihugu bagombaga kuganira buri kimwe kuri iyi kipe ndetse ndetse n'ubuzima bw'imyiteguro y'imikino ya gicuti aho igeze.

Muhire Kevin usanzwe ari umukinnyi wa Rayon Sports, yavuze ko biteguye kwereka abanyarwanda ko ibihe byiza baherukamo bitari impanuka. Yagize ati: "Icyizere kirahari nk'uko byagenze dukina na Zimbabwe na Afurika y'Epfo.

Turashaka gukomeza umujyo twarimo abantu batazagira ngo byaratugwiririye. Nta gitutu tuzahura nacyo kuko tugomba kwerekana ko dushoboye muri iyi mikino ya gicuti, kandi twizeye ko intsinzi izaboneka uko byagenda kose."

Hakizimana Muhadjri wahamagawe bwa mbere mu Amavubi, yavuze ko yiteguye kwereka umutoza buri kimwe. Yagize ati: "Umutoza twaganiriye byinshi wenda ntabwo umuntu yabivugira hano, ndibaza ko ibyo ashaka ndimo kugerageza kubikora mu myitozo. Muri gahunda ze ni ubwa mbere ndimo kuzamo, ni ukumwemeza ko ibyo ashaka nanjye mbishoboye."

Amavubi azakina umukino wa mbere wa gicuti na Madagascar tariki 22 Werurwe hanyuma bakine na Botswana umukino wa kabiri uzaba ari uwa nyuma tariki 25 Werurwe ubundi bahite bagaruka mu Rwanda.”

U Rwanda ni urwa mbere mu itsinda C mu guhatanira itike y'igikombe cy'Isi cya 2026 aho bafite amanota 4 barusha Afurika y'Epfo iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 3.

KANDA HANO WUMVE IKIGANIRO CYOSE CY'UMUTOZA W'AMAVUBI 

KANDA HANO WUMVE IKIGANIRO CYOSE CYA RUBANGUKA UTEHERUKAGA MU MAVUBI


Muhire Kevin yemeje ko imikino ya gicuti bagiye gukina, bagomba kwerekana ko gutsinda bitabagwiririye 

Muhadjiri yisanze mu ikipe y'igihugu bwa mbere ku ngoma y'umutoza Franka 

Nsengiyumva yisanze mu Amavubi makuru bwa mbere 

Gitego uhagaze neza muri Kenya, yongeye guhamagarwa 

Umutoza w'ikipe y'igihugu "Amavubi" yavuze ko afite abakinnyi benshi bakina ku mwanya wa Haruna bityo ko nta kibazo kuba adahari 

Amavubi yijeje abanyarwanda kubaha ibyishimo nk'uko aherutse kubikora

AMAFOTO: Serge Ngabo - InyaRwanda 

VIDEO: Eric Munyantore - InyaRwanda 







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND