RFL
Kigali

Mu ndirimbo nshya, Senderi Hit yakanguriye urubyiruko kurinda ibimaze kugerwaho no kubyongera-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/03/2024 21:04
0


Umunyamuziki umaze igihe kinini mu muziki, Senderi Hit yongeye gukora mu nganzo ashyira ahagaragara amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Muze Turwubake’ igamije gukangurira urubyiruko gusigasira ibimaze kugerwaho mu rugendo rw’iterambere no kubirinda, muri iyi myaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.



Senderi azwi cyane mu ndirimbo zitsa ku butumwa bw’uburere mboneragihugu nka ‘Twaribohoye’, ‘Nzabivuga’, ‘Tuzarinda Igihugu’, ‘Iyo twicaranye’ n’izindi zakomeje izina rye. Uyu muhanzi azwi no mu ndirimbo zo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nk’iyitwa ‘Twigirire icyizere’, ‘Intimba y’Intore’, ‘Nyarubuye iwacu hari heza’, ‘Amateka yacu’ n’izindi.

Izina rye ryanakomeye ubwo yashyiraga hanze indirimbo z’amakipe ahora ahanganye, afite indirimbo ivuga kuri APR FC akagira n’indirimbo ivuga kuri Rayon Sports kandi ni ibihangano yakoze atabyishyuriwe ‘kuko akunda izi kipe zombi’.

Mu myaka ishize ari mu muziki, uyu muhanzi avuga ko yabaye imvano yo gukomeza gukora ibihangano byiza atitaye kuri benshi bagiye bamuca intege.

Ikirenze kuri ibyo, asobanura ko ‘ndi ishuri ryo kudacika intege’. Ndetse, yagiye abyumvikanisha no mu ndirimbo z’urukundo yashyize hanze nka ‘Nta Cash’, ‘Jealous’, ‘Convention’ yakoranye na Bruce Melodie, ‘Umuvuduko’ yakoranye na Jay Polly, ‘Bugacya’ yakoranye na Theo Bosebabireba n’izindi.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Senderi yavuze ko yanditse iyi ndirimbo ye nshya ‘Muze Turwubake’ nk’impano yageneye urubyiruko arushishariza gukomeza kubaka u Rwanda no kurinda ibimaze kugerwaho n’Igihugu mu myaka 30 ishize.

Ati “Imibare igaragaza ko urubyiruko aribo benshi batuye u Rwanda, byumvikanisha ko Igihugu ubu kiri mu biganza byanyu rubyiruko. Binasobanuye ko bari ku ruhembe rwo kurinda, gusigasira, no gukomeza kubibungabunga bakabimeza.”

Akomeza ati “Igihugu cyabohowe n’abari urubyiruko, bisobanuye ko imbaraga z’urubyiruko zikenewe no muri iki gihe mu rugendo rwo kuganisha aheza Igihugu cyacu. Iyi ndirimbo rero ni ukubibutsa, ko bagomba kuba imbere y’aho u Rwanda rugana.”

Uyu muhanzi anavuga ko iyi ndirimbo yayikubiyemo ubutumwa bukangurira Abanyarwanda gusura ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda, kandi abwira urubyiruko gukura amaboko mu mufuka bakitabira umurimo.

Ubu izina rishya ni Nyiri Umufana

Senderi yavuze ko imyaka 25 ishize yubatse amateka n’ibigwi bikomeye mu muziki, ko igihe kigeze kugirango ku mazina akoresha yumvikanishe ko yigwijeho abafana.

Avuga ko hejuru yo kuba yitwa Senderi Hit yongeye nyiri umufana “Senderi Hit Nyiri Umufana’”

Yavuze ko yahisemo iri zina ashingiye ku bitaramo amaze kwitabira, ibimenyetso simusiga birimo aho yagiye ataramira, ibikorwa yitabiriye n’ibindi byagiye bisiga ivumbi ritumuka.

Ati “Mbifitiye ibimenyetso! Si amagambo. Ibyo nakoreye mu Ntara abaturage barabizi, urugero rwa hafi n’ibitaramo bya Tour du Rwanda 2024 nageze henshi hashoboka, abafana baremeye, ibitaramo bya Airtel Connect ya Kabiri aho nataramiye imbere y’abaturage bahawe Telefoni na Perezida Kagame kugirango bakoreshe ikoranabuhanga, rero ibimenyetso si iby’ubusa.”

Senderi yavuze ko mu gihe kiri imbere azashyira hanze indi ndirimbo azatura ababyeyi batwite kugirango abazavuka bazakurane n’ubutumwa yaririmbyemo.


Senderi Hit yashyize hanze indirimbo ye nshya yise ‘Muze Turwubake’ ikangurira urubyiruko kurinda ibimaze kugerwaho


Senderi Nyiri Umufana yavuze ko iyi ndirimbo yayihimbye ashingiye ku rugendo rw’imyaka 30 ishize

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO SENDERI HIT YISE ‘MUZETURWUBAKE’

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND