RFL
Kigali

Impamvu utazongera gucomeka “iPhone” ukayirambika ku buriri

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:12/03/2024 13:18
0


Impuguke muby'Ikoranabuhanga yerekanye impamvu udakwiye na rimwe gucomeka iPhone ijoro ryose munsi y’umusego cyangwa mu buriri ndetse ukaryama hafi yayo



Uyu mugabo yagaragaye mu mashusho aburira buri wese utunze telefone  zizwi nka “Touch Screen” zicomekwa mu buriri benshi bageze mu masaha yo kuryama cyangwa bakayirwama iruhande.

Avuga ko ari akaga gakomeye kuryama hafi na telefone iri ku muriro, kuko umuriro udakwiye kwegerezwa uruhu rw’umuntu, cyane cyane igihe aryamye cyangwa asinziriye.

Scott Polderman ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaburiye abakoresha telefone, avuga ko uwo muriro ucometseho telefone ukururana n'amaraso y’umuntu mu buryo atazi, akaba yagira ikibazo mu ijoro cyangwa akaba yapfa bitunguranye.

Ati “ Nanjye nkunze gucomeka telefone mu ijoro amasaha yo kurayama, ariko ikibazo ni aho icometswe n’intera irimo kugera ku mubiri w’umuntu”.

Yavuze ko telefone cyangwa ikindi kintu gicomekwa ku muriro gikwiye gucomekwa kigaterekwa ahantu hatari umwenda kandi haringaniye.

Urugero yaterekwa nko hejuru y’ameza, ku kabati,  n’ahandi atari mu myenda. Kuko bituma telefone ikora neza n’imikorere yayo igakomeza kuba myiza.

Kuyicomeka igaterekwa mu misego, ku buriri n’ahandi bishobora gutuma yangirika ikaba yazima ubutazongera kwaka igapfa umutima wayo uzwi nka “ Mother Board” ndetse n’ibindi bice biyigize nka mikoro.

Yakomeje ati “ Ni ngombwa ko telefone ibona umwuka uhagije. Kandi niba ufite telefone iruhande rw'igitanda icometswe, hanyuma ugasinzira kandi iri munsi  y’umusego, bishobora kuyitera kudakora neza, nawe bikakugiraho ingaruka nko guhumeka nabi cyangwa gushyuhirana mu buriri n’ibindi.

Yasabye abantu bakoresha telefoni icometse bohereza ubutumwa bugufi cyangwa bahamagara ko  bashobora guturikana na telefoni batunguwe. Ni kenshi byagaragaye telefoni igaturika ku muriro nta kibazo kizwi yarifite.

Kuyicomeka ku musego hafi y’umuriro, uba uri mu bibazo ko hagize ikibazo kiba ku mashanyarazi cyangwa telefoni yawe nawe wahura n’ingaruka zabaho, ukaba wapfira no mu buriri.

Polderman yihanangirije abantu ko badakwiye kuraza telefone mu buriri ndetse ko zikwiye gucomekwa kure y’igitanda.

Amashanyarazi azirana n’uruhu cyane cyane ruriho amazi. Iyo abantu baryamye bashobora kubira ibyuya, bitewe n'ubushyuhe. Bitewe nuko uri mu gihe cyo gusinzira ushobora gukora hahandi hari telefone umuriro ukagukubita kubera watose.

Umuco wa bamwe wo kwicura  bakanda kuri  telefoni bangirika amaso bitewe n'urumuri ruba rufite imbaraga nyinshi kubera umwijima cyangwa itara rizimije.

Izi nama zitanzwe nyuma y'inkuru yatangajwe na Washington Post ivuga ku musore waturikanywe na telefone ubwo yari aryamye.

Umusore w'imyaka 32 yaryamye hafi ya telefone mu masaha y'ijoro akangurwa n'iturika ryabaye kuri telefone ye agaturikana nayo, gusa Imana igakinga akaboko, ariko asigara yangiritse bimwe mu bice bigize umubiri we.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abarenga 400 bicwa no guturikanwa na Telefone  zabo igihe zacometswe mu buririri baryamyemo, naho abarenga 4000 bagasigarana ubumuga n'ibikomere batewe no guturika kwa Telefone.

Batangaje ko  umubiri ukururana n'amashanyarazi hakaba habaho guturika.


Ni byinshi bigera ku muntu urarana na tekefone mu buriri. Ariko abantu bagirwa inama yo kwirinda mbere yo guhura n’izi ngaruka zigera ku bantu bakoresha iPhone kuko ifite imikorere yihariye”


Irinde kuryama uri hafi ya telefone  yawe mu buriri kuko biyangiza nawe ubwawe ukaba wahura n'impanuka


Bavuga ko telefoni yose ikwiye gucomekwa ahantu haringaniye hatari mu myenda kuko biyifasha gukora neza

N.B: Si telefone zo mu bwoko bwa Apple cyangwa iPhone gusa, ahubwo buri telefoni yose ntikwiye gucomekwa mu buriri cyangwa hafi y'aho umuntu aryamye.

Source: Mailonline

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND